Wednesday, May 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibikubiye mu ibaruwa ifunguye y’Umuhanzi ‘Yampano’ ku byamubayeho byatumye hari abafungwa

radiotv10by radiotv10
13/05/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yashyize hanze ibaruwa ifunguye yageneye Abanyarwanda, asabira imbabazi abafunzwe bazira gushyira hanze amashusho y’urukozasoni agaragaramo ari mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina n’umukunzi we.

Ni ibaruwa uyu muhanzi yashyize hanze ayinyujije ku mbuga nkoranyamabaga ze, avuga ko ayigeneye Abanyarwanda bose n’abakunzi b’ibihangano bye.

Muri uru rwandiko Yampano yateruye agira ati “Mbandikiye mbikuye ku mutima kandi mu mahoro.” Akomeza agira ati “Mu buzima, abantu bakora amakosa, abandi bagafata ibyemezo bitari byo bitewe n’uburakari, ubusinzi, ubuto bwo gutekereza cyangwa ibihe bibi banyuramo. Ariko uko umuntu agenda akura, amenya ko amahoro n’imbabazi biruta inzika n’intambara zidashira.”

Arongera ati “Uyu munsi ndifuza kubwira abantu bose ko nahisemo inzira y’amahoro. Ndifuza gusabira imbabazi umuntu wese waba afungiye ikibazo gifitanye isano n’ibyabaye hagati yanjye n’ibintu byagiye bivugwa kuri njye. Ntabwo nifuza gukomeza kubaho mu mwuka w’amakimbirane, urwango cyangwa guhorana ibikomere.

Nifuza gutangira ubuzima bushya burimo ituze, gukora cyane no gukomeza urugendo rwanjye rw’ubuhanzi mfite umutima woroshye.

Nizera ko kubabarira atari intege nke, ahubwo ari ubutwari bwo guhitamo amahoro aho guhitamo inzika.

Ndashimira abantu bose bakomeje kunyereka urukundo no kunyumva muri ibi bihe byose.”

Uyu muhanzi kandi yaboneyeho gutangaza ko ari gutegura albumyise ‘On the World’ izaba igaruka ku rugendo rw’ubuzima, kwiyubaka, no gukomera.

Uru rwandiko rusabira imbabazi abafungiye gushyira hanze amashusho y’urukozasoni y’uyu muhanzi, habura iminsi micye ngo abahamijwe byaha bifitanye isano na biriya, basomerwe umwanzuro w’ubujurire bwabo.

Aba barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djiha, Ishimwe François Xavier na Kwizera Papy Nestor, baburanye ubujurire bwabo mu cyumweru gishize tariki 04 Gicurasi, aho bamwe basabye imbabazi, abandi bagasaba gusubikirwa ibihano, urubanza rwabo rukazasomwa mu cyumweru gitaha tariki 19 Gicurasi 2026.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − one =

Previous Post

The Culture of Being Together… But Not Really

Next Post

Iburasirazuba: Abasore babiri barimo uwakekwagaho kwica umuntu akamuca umutwe barashwe na Polisi

Related Posts

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

by radiotv10
13/05/2026
0

MC Murenzi wakoze umwuga w’itangazamakuru mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro wanabaye umushyushyarugamba (MC) usigaye aba muri Leta Zunze Ubumwe...

Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we

by radiotv10
12/05/2026
0

Umuhanzi w’umuraperi Hahirwabasenga Thimotee uzwi nka Sky2, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa,...

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Uko Minisitiri Utumatwishima yakiranuye impaka zazamukiye ku mushinga w’umwe mu rubyiruko wagize imbogamizi

by radiotv10
08/05/2026
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yasabye urubyiruko kutajya rwihutira guca imanza ku bintu rudafiteho amakuru ahagije, nyuma...

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

by radiotv10
08/05/2026
0

Dating in Rwanda is no longer what it used to be. Not long ago, relationships often began through mutual friends,...

Did you know that what you do during your weekends says a lot about you

Did you know that what you do during your weekends says a lot about you

by radiotv10
08/05/2026
0

There’s something about weekends that quietly reveals who we are when the pressure of school, work, deadlines, and routines disappears....

IZIHERUKA

Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya
AMAHANGA

Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

by radiotv10
13/05/2026
0

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

13/05/2026
Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

13/05/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Iburasirazuba: Abasore babiri barimo uwakekwagaho kwica umuntu akamuca umutwe barashwe na Polisi

13/05/2026
Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

Ibikubiye mu ibaruwa ifunguye y’Umuhanzi ‘Yampano’ ku byamubayeho byatumye hari abafungwa

13/05/2026
The Culture of Being Together… But Not Really

The Culture of Being Together… But Not Really

13/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Iburasirazuba: Abasore babiri barimo uwakekwagaho kwica umuntu akamuca umutwe barashwe na Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’u Bufaransa yishimiye ibihe yagiriye muri Kenya birimo gusonga kawunga no kuyirya

Gen.Mamadi Doumbouya wa Guinea yabaye Umukuru w’Igihugu wa mbere ugeze mu Rwanda mu bahategerejwe

Perezida Macron w’u Bufaransa yahamije ko gufatira u Rwanda ibihano bitatanga umusaruro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.