Wednesday, August 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Nyagatare: RIB yataye muri yombi Umusore w’Umufurere ukekwaho gusambanya umuhungu

radiotv10by radiotv10
12/01/2022
in Uncategorized
0
Nyagatare: RIB yataye muri yombi Umusore w’Umufurere ukekwaho gusambanya umuhungu
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore wihaye Imana usanzwe ari Umufurere wo mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu wiga mu kigo cy’ishuri akoramo.

Uyu mufurere usanzwe ari n’umukozi ushinzwe gukurikirana abanyeshuri (Animateur) mu kigo cy’Ishuri cyo muri uyu Murenge, akekwaho gusambanya uwo mwana w’umuhungu w’imyaka 17 y’amavuko.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwamutaye muri yombi kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Mutarama 2022 ubu akaba afungiye kuri station ya RIB ya Nyagatare.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rutangaza ko icyaha gikekwa kuri uyu Mufurere cyakozwe mu mpera z’umwaka ushize akaba akekwaho gusambanya uyu muhungu wiga mu kigo cy’ishuri abereye Animateur.

Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, yatangaje ko uyu Mufurere yatawe muri yombi kubera impamvu zikomeye zituma akekwaho gukora iki cyaha cyo gusambanya umuhungu inshuro zinyuranye.

Dr Murangira yagize ati “Hari impamvu zifatika zigaragaza ko yahohoteye uyu mwana mu bihe bitandukanye harimo na tariki ya 27 Ukuboza 2021.”

Si ubwa mbere humvikanye uwihaye Imana ukurikiranyweho icyaha nk’iki cyo gusambanya abana aho uheruka kuvugwa ari Umupadiri wo muri Paruwasi ya Burehe mu Karere ka Rulindo watawe yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana w’umukobwa abanje kumushukisha kuza kumuhemba kuko yitwaye neza mu bizamini.

Uyu mupadiri aherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 nyuma y’uko Urukiko rusanze hari impamvu zikomeye zituma akekwaho gukora iki cyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 6 =

Previous Post

Abanyarwanda bakomeje guhunga inkingo…Muri Congo bamaze kwakira abasaga 120 biganjemo Abadivantisiti

Next Post

Ezee utazibagirana mu ndirimbo ya Juno Kizigenza yahishuye ko uwakoze impanuka yahitanye ‘Sofia’ ari Se

Related Posts

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

IZIHERUKA

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka
MU RWANDA

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

06/08/2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

06/08/2025
Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

06/08/2025
Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

06/08/2025
U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

06/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ezee utazibagirana mu ndirimbo ya Juno Kizigenza yahishuye ko uwakoze impanuka yahitanye ‘Sofia’ ari Se

Ezee utazibagirana mu ndirimbo ya Juno Kizigenza yahishuye ko uwakoze impanuka yahitanye ‘Sofia’ ari Se

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.