Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abachou kuki mutansangije aya makuru?- Na Mushikiwabo byamunejeje

radiotv10by radiotv10
17/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abachou kuki mutansangije aya makuru?- Na Mushikiwabo byamunejeje
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakomeje gutanga urugero rwiza rwo gukunda siporo, abaza abamukurikira kuri Twitter impamvu batari bamweretse amafoto meza nk’aya.

Amashusho n’amafoto ya Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari gukina umupira w’amaguru, yagarutsweho cyane na benshi bishimiye iki gikorwa.

Ni imikino bakinnye muri bimwe mu bikorwa by’Inteko Rusange ya 73 ya FIFA imaze iminsi iri kubera i Kigali mu Rwanda kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Werurwe 2023, Perezida Paul Kagame yakinnye umukino w’umupira w’amaguru wo gufungura sitade yitiriwe umunyabwigwi muri ruhago, Pele uherutse kwitaba Imana.

Ubwo uyu mukino wakinwaga, amafoto n’amashusho bigaragaza Perezida Paul Kagame ari gukina, byagiye hanze, uyu mukino ukiri kuba ndetse na nyuma yawo.

Perezida Kagame ubwo yakinaga kuri uyu wa Gatatu

Benshi mu Banyarwanda n’abandi yaba mu Rwanda no hanze, bagiye basangiza ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga aya mashusho n’amafoto, bagaragaza ko bishimiye kubona Umukuru w’u Rwanda ari gukina uyu mukino.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo ari mu bagaragaje ko na we yishimye, aho yasangije abantu kuri twitter amafoto ya Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari gukina umupira w’amaguru.

Mu butumwa buherekeje aya mafoto, Mushikiwabo yagize ati “Abachou, muraho ariko! None se ko amakuru nk’aya muba mutayansangije mu gihe twemeranyijwe ko tuzahorana [alors que on est ensemble]!!! Umwanzi utwanga rwose….”

Louise Mushikiwabo akunze kugirana ikiganiro cyo gushyenga n’abamukurikira kuri Twitter, ndetse akaba ari na ho yungukiye iri jambo ‘abachou’ rigezweho mu bato muri iki gihe, aho yigeze no kwiyita ‘Mushikiwabachou’.

Madamu Jeannette Kagame na we yari yawukinnye ubwo yasuraga irerero ry’umupira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Kayonza: Ibyo bizejwe byahawe bamwe abandi amaso ahera mu kirere none bahagurutse

Next Post

Ikipe ifite abakunzi benshi ku Isi no mu Rwanda yatangiye kurambagizwa n’abifuza kuyigura

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe ifite abakunzi benshi ku Isi no mu Rwanda yatangiye kurambagizwa n’abifuza kuyigura

Ikipe ifite abakunzi benshi ku Isi no mu Rwanda yatangiye kurambagizwa n'abifuza kuyigura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.