• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, July 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

radiotv10by radiotv10
02/07/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa filimi akaba n’umurwenya uzwi nka Mitsutsu, yashyize ku isoko umuyoboro we wa YouTube n’ikinyabiziga cye cya moto, kugira ngo abashe kubona amafaranga yo gukemura ibibazo afite.

Uyu munyarwenya Kazungu Emmanuel AKA Mitsutsu, yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko ashaka umukiliya wa YouTube Channel ye Mitsutsu Empire, agasaba uwaba ayishaka cyangwa afite umukiliya kumwegera kugira ngo bavugane.

Uyu munyarwenya kandi ari no gushaka umuntu umuntu wamugurira ikinyabiziga cya moto ye, yo mu bwoko bwa Spiro, kugira ngo abashe kwikenura nk’uko abivuga.

Aganira n’ikinyamakuru cyitwa Igihe, Mitsutsu yavuze ko afite umuvandimwe we umaze imyaka ibiri arembye kandi akaba ari we umwitaho ku buryo ageze aho kubura ubushobozi.

Yavuze ko yari yagerageje kugira ibanga ibi bibazo arimo, ariko igihe kikaba kigeze ngo abantu bamenye ko afite ibi bibazo bitamworoheye byanatumye atabasha gukomeza gushyira hanze ibihangano nk’uko byari bikwiye.

Ati “Mumenye ko maze iyo myaka yose nkiri mu bitaro ndwaza, ni na yo mpamvu mwabonaga nkiri gukora gake. Uyu munsi nkagakora, ejo mukabona nabihagaritse.”

Mitsutsu uvuga ko umuvandimwe we yabanje kurwarira mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali, CHUB, akaza koherezwa mu Bitaro Bikuru bya Gisirikare, avuga ko icyo ashyize imbere ari ukumuvuza.

Yagize ati “Umuvandimwe wanjye ni we uza imbere. Ubushobozi bwari bumaze kunshirana, ni yo mpamvu nahisemo kugurisha ibyo ntunze kugira ngo mbanze mwiteho.”

Uyu munyarwenya avuga ko nubwo ibihe arimo bitamworoheye, ariko hari abakomeje kumuba hafi, kandi ko na bo abashimira, ariko ko bigeze aho kwiyambaza ubushobozi bw’ibyo atunze birimo na YouTube Channel ye na moto ye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 19 =

Previous Post

PYROMANE – POMPIER:OPEN LETTER TO ICJ JUDGES

Next Post

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Related Posts

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

by radiotv10
02/07/2026
0

Couple y'Abarusiya Angela Nikolau w’imyaka 33 na Ivan Beerkus w’imyaka 32 buriye umunara w’inyubako ya Empire State izwi cyane mu...

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

Dosiye iregwamo Umukaraza ukekwaho gusambanya ku gahato Shaddyboo yazamuwe mu Bushinjacyaha

by radiotv10
30/06/2026
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza ushinjwa gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato Mbabazi Shadia uzwi nka...

Undi munyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yafashe ikiruhuko

Igitekerezo cy’umuhanzi akaba n’umunyamakuru Uncle Austin cyazamuye impaka

by radiotv10
29/06/2026
0

Umuhanzi wanamanyekanye mu mwuga w’itangazamakuru, Uncle Austin yanenze abategura ibitaramo byitabirwa ku buntu, mu gihe ababitangaho ibitekerezo bavuga ko mu...

Umunyarwanda Kagarara yongeye kwandika amateka

Umunyarwanda Kagarara yongeye kwandika amateka

by radiotv10
29/06/2026
0

Uwizeye Enock uzwi nka Kagarara, nyuma yo guhura n’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga Umunyamerika IShowSpeed, yahuye noneho na Ashton Hall na...

Ubutumwa bwa Bruce Melodie bwazamuye impaka n’urujijo

Ubutumwa bwa Bruce Melodie bwazamuye impaka n’urujijo

by radiotv10
29/06/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ufashwa mu bikorwa bye bya muzika na Komponyi ya 1:55 AM y’umunyemari Gael Karomba uzwi nka Coach...

Next Post
Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

PYROMANE – POMPIER:OPEN LETTER TO ICJ JUDGES

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.