Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abachou kuki mutansangije aya makuru?- Na Mushikiwabo byamunejeje

radiotv10by radiotv10
17/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abachou kuki mutansangije aya makuru?- Na Mushikiwabo byamunejeje
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakomeje gutanga urugero rwiza rwo gukunda siporo, abaza abamukurikira kuri Twitter impamvu batari bamweretse amafoto meza nk’aya.

Amashusho n’amafoto ya Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari gukina umupira w’amaguru, yagarutsweho cyane na benshi bishimiye iki gikorwa.

Ni imikino bakinnye muri bimwe mu bikorwa by’Inteko Rusange ya 73 ya FIFA imaze iminsi iri kubera i Kigali mu Rwanda kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Werurwe 2023, Perezida Paul Kagame yakinnye umukino w’umupira w’amaguru wo gufungura sitade yitiriwe umunyabwigwi muri ruhago, Pele uherutse kwitaba Imana.

Ubwo uyu mukino wakinwaga, amafoto n’amashusho bigaragaza Perezida Paul Kagame ari gukina, byagiye hanze, uyu mukino ukiri kuba ndetse na nyuma yawo.

Perezida Kagame ubwo yakinaga kuri uyu wa Gatatu

Benshi mu Banyarwanda n’abandi yaba mu Rwanda no hanze, bagiye basangiza ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga aya mashusho n’amafoto, bagaragaza ko bishimiye kubona Umukuru w’u Rwanda ari gukina uyu mukino.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo ari mu bagaragaje ko na we yishimye, aho yasangije abantu kuri twitter amafoto ya Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari gukina umupira w’amaguru.

Mu butumwa buherekeje aya mafoto, Mushikiwabo yagize ati “Abachou, muraho ariko! None se ko amakuru nk’aya muba mutayansangije mu gihe twemeranyijwe ko tuzahorana [alors que on est ensemble]!!! Umwanzi utwanga rwose….”

Louise Mushikiwabo akunze kugirana ikiganiro cyo gushyenga n’abamukurikira kuri Twitter, ndetse akaba ari na ho yungukiye iri jambo ‘abachou’ rigezweho mu bato muri iki gihe, aho yigeze no kwiyita ‘Mushikiwabachou’.

Madamu Jeannette Kagame na we yari yawukinnye ubwo yasuraga irerero ry’umupira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − twelve =

Previous Post

Kayonza: Ibyo bizejwe byahawe bamwe abandi amaso ahera mu kirere none bahagurutse

Next Post

Ikipe ifite abakunzi benshi ku Isi no mu Rwanda yatangiye kurambagizwa n’abifuza kuyigura

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe ifite abakunzi benshi ku Isi no mu Rwanda yatangiye kurambagizwa n’abifuza kuyigura

Ikipe ifite abakunzi benshi ku Isi no mu Rwanda yatangiye kurambagizwa n'abifuza kuyigura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.