• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gisagara: Uvugishije Itangazamakuru amererwa nabi n’abayobozi bakamwita umugambanyi

radiotv10by radiotv10
28/02/2022
in MU RWANDA
0
Gisagara: Uvugishije Itangazamakuru amererwa nabi n’abayobozi bakamwita umugambanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara, bavuga ko abaturage bavugishije itangazamakuru, bamererwa nabi n’abayobozi babita abagambanyi, bakagaragaza ko iki kibazo gikwiye gufatirwa umuti.

Aba baturage bavuga ko rimwe na rimwe iyo hari uwavugishije itangazamakuru, ashyirwa imbere y’inteko rusange y’abaturage, akabibazwaho.

Bamwe mu baturage babanje kwanga kuvugisha RADIOTV10, bavuga ko bamwe badashobora no guhingutsa ko nyuma yo gutanga amakuru bagiye botswa igitutu n’abayobozi.

Umwe yagize ati “Nk’iyo hari umuyobozi ugiye kureba, barabigucyurira ngo ‘aaah ni wa wundi wirirwana n’Abanyamakuru’. N’ubu mbivuze ntabwo nabura uwo ngenda nkumva abincumiyemo bamaze kubona ko ari njye wavugiye kuri radio.”

Undi muturage avuga ko yigeze kujya kureba umukozi w’Umurenge ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, amugezaho ikibazo afite, aho ahinduriye asubiye mu Kagari bamwuka inabi.

Uyu muturage yagize ati “Ngarutse nsanga byantanze mu Kagari k’iwacu, social na Gitifu bankubise amaso, yampayinka rero!! Nenda gukubitwa.”

Aba baturage bavuga ko ikibabaje ari uko abayobozi bababuza kuvugisha itangazamakuru bagaragaza ibibazo byabo nyamara bo baranze kubibakemurira.

Undi ati “Ndifuza ko bakomeza bakohereza Abanyamakuru bagasakara mu baturage bakajya hasi mu Midugudu bakareba ibibazo bafite, kuko hari n’uvuga ati ‘ndajya kubwira Mayor ndasanga uwo ndega ari we ndegera’.”

Umukozi mu rwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB ushinzwe guhuza ibikorwa n’itangazamakuru, Jean Bosco Rushingabigwi avuga ko kuba umuturage yagaragariza itangazamakuru ibibazo, atari ikibazo mu gihe ibyo avuga ari ukuri.

Rushingabigwi avuga ko kuba umuturage yagaragariza Itangazamakuru ibibazo, binafasha abayobozi kumenya ahari ibibazo.

Ati “Niba umuturage ahaguruka akavuga ngo iki n’iki n’iki ntikigenda, ahubwo itangazamakuru ryanabivuga umuntu akumva ni amahirwe yo kumenya ikibazo.”

Rushingabigwi avuga kandi ko nta muyobozi ukwiye kwanga kuvugisha itangazamakuru kuko ibyo baba bavugaho byose biba biri mu nyungu z’abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Mugishaaaa Moiseeee…Ku nshuro ya mbere Umunyarwanda yegukanye Etape muri TdRda ya 2.1

Next Post

Abarusiya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda bamagana intambara Igihugu cyabo cyashoje muri Ukraine

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Abarusiya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda bamagana intambara Igihugu cyabo cyashoje muri Ukraine

Abarusiya ibihumbi n'ibihumbi biraye mu mihanda bamagana intambara Igihugu cyabo cyashoje muri Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.