Mu rubanza ruregwamo abaganga batatu b’Ibitaro bya Nyanza, baregwa icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake kubera umubyeyi wari ku nda bakekwaho kurangarana bikamuviramo gupfusha umwana, bavuze impamvu hari abandi babyeyi bitayeho mbere ye.
Ni mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Busasamana mu Karere ka Nyanza, aho aba baganga batatu ari bo Dr. Dukundane, Munyaneza na Habimana; bose bashinjwa ubwicanyi buturutse ku bushake.
Mu rubanza ku ifungwa ry’agateganyo, Ubushinjacyaha bwagaragaje imiterere y’iki cyaha, aho bwavuze ko cyabaye tariki 16 Ukwakira 2025, ubwo umubyeyi wari utwite yaje ku Bitaro yoherejweho kugira ngo abagwe.
Uwo mubyeyi wari woherejwe avuye ku Kigo Nderabuzima cya Gahombo, ntiyahise abagwa ngo aterurwemo umwana nk’uko byagombaga gukorwa, kuko ngo aba baganga bagize uruhare mu kumurangarana.
Ubushinjacyaha bwavuze ko aba “Ntibakoze ibyo bagombaga gukora”, bwavuze ko uyu mubyeyi yakomeje gusiragizwa n’aba baganga, birangira yibyaje nyamara yaragombaga kubyara abazwe, bituma umwana ahasiga ubuzima.
Bwavuze ko kandi ko ibi byashimangiwe n’umuforo wo ku Kigo Nderabuzima cya Gahombo uriya mubyeyi yari yavuyeho yoherejwe ku Bitaro, watanze ubuhamya avuga ko uyu mubyeyi iyo aza kwitabwaho akabagwa nk’uko byari byemejwe, umwana we atari gupfa.
Nanone kandi hari ubuhamya bwa nyina w’uyu mubyeyi wari wamuherekeje kwa muganga, wemeje ko abaganga basiragije uyu mubyeyi.
Umugabo w’uyu mubyeyi wapfushije umwana, na we yatanze ubuhamya agaragaza uburyo yasiragijwe, aho yavuze ko yari kure ariko agahamagarwa kuri telefone yakwa irangamuntu, ndetse umugore we akamubwira ko abaganga banze kumwakira, ndetse ko bamunyuragaho nta n’umwe umwitayeho.
Ubushinjacyaha bwavuze ko kubera ibi byagezweho mu iperereza birimo ubu buhamya, bwifuza abaregwa bafungwa by’agateganyo iminsi 30 kubera uburemere bw’icyaha bakurikiranyweho.
Uko bireguye
Mu kwiregura, aba baganga bavuze ko batigeze barangarana uriya mubyeyi, kuko mu mahame yabo basanzwe bakira ndetse bakanaha umuntu serivisi bitewe n’uko arembye.
Bavuga ko ubwo uriya mubyeyi yageraga ku Bitaro, bamwakiriye uko bikwiye ndetse banamwambika umwambaro w’abantu bagiye kubagwa, ariko muri aka kanya haza undi mubyeyi wari uri kuva, aba ari we baheraho.
Bavuze ko nyuma yo kubyaza uwo mubyeyi waje arembye, hahise haza undi na we wari umeze nabi cyane, na we bamwitaho, ariko ko babikoraga babanje gusobanurira uyu mubyeyi wapfushije umwana ndetse na we akabyumba akanabibemerera ko babaza abo na we yabonaga ko bababaye kumurusha.
Umwe muri aba baganga, yavuze ko “Iyo tutababanza twashoboraga gutakaza abantu babiri ari bo umubyeyi n’umwana.”
Aba babaganga kandi basobanura ko uyu mubyeyi yababwiye ko inda ye yari ifite amezi arindwi, baje kumushyira ku gitanda, akabyara umwana unaniwe agahita yitaba Imana.
Bahakana kandi ibyo kumusiragira bamwaka ibyangombwa, bakavuga ko ntawigeze amubaza fotokopi y’irangamuntu nk’uko byavuzwe mu buhamya bwatanzwe.
Umunyamategeko wunganira aba baganga, yavuze ko abakiliya be nta cyaha bakoze, kuko bakiriye uriya mubyeyi uko bikwiye ndetse bakanamushyira aho abandi barwayi bategerereza, ku buryo igihe cyose yashobogara kwakirwa.
RADIOTV10







