Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Aba mbere b’Amavubi aheruka guha ibyishimo Abanyarwanda bageze mu mwiherero (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
11/03/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Aba mbere b’Amavubi aheruka guha ibyishimo Abanyarwanda bageze mu mwiherero (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi ahamagaye abakinnyi bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti, abakinnyi ba mbere bakina imbere mu Gihugu, bamaze kugera mu mwiherero.

Byatangajwe n’Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) mu butumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyamba zabwo mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 11 Werurwe 2024.

Mu butumwa buherekejwe n’amafoto y’aba bakinnyi bageze aho bagombaga guhurira ngo bafate imodoka iberecyeza aho bakorera uyu mwiherero, ubuyobozi bwa FERWAFA bwagize buti “Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu Amavubi, batangiye umwiherero wo kwitegura imikino ya gishuti u Rwanda ruzahuriramo na Botswana na Madagascar.”

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, kandi ryatangaje ko “Umwiherero watangiwe n’Abakinnyi bakina imbere mu Gihugu.”

Amakuru agera kuri RADIOTV10, avuga ko abakinnyi b’Amavubi, bari gukorera umwiherero muri Hoteli imwe iherereye i Nyamata mu Karere ka Bugesera, mu gihe imyitozo izajya ibere kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo.

Umukino wa mbere wa gicuti, u Rwanda ruwufitanye na Botswana tariki 22 Werurwe 2024, mu gihe uwa kabiri uzaba tariki 25 Werurwe uzahuza Amavubi na Madagascar.

Ni umukino ugiye kuba Amavubi ari mu kanyamuneza, kuko uwo Ikipe y’u Rwanda iheruka gukinana na Afuruka y’Epfo mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, rwawutsinzemo ibitego 2-0.

Muhadjiri wa Police FC na we yongeye guhamagarwa
Na Niyonzima Olivier Sefu wa Kiyovu
Mitima Isaac wa Rayon na we yaje
Niyombugabo Claude akaba na Kapiteni wa APR na we yaje
Na Kwitonda Alain bakunda kwita Baka wa APR

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − one =

Previous Post

IFOTO: Abasirikarekazi b’u Burundi mu karasisi katambutse imbere ya Perezida Ndayishimiye

Next Post

MONUSCO yavuze ku byo yashinjwe hifashijwe amashusho agaragaza M23 iyinyura imbere yemye

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MONUSCO yavuze ku byo yashinjwe hifashijwe amashusho agaragaza M23 iyinyura imbere yemye

MONUSCO yavuze ku byo yashinjwe hifashijwe amashusho agaragaza M23 iyinyura imbere yemye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.