Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kayonza: Umugabo yatemye inka nyuma yo kutumvikana n’umugore we uko bagabana amafaranga bari kuyigurisha

radiotv10by radiotv10
24/01/2022
in Uncategorized
0
Kayonza: Umugabo yatemye inka nyuma yo kutumvikana n’umugore we uko bagabana amafaranga bari kuyigurisha
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, bwashyikirije RIB umugabo ukurikiranyweho gutema inka abitewe n’umujinya yari atewe no kuba yananiranywe n’umugore we kugabana amafaranga bari kuyigurisha.

Uyu mugabo w’imyaka 32 y’amavuko watemye iyi nka y’Ikimasa kuri iki Cyumweru tariki 23 Mutarama 2022, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ubu akaba acumbikiwe kuri station ya RIB ya Rwinkwavu.

Murekezi Claude uyobora Umurenge wa Rwinkwavu, yatangaje ko uyu mugabo asanzwe afite inka umuryango we wahawe muri gahunda ya Girinka Munyarwanda ikaba yari ifite ikimasa cyari kimaze gucuka.

Avuga ko we n’umugore we babanje kuganira uko bazagabana ibihumbi 170 Frw bagombaga kugikuramo bakigurishije ariko bakaza kunaniranwa bigatuma uyu mugabo yegura umuhoro agahita agitema.

Murekezi Claude yagize ati “Yari ataritura kuko ikimasa yishe gikomoka ku nka bahawe muri gahunda ya Girinka, twahise tumufata rero tumushyikiriza RIB.”

Uyu muyobozi avuga ko urugo rw’aba bombi, rusanzwe rubamo amakimbirane ku buryo kutumvikana uburyo bagombaga kugabana ariya mafaranga bitatunguranye.

Yaboneyeho kugira inama aborojwe Inka muri gahunda ya Girinka Munyarwanda ko batagomba gutekereza kugurisha mu gihe bataritura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − four =

Previous Post

Ikibuno cya Fofo (PapaSava) cyongeye guhagurutsa imbaga bamwe bamushinja gushyiramo ibikarito

Next Post

Jose Chameleone yerekanye isanduku azashyingurwamo izorohereza buri wese kureba umurambo we

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Jose Chameleone yerekanye isanduku azashyingurwamo izorohereza buri wese kureba umurambo we

Jose Chameleone yerekanye isanduku azashyingurwamo izorohereza buri wese kureba umurambo we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.