Friday, May 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

radiotv10by radiotv10
15/05/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo abaganga batatu b’Ibitaro bya Nyanza, baregwa icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake kubera umubyeyi wari ku nda bakekwaho kurangarana bikamuviramo gupfusha umwana, bavuze impamvu hari abandi babyeyi bitayeho mbere ye.

Ni mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Busasamana mu Karere ka Nyanza, aho aba baganga batatu ari bo Dr. Dukundane, Munyaneza na Habimana; bose bashinjwa ubwicanyi buturutse ku bushake.

Mu rubanza ku ifungwa ry’agateganyo, Ubushinjacyaha bwagaragaje imiterere y’iki cyaha, aho bwavuze ko cyabaye tariki 16 Ukwakira 2025, ubwo umubyeyi wari utwite yaje ku Bitaro yoherejweho kugira ngo abagwe.

Uwo mubyeyi wari woherejwe avuye ku Kigo Nderabuzima cya Gahombo, ntiyahise abagwa ngo aterurwemo umwana nk’uko byagombaga gukorwa, kuko ngo aba baganga bagize uruhare mu kumurangarana.

Ubushinjacyaha bwavuze ko aba “Ntibakoze ibyo bagombaga gukora”, bwavuze ko uyu mubyeyi yakomeje gusiragizwa n’aba baganga, birangira yibyaje nyamara yaragombaga kubyara abazwe, bituma umwana ahasiga ubuzima.

Bwavuze ko kandi ko ibi byashimangiwe n’umuforo wo ku Kigo Nderabuzima cya Gahombo uriya mubyeyi yari yavuyeho yoherejwe ku Bitaro, watanze ubuhamya avuga ko uyu mubyeyi iyo aza kwitabwaho akabagwa nk’uko byari byemejwe, umwana we atari gupfa.

Nanone kandi hari ubuhamya bwa nyina w’uyu mubyeyi wari wamuherekeje kwa muganga, wemeje ko abaganga basiragije uyu mubyeyi.

Umugabo w’uyu mubyeyi wapfushije umwana, na we yatanze ubuhamya agaragaza uburyo yasiragijwe, aho yavuze ko yari kure ariko agahamagarwa kuri telefone yakwa irangamuntu, ndetse umugore we akamubwira ko abaganga banze kumwakira, ndetse ko bamunyuragaho nta n’umwe umwitayeho.

Ubushinjacyaha bwavuze ko kubera ibi byagezweho mu iperereza birimo ubu buhamya, bwifuza abaregwa bafungwa by’agateganyo iminsi 30 kubera uburemere bw’icyaha bakurikiranyweho.

 

Uko bireguye

Mu kwiregura, aba baganga bavuze ko batigeze barangarana uriya mubyeyi, kuko mu mahame yabo basanzwe bakira ndetse bakanaha umuntu serivisi bitewe n’uko arembye.

Bavuga ko ubwo uriya mubyeyi yageraga ku Bitaro, bamwakiriye uko bikwiye ndetse banamwambika umwambaro w’abantu bagiye kubagwa, ariko muri aka kanya haza undi mubyeyi wari uri kuva, aba ari we baheraho.

Bavuze ko nyuma yo kubyaza uwo mubyeyi waje arembye, hahise haza undi na we wari umeze nabi cyane, na we bamwitaho, ariko ko babikoraga babanje gusobanurira uyu mubyeyi wapfushije umwana ndetse na we akabyumba akanabibemerera ko babaza abo na we yabonaga ko bababaye kumurusha.

Umwe muri aba baganga, yavuze ko “Iyo tutababanza twashoboraga gutakaza abantu babiri ari bo umubyeyi n’umwana.”

Aba babaganga kandi basobanura ko uyu mubyeyi yababwiye ko inda ye yari ifite amezi arindwi, baje kumushyira ku gitanda, akabyara umwana unaniwe agahita yitaba Imana.

Bahakana kandi ibyo kumusiragira bamwaka ibyangombwa, bakavuga ko ntawigeze amubaza fotokopi y’irangamuntu nk’uko byavuzwe mu buhamya bwatanzwe.

Umunyamategeko wunganira aba baganga, yavuze ko abakiliya be nta cyaha bakoze, kuko bakiriye uriya mubyeyi uko bikwiye ndetse bakanamushyira aho abandi barwayi bategerereza, ku buryo igihe cyose yashobogara kwakirwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + ten =

Previous Post

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yaburanishijwe anasabirwa igifungo

Related Posts

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yaburanishijwe anasabirwa igifungo

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yaburanishijwe anasabirwa igifungo

by radiotv10
14/05/2026
0

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy uzwi mu gutara no gutangaza amakuru, yasabiwe igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 1,2 Frw mu...

Perezida Kagame yagaragaje ibiba byihishe inyuma y’ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu birimo n’u Rwanda

Perezida Kagame yagaragaje ibiba byihishe inyuma y’ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu birimo n’u Rwanda

by radiotv10
14/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika birimo n’u Rwanda, bifatwa mu...

Hatanzwe umucyo ku by’umunyamakurukazi wandikiye Perezida Kagame amusaba ubutabera ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakorewe

Hatanzwe umucyo ku by’umunyamakurukazi wandikiye Perezida Kagame amusaba ubutabera ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakorewe

by radiotv10
14/05/2026
0

Nyuma yuko Umunyamakurukazi ukorera igitangazamakuru cyo mu Rwanda, yandikiye Perezida Paul Kagame ibaruwa ifunguye avugamo akarengane yakorewe mu butabera yashaga...

Batatu bafatanywe ibimenyetso by’ubujura bwa moto bakoraga

Batatu bafatanywe ibimenyetso by’ubujura bwa moto bakoraga

by radiotv10
14/05/2026
0

Abagabo batatu bakekwaho kwiba moto bakazijyana mu mashyamba bakazikuramo amapiyese, bafatiwe mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, n’ubundi...

RIB yafunze ukekwaho gutwikisha amazi ashyushye umukozi wo mu rugo amuziza gutinda guteka

RIB yafunze ukekwaho gutwikisha amazi ashyushye umukozi wo mu rugo amuziza gutinda guteka

by radiotv10
14/05/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi ukekwaho gutwikisha amazi ashyushye umukobwa ukora mu rugo rwo mu Murenge wa Gatumba...

IZIHERUKA

Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi
MU RWANDA

Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

by radiotv10
15/05/2026
0

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yaburanishijwe anasabirwa igifungo

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yaburanishijwe anasabirwa igifungo

14/05/2026
Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

14/05/2026
Perezida Kagame yagaragaje ibiba byihishe inyuma y’ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu birimo n’u Rwanda

Perezida Kagame yagaragaje ibiba byihishe inyuma y’ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu birimo n’u Rwanda

14/05/2026
Hatanzwe umucyo ku by’umunyamakurukazi wandikiye Perezida Kagame amusaba ubutabera ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakorewe

Hatanzwe umucyo ku by’umunyamakurukazi wandikiye Perezida Kagame amusaba ubutabera ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakorewe

14/05/2026
Batatu bafatanywe ibimenyetso by’ubujura bwa moto bakoraga

Batatu bafatanywe ibimenyetso by’ubujura bwa moto bakoraga

14/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko abaganga baregwa kurangarana umubyeyi wari ku nda bisobanuye ku cyaha cy’ubwicanyi

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yaburanishijwe anasabirwa igifungo

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.