Monday, August 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagabo babiri bafatanywe udufuka tubiri tw’urumogi babitanzeho ibisobanuro

radiotv10by radiotv10
25/08/2025
in MU RWANDA
0
Abagabo babiri bafatanywe udufuka tubiri tw’urumogi babitanzeho ibisobanuro
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo babiri bafatanywe ibilo 30 by’urumogi mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, bavuze ko bari barukuye mu Karere ka Rubavu barujyanye i Nyamirambo.

Aba bagabo bafashwe kuri uyu wa Mbere tariki 25 Kanama 2025, ubwo bari bageze mu Mudugudu wa Mubuga mu Kagari ka Nyamweru mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge, bafite urwo rumogi rwari ruri mu dufuka tubiri.

Aba bagabo babiri bafashwe batwaye iki kiyobyabwenge kuri moto ifite pulake ya nimero RJ506X, ni Imfurayase Themisphore na Byukusenge Alan.

Nyuma yo gufatwa n’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Kurwanya Ibiyobyabwenge, aba bagabo babiri bavuze ko ibi biyobyabwenge bari babikuye mu Karere ka Rubavu, nyuma yo kubihabwa n’umuturage.

Babwiye Polisi ko uwabahaye uru rumogi yari abatumye kurugeze i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, bakaruha umucuruzi ugomba kurugurisha.

Nyuma yo gufatwa, aba bantu babiri, bahise bashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kugira ngo hakorwe iperereza banakorerwe dosiye izashyikirizwa Ubushinjacyaha.

Mu Karere ka Rubavu bikekwa ko hari haturutse uru rumogi, ni hamwe hakunze kuvugwaho iki kiyobyabwenge cy’urumogi, aho benshi mu babyinjiza mu Gihugu, baba babikuye mu Gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Polisi y’u Rwanda yakunze kuburira kenshi abishoye mu bucuruzi no gukwirakwiza ibiyobyabwenge, kubireka, kuko uru rwego rwabihagurukiye, bityo ko ababikora bazafatwa bakabihanirwa hakurikijwe amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − five =

Previous Post

Polisi yakuyeho urujijo ku byo abaturage bakekaga ku mpanuka y’ubwato yahitanye uwari ubutwaye

Next Post

Amashuri yisumbuye ya Leta yashyiriweho umwihariko ku musanzu ntarengwa utangwa n’ababyeyi

Related Posts

Umunyamakuru wari mu bamaze igihe mu itangazamkuru mu Rwanda yitabye Imana

Umunyamakuru wari mu bamaze igihe mu itangazamkuru mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
25/08/2025
0

Kassim Yussuf wari Umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, wamenyekanye cyane mu kiganiro Samedi Détente kuri Radio Rwanda, yitabye imana azize...

Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Amashuri yisumbuye ya Leta yashyiriweho umwihariko ku musanzu ntarengwa utangwa n’ababyeyi

by radiotv10
25/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi yibukije amashuri ya Leta n’afashwa na Leta ku bw’amasezerano, kubahiriza amabwiriza yashyizweho muri 2022 agena umusanzu utangwa n’ababyeyi,...

Polisi yakuyeho urujijo ku byo abaturage bakekaga ku mpanuka y’ubwato yahitanye uwari ubutwaye

Polisi yakuyeho urujijo ku byo abaturage bakekaga ku mpanuka y’ubwato yahitanye uwari ubutwaye

by radiotv10
25/08/2025
0

Polisi ikorera mu Ntara y’Amajyaruguru yahakanye amakuru yavugaga ko ubwato bwarohamye mu Kiyaga cya Ruhondo mu Karere ka Musanze igahitana...

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

by radiotv10
25/08/2025
0

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 532 bari barahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baje ku bw’icyemezo cyafatiwe mu nama iherutse...

Eng.- Over 500 Rwandans return from DRC

Eng.- Over 500 Rwandans return from DRC

by radiotv10
25/08/2025
0

Rwanda has received 532 Rwandans who had been living as refugees in the Democratic Republic of Congo, they returned after...

IZIHERUKA

Igihugu cya mbere kuri SIDA cyasubije abavuga ko gukurirwaho inkunga na America bizatuma ikaza umurego
AMAHANGA

Igihugu cya mbere kuri SIDA cyasubije abavuga ko gukurirwaho inkunga na America bizatuma ikaza umurego

by radiotv10
25/08/2025
0

FARDC na FDLR bahengereye abaturage  baryamye bagaba ibitero mu bice birimo i Goma

FARDC na FDLR bahengereye abaturage baryamye bagaba ibitero mu bice birimo i Goma

25/08/2025
Umunyamakuru wari mu bamaze igihe mu itangazamkuru mu Rwanda yitabye Imana

Umunyamakuru wari mu bamaze igihe mu itangazamkuru mu Rwanda yitabye Imana

25/08/2025
Eng.- FARDC and FDLR launch attacks in areas including Goma

Eng.- FARDC and FDLR launch attacks in areas including Goma

25/08/2025
Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Amashuri yisumbuye ya Leta yashyiriweho umwihariko ku musanzu ntarengwa utangwa n’ababyeyi

25/08/2025
Abagabo babiri bafatanywe udufuka tubiri tw’urumogi babitanzeho ibisobanuro

Abagabo babiri bafatanywe udufuka tubiri tw’urumogi babitanzeho ibisobanuro

25/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Amashuri yisumbuye ya Leta yashyiriweho umwihariko ku musanzu ntarengwa utangwa n’ababyeyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igihugu cya mbere kuri SIDA cyasubije abavuga ko gukurirwaho inkunga na America bizatuma ikaza umurego

FARDC na FDLR bahengereye abaturage baryamye bagaba ibitero mu bice birimo i Goma

Umunyamakuru wari mu bamaze igihe mu itangazamkuru mu Rwanda yitabye Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.