Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yongeye kwibasira Barack Obama yasimbuye ku butegetsi muri manda ya mbere, asaba ko atabwa muri yombi, amushinja ubugambanyi.
Mu butumwa bunyuranye yanyujije ku mbuga nkoranyambaga nka ‘Truth’, Perezida Trump yashyize ahagaragara inyandiko isaba ko umudemokarate Obama wayoboye Igihugu kuva mu 2009 kugeza muri 2017, aburanishwa ku cyaha cy’ubugambanyi.
Mu butumwa 54 Trump yashyize ahagaragara mu masaha agera kuri atanu, harimo imwe ivuga ko Obama ari “demonic” [umuntu w’umugome cyane].
Ibyinshi Trump yavuze kuri Obama ku rubuga rwe rwa Truth Social. Inyandiko ye yashyizeho mu ijoro nyuma y’aho yibasiwe avugwaho gusinzira mu birori byabereye muri White House.
Imwe muri izo nyandiko za Trump ashinja Obama ubugambanyi, ngo kuko yakoresheje umutungo wa Leta mu kumuneka mbere y’amatora ya 2016, ikintu Trump yari yaravuze mbere ko ari “icyaha cya politiki gikomeye cyabayeho mu mateka ya America, kugeza ubu.”
Indi nyandiko yashyizeho nyuma, Trump na bwo yavuze ibirego ashinja abayobozi b’abadipolomate, avuga ati “Bose bafatwe Bakurikiranwe bose. Bafungirwe icyarimwe kubera ubuhemu, ubugambanyi, n’umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Leta Zunze Ubumwe za America. Ariko mbere na mbere Barack Obama.”
Ubundi butumwa bwibasira Obama, ni ubwanyujijwe kuri MAGA X rwa Catturd, rwavugaga ko Obama yari yavumbuye ibimenyetso byerekana ko u Burusiya bwariho bwivanga mu matora ya 2016 kugira ngo bufashe Trump. Catturd yagize ati “Ta muri yombi Obama umugambanyi.”
RADIOTV10









