• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, June 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarimo Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Maj.Gen.Bayingana bemejwe na Sena ku nshingano bahawe

radiotv10by radiotv10
19/06/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abarimo Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Maj.Gen.Bayingana bemejwe na Sena ku nshingano bahawe
Share on FacebookShare on Twitter

Sena y’u Rwanda yemeje ishyirwaho ry’abayobozi baherutse guhabwa imyanya, barimo Abambasaderi nka Lt Gen (Rtd) Karenzi Karake Emmanuel, Maj Gen Emmanuel Bayingana, na Col (Rtd) Ruhunga Jeannot bahawe guhagararira u Rwanda mu Bihugu binyuranye..

Aba bayobozi bashyizweho mu cyumweru gishize mu mpinduka Perezida Paul Kagame yakoze mu nzego nkuru z’Igihugu, agashyiraho abayobozi banyuranye barimo Abambasaderi bane.

Aba Bambasaderi bashyizweho, barimo Lt Gen (Rtd) Karenzi Karake Emmanuel, wahawe inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Bushinwa.

Hari kandi Maj Gen (Rtd) Bayingana Aimable wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Israel, Col (Rtd) Ruhunga Jeannot, wahawe guhagararira u Rwanda muri Pologne, ndese na Ambasaderi Nkulikiyinka Christine wahawe inshingano zo guhagararira u Rwanda muri Espagne.

Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Umutekano muri Sena y’u Rwanda, yasuzumye dosiye zisabira aba bayobozi kwemezwa, ndetse inageza ku Nteko Rusange Raporo y’ibyavuye mu isuzuma, iranamemeza.

Senateri Murangwa Ndangiza Hadidja uyobora iyi Komisiyo, yagiye agaragaza ibyavuye ku isuzuma ryakorewe buri muyobozi muri aba basabirwaga kwemeza. Yavuze ko byagaragaye ko Lt Gen (Rtd) Karenzi Karake ashobora kuzuza inshingano yahawe, kuko afite ubumenyi n’ubunararibonye bihagije.

Mu bunararibonye bwe, Lt Gen (Rtd) Karenzi Karake yakoze imirimo inyuranye, irimo kuba yarabaye Umujyanama wa Perezida wa Repubulika, ndetse no muri Minisiteri y’Umutekano.

Yanabaye kandi Umunyamabanga Mukuru w’urwego rushinzwe Iperereza n’Umutekano (NISS), anayobora Ishuri Rwanda Peace Academy.

Mu isuzuma rye, uyu wanagize imyanya inyuranye mu buyobozi bukuru mu Ngabo z’u Rwanda, yasezeranyije kuzateza imbere umubano w’u Rwanda n’u Bushinjwa.

Komisiyo kandi yanagaragaje Maj Gen (Rtd) Bayingana Aimable nk’uzashobora inshingano yahawe zo guhagararira u Rwanda muri Israel, kubera ubunararibonye afite akesha inshingano zinyuranye yagize, nko kuba yarabae Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo, akaba yarabaye Umugaba w’Ingabo zirwanira mu Kirere ndese no kuba yarayoboye komite ihuza amateka y’urugamba rwo kwibokora, akaba yaranabaye Visi Perezida wa Komisiyo y’Itorero.

Naho Col (Rtd) Ruhunga Jeannot, yabaye Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ndetse n’indi mirimo inyuranye mu nzego z’umutekano. Yabaye Umuyobozi Mukuru ushinzwe Iperereza rya gisirikare muri RDF.

Ambasaderi Nkulikiyinka Christine we afite ubunararibonye muri dipolomasi n’ubundi agiyemo, kuko yabaye Ambasaderi w’u Rwanda mu Bihugu binyuranye byo mu majyaruguru y’u Burayi, ubu akaba yaragizwe Ambasaderi u Rwanda muri Espagne.

Aba Bambasaderi bose uko ari bane bemejwe na Sena y’u Rwanda, nyuma yuko Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Umutekano muri Sena isuzumye dosiye zibasabira kwemezwa.

Lt Gen Karenzi Karake
Maj Gen Bayingana
Col Ruhunga
Amb. Christine Nkulikiyinka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

IFOTO: Abaperezida bane bayoboye America n’abagore babo bahuriye mu gikorwa kimwe

Next Post

Gen.Muhoozi yavuze ko mu gihe cya vuba azaba Perezida akinjira mu bibazo by’u Rwanda na Congo

Related Posts

Intumwa z’urwego rw’umutekano muri Nigeria zasobanuriwe ingaruka ziterwa na FDLR

Intumwa z’urwego rw’umutekano muri Nigeria zasobanuriwe ingaruka ziterwa na FDLR

by radiotv10
19/06/2026
0

Mu rugendoshuri rw’icyumweru intumwa ziturutse mu Ishuri Rikuru ry’Igihugu cya Nigeria ry’Ubushakashatsi ku Mutekano (NISS), ziri kugirira mu Rwanda, zasobanuriwe...

Homeschooling vs Traditional Schooling: Which One Is Better?

Homeschooling vs Traditional Schooling: Which One Is Better?

by radiotv10
19/06/2026
0

For many years, traditional schools have been the standard way of educating children. Students attend classes, interact with teachers and...

Umuvugizi w’u Rwanda yanenze Tshisekedi wakoresheje nabi umwanya w’ibyishimo byatanzwe n’ikipe ya Congo akawuvangamo Politiki idakwiye

Umuvugizi w’u Rwanda yanenze Tshisekedi wakoresheje nabi umwanya w’ibyishimo byatanzwe n’ikipe ya Congo akawuvangamo Politiki idakwiye

by radiotv10
19/06/2026
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko nyuma yuko ikipe y’Igihugu ya DRC itanze ibyishimo ku Banyafurika, Perezida...

Kigali: Avoka akurikiranyweho kwaka umukiliya we Miliyoni 3 yo ‘guha Umucamanza ngo azihutishe urubanza’

Icyatumye Umucamanza yikura mu rubanza rw’umucungamutungo wa Koperative y’abacunga umutekano

by radiotv10
18/06/2026
0

Mu rubanza ku ifungwa ry’agateganyo risabirwa uwahoze ari umucungamutungo wa koperative y’abacunga umutekano yitwa ‘Umoja ni Nguvu Rwanda Cooperative (UNRC)’,...

Ruhango: Urubyiruko rwibiwe ibanga ry’icyatuma batagwa mu byaha

Ruhango: Urubyiruko rwibiwe ibanga ry’icyatuma batagwa mu byaha

by radiotv10
18/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo ivuga ko hari urubyiruko rwishora mu bikorwa bigize ibyaha rutabanze gutekereza ku ngaruka...

Next Post
General Muhoozi yongeye gushimangira urwo akunda u Rwanda agaragaza uwo arukundamo by’umwihariko

Gen.Muhoozi yavuze ko mu gihe cya vuba azaba Perezida akinjira mu bibazo by’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Amakuru mashya: Rayon yabonye undi muterankunga mukuru nyuma yo gutandukana na Skol

Gen.Muhoozi yavuze ko mu gihe cya vuba azaba Perezida akinjira mu bibazo by’u Rwanda na Congo

Abarimo Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Maj.Gen.Bayingana bemejwe na Sena ku nshingano bahawe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.