• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibikubiye mu ibaruwa ifunguye y’Umuhanzi ‘Yampano’ ku byamubayeho byatumye hari abafungwa

radiotv10by radiotv10
13/05/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yashyize hanze ibaruwa ifunguye yageneye Abanyarwanda, asabira imbabazi abafunzwe bazira gushyira hanze amashusho y’urukozasoni agaragaramo ari mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina n’umukunzi we.

Ni ibaruwa uyu muhanzi yashyize hanze ayinyujije ku mbuga nkoranyamabaga ze, avuga ko ayigeneye Abanyarwanda bose n’abakunzi b’ibihangano bye.

Muri uru rwandiko Yampano yateruye agira ati “Mbandikiye mbikuye ku mutima kandi mu mahoro.” Akomeza agira ati “Mu buzima, abantu bakora amakosa, abandi bagafata ibyemezo bitari byo bitewe n’uburakari, ubusinzi, ubuto bwo gutekereza cyangwa ibihe bibi banyuramo. Ariko uko umuntu agenda akura, amenya ko amahoro n’imbabazi biruta inzika n’intambara zidashira.”

Arongera ati “Uyu munsi ndifuza kubwira abantu bose ko nahisemo inzira y’amahoro. Ndifuza gusabira imbabazi umuntu wese waba afungiye ikibazo gifitanye isano n’ibyabaye hagati yanjye n’ibintu byagiye bivugwa kuri njye. Ntabwo nifuza gukomeza kubaho mu mwuka w’amakimbirane, urwango cyangwa guhorana ibikomere.

Nifuza gutangira ubuzima bushya burimo ituze, gukora cyane no gukomeza urugendo rwanjye rw’ubuhanzi mfite umutima woroshye.

Nizera ko kubabarira atari intege nke, ahubwo ari ubutwari bwo guhitamo amahoro aho guhitamo inzika.

Ndashimira abantu bose bakomeje kunyereka urukundo no kunyumva muri ibi bihe byose.”

Uyu muhanzi kandi yaboneyeho gutangaza ko ari gutegura albumyise ‘On the World’ izaba igaruka ku rugendo rw’ubuzima, kwiyubaka, no gukomera.

Uru rwandiko rusabira imbabazi abafungiye gushyira hanze amashusho y’urukozasoni y’uyu muhanzi, habura iminsi micye ngo abahamijwe byaha bifitanye isano na biriya, basomerwe umwanzuro w’ubujurire bwabo.

Aba barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djiha, Ishimwe François Xavier na Kwizera Papy Nestor, baburanye ubujurire bwabo mu cyumweru gishize tariki 04 Gicurasi, aho bamwe basabye imbabazi, abandi bagasaba gusubikirwa ibihano, urubanza rwabo rukazasomwa mu cyumweru gitaha tariki 19 Gicurasi 2026.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 12 =

Previous Post

The Culture of Being Together… But Not Really

Next Post

Hitezwe iki kuri Trump mu ruzinduko agiyemo mu Bushinwa

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Hitezwe iki kuri Trump mu ruzinduko agiyemo mu Bushinwa

Hitezwe iki kuri Trump mu ruzinduko agiyemo mu Bushinwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.