• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abadukanye ibyo kuzinga inote nk’indabo ngo ni impano bahawe gasopo

radiotv10by radiotv10
25/12/2023
in AMAHANGA
0
Abadukanye ibyo kuzinga inote nk’indabo ngo ni impano bahawe gasopo
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’Igihugu muri Tanzania (BOT) yasohoye itangazo yihanangiriza abantu bamaze iminsi badukanye ingeso yo kuzinga inote, bakazigira nk’indabo ngo ni impano bahaye abantu, bibutswa ko inote zakorewe kwishyura no kwishyurana atazi izo kwishimisha.

Ibi binagaragara mu Rwanda, aho bamwe bafata inote bakazizinga mu buryo bwihariye, bazigize nk’indabo, ubundi bakaziha umuntu wagize igikorwa runaka nk’isabukuru y’amavuko, ubukwe cyangwa ibirori bitandukanye ngo ni impano.

Ibi kandi bineze mu Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda cya Tanzania giherereye mu Burasirazuba, aho bamwe mu Banya-Tanzania bazinga inote za 10 000 n’iza 5 000 mu buryo bwikaraze, zikagaragara nk’indabo.

Banki nkuru y’iki Gihugu cya Tanzania, yasohoye itangazo ibuza abaturage ibyo bikorwa, kuko bituma inoti zisaza vuba kandi zikangirika, mu gihe gukora inote ubwabyo na byo bihenze.

Ushinzwe ikwirakwizwa ry’amafaranga muri Banki Nkuru ya Tanzani, Salala Nchunga, yavuze ko amafaranga yakorewe kwishyura no kwishyurwa, bityo rero ubundi buryo bwose bwakoreshwa bufatwa nk’ikosa kuko bituma ubuzima bw’inoti bugabanuka kandi iyo inoti yangiritse ikurwa mu zindi hagakorwa indi.

Salala Nchunga yibukije abakora ibikorwa nk’ibi byangiza inote, ko gukora indi, bisaba ikiguzi. Ati “Iyo hagiye gukorwa indi note ntabwo ipfa gukorwa, kuko hakenerwa kwishyura ikiguzi kugira ngo ikorwe. Nk’uko mubizi amafaranga ntabwo akorerwa hano akorerwa hanze.”

Taikun NDAHIRO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Rema yaciye agahigo muri Afurika binyuze kuri Alubumu yise Rave & Roses

Next Post

Imbere y’imbaga y’Abakristu Karidinali Kambanda yamaganiye kure ibyo guha umugisha abatinganyi

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Imbere y’imbaga y’Abakristu Karidinali Kambanda yamaganiye kure ibyo guha umugisha abatinganyi

Imbere y’imbaga y’Abakristu Karidinali Kambanda yamaganiye kure ibyo guha umugisha abatinganyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.