Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abachou kuki mutansangije aya makuru?- Na Mushikiwabo byamunejeje

radiotv10by radiotv10
17/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abachou kuki mutansangije aya makuru?- Na Mushikiwabo byamunejeje
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakomeje gutanga urugero rwiza rwo gukunda siporo, abaza abamukurikira kuri Twitter impamvu batari bamweretse amafoto meza nk’aya.

Amashusho n’amafoto ya Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari gukina umupira w’amaguru, yagarutsweho cyane na benshi bishimiye iki gikorwa.

Ni imikino bakinnye muri bimwe mu bikorwa by’Inteko Rusange ya 73 ya FIFA imaze iminsi iri kubera i Kigali mu Rwanda kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Werurwe 2023, Perezida Paul Kagame yakinnye umukino w’umupira w’amaguru wo gufungura sitade yitiriwe umunyabwigwi muri ruhago, Pele uherutse kwitaba Imana.

Ubwo uyu mukino wakinwaga, amafoto n’amashusho bigaragaza Perezida Paul Kagame ari gukina, byagiye hanze, uyu mukino ukiri kuba ndetse na nyuma yawo.

Perezida Kagame ubwo yakinaga kuri uyu wa Gatatu

Benshi mu Banyarwanda n’abandi yaba mu Rwanda no hanze, bagiye basangiza ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga aya mashusho n’amafoto, bagaragaza ko bishimiye kubona Umukuru w’u Rwanda ari gukina uyu mukino.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo ari mu bagaragaje ko na we yishimye, aho yasangije abantu kuri twitter amafoto ya Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari gukina umupira w’amaguru.

Mu butumwa buherekeje aya mafoto, Mushikiwabo yagize ati “Abachou, muraho ariko! None se ko amakuru nk’aya muba mutayansangije mu gihe twemeranyijwe ko tuzahorana [alors que on est ensemble]!!! Umwanzi utwanga rwose….”

Louise Mushikiwabo akunze kugirana ikiganiro cyo gushyenga n’abamukurikira kuri Twitter, ndetse akaba ari na ho yungukiye iri jambo ‘abachou’ rigezweho mu bato muri iki gihe, aho yigeze no kwiyita ‘Mushikiwabachou’.

Madamu Jeannette Kagame na we yari yawukinnye ubwo yasuraga irerero ry’umupira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Kayonza: Ibyo bizejwe byahawe bamwe abandi amaso ahera mu kirere none bahagurutse

Next Post

Ikipe ifite abakunzi benshi ku Isi no mu Rwanda yatangiye kurambagizwa n’abifuza kuyigura

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka
AMAHANGA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe ifite abakunzi benshi ku Isi no mu Rwanda yatangiye kurambagizwa n’abifuza kuyigura

Ikipe ifite abakunzi benshi ku Isi no mu Rwanda yatangiye kurambagizwa n'abifuza kuyigura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.