Sitasiyo ya Polisi ya Butaro mu Murenge wa Butaro mu Karere ka Burera, icumbikiye abanyeshuri barindwi biga muri G.S. Runaba, batawe muri yombi bakwaho gukubita no gukomeretsa abarimu batatu.
Abanyeshuri batawe muri yombi bari hagati y’imyaka 15 na 18, mu gihe abarimu batatu bakubiswe bari hagati y’imyaka 33 na 40.
Ibi byabaye kuri uyu wa Kane tariki 25 Kamena 2026, aho aba banyeshuri batawe muri yombi ku bufatanye bwa Polisi ikorera mu Karere ka Burera n’inzego z’ibanze.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, CIP Ignace Ngirabakunzi yemeje ko aba banyeshuri bafashwe, ndetse bakaba bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Butaro.
Ubwo iki gikorwa cy’urugomo cyakozwe n’aba banyeshuri cyari kimaze kuba, ubuyobozi bw’ishuri n’ubw’inzego z’umutekano n’iz’ibanze, bwaganirije abanyeshuri biga muri uru Rwunge rw’Amashuri rwa Rubana, bubagaragariza ko ibyabaye bidakwiye.
Bamwe mu banyeshuri biga muri iri shuri, na bo banenze bagenzi babo bakoze iki gikorwa, bavuga ko kitari gikwiye, kandi ko na bo bagiye gukora ibishoboka ntibazagwe mu bikorwa nk’ibi, bakaba bagiye kurushaho kubaha abarimu n’abayobozi b’ishuri.
Muri aka Karere ka Burera kandi, ku wa Gatatu tariki 24 Kamena, abandi bana babiri biga muri G.S. Butandi mu Murenge wa Kivuye, na bo bakubise umwarimu banamukomeretsa mu mutwe.
Amakuru avuga ko ibi byabaye ubwo bamwe mu banyeshuri bashakaga kubuza bagenzi babo gufata ifunguro, umwarimu witwa Habonimana Jean Bonaparte akababuza, bahagera ko bamukubita inkoni mu mutwe bakamukomeretsa.
Aba banyeshuri babiri bombi, biga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, aho na bo bahise bafatwa bagashyikirizwa ubuyobozi bw’Umurenge kugira ngo na bwo bubashyikirize inzego z’umutekano n’iperereza.
Ibikorwa by’urugomo bikorwa n’abanyeshuri babikorera abarimu bikomeje kumvikana muri iyi minsi aho ku wa Kabiri w’iki cyumweru undi mwana wiga mu Rwunge rw’Amashuri (GS) rwa Cyanika mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke, na we yajombye ikaramu umwarimu we akamukomeretsa bikomeye.
RADIOTV10





