Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagabo bakubye gatantatu abagore: Iby’ingenzi ku Rwanda muri raporo y’abahitanwa n’impanuka ku Isi

radiotv10by radiotv10
15/12/2023
in MU RWANDA
0
Abagabo bakubye gatantatu abagore: Iby’ingenzi ku Rwanda muri raporo y’abahitanwa n’impanuka ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ku mpanuka zo mu muhanda muri 2023, igaragaza ko habayeho igabanuka ry’umubare w’abahitanwa na zo mu Rwanda, kandi umubare w’abagabo ukaba ari munini ugereranyije n’abagore.

Iyi mibare yagiye hanze muri iki cyumweru, igaragaza ko abahitanwa n’impanuka mu Rwanda, bavuye ku bantu 15 bagakera kuri 12 bagwa mu mpanuka zo mu muhanda ibihumbi 100 ku mwaka.

Iyi raporo isohotse ku nshuro ya gatanu kuva muri 2009, yagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Ukuboza 2023.

Igaragaza ko muri 2018 mu Rwanda hapfuye abantu 593 bazize impanuka zo mu muhanda, ubwo u Rwanda rwari rutuwe n’abantu miliyoni 11,92, mu gihe muri 2021 hapfuye abantu 655 ariko umubare w’Abanyarwanda warageze kuri miliyoni 13,46; mu gihe kandi muri iyo myaka, umubare w’ibinyabiziga wavuye kuri 180 140 ukagera kuri 270 600.

Iyi raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye, igaragaza kandi ko umubare w’abagabo bahitanywe n’impanuka zo mu muhanda mu Rwanda ukubye uw’abagore inshuro zirenga 6, kuko abagabo ari 86,2% mu gihe abagore ari 13,8%.

Igaragaza ko mu Rwanda habayeho intambwe nziza ku bipimo by’igabanuka ry’imibare y’abahitanwa n’impanuka zo mu muhanda, ibizwi nka Confidence Interval (CI).

Ugereranyije n’iyi myaka ya 2018 na 2023, ibipimo bya CI, imibare y’impfu ziterwa n’impanuka zo mu muhanda, yavuye kuri 662 muri 2018 igera kuri 555 muri 2023.

Iri gabanuka ry’izi mpfu ziterwa n’impanuka zo mu muhanda, rishingira ku ngamba zashyizweho na Leta y’u Rwanda kuva muri 2018, nko gushyiraho utugabanyamuvuduko (speed governor) mu modoka zitwara abagenzi ndetse n’ubukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’ bukomeje kugira uruhare mu kugabanya impanuka zo mu muhanda mu Rwanda.

Imibare ya Polisi y’u Rwanda, igaragaza ko hagati y’ukwezi kwa Mutarama (01) 2020 n’Ugushyingo 2022, mu Rwanda habaye impanuka zo mu muhanda 21 459, zirimo izigera mu 4 000 zabaye muri 2022, izindi 8 000 ziba muri 2021, ndetse na 8 500 zabaye muri 2022.

 

Ku isi byifashe gute?

Iyi raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, igaragaza ko muri 2021 habayeho impfu z’abantu miliyoni 1,19 zatewe n’impanuka zo mu muhanda, aho habayeho igabanuka rya 5% kuko muri 2010 zari zahitanye miliyoni 1,25.

Iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye, rivuga ko ibihugu birenga 1/2 by’ibinyamuryango, byagaragayemo igabanuka ry’impfu ziterwa n’impanuka zo mu muhanda hagati ya 2010 na 2021.

María Seguí-Gómez, wayoboye ikorwa ry’iyi raporo, yagize ati “Habayeho igabanuka rishimishije nubwo ibinyabiziga bibarwa ku Isi byikubye hafi kabiri, ariko imihanda yagiye yongerwa ndetse n’umubare w’abatuye isi wiyongereyeho hafi miliyari imwe.”

Yavuze ko “Ingamba zo kongera umutekano wo mu muhanda ziri gutanga umusaruro ariko turacyafite byinshi go gukora kugira ngo tugere ku ntego y’Umuryango w’Abibumbye y’ikinyacumi aho kuva muri 2021 kugeza muri 2030, tuzaba twaragabanyije kuri 1/2 cy’impfu ziterwa n’impantu zo mu muhanda.”

Umuryango w’Abibumbye uvuga ko nubwo nta rukingo rw’impanuka ruriho, ariko hari ibishobora gukorwa kugira ngo zigabanuke ndetse n’impfu ziterwa na zo zigabanuke, zirimo ubukangurambaga no kwigisha abantu gukoresha ibyabarinda, birimo kwambara imikandara mu gihe batwaye imodoka ndetse no kwambara ingofero (Casquet) zagenewe abagenda kuri moto.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

BREAKING: Pudence Rubingisa yahinduriwe inshingano,…-Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo aba Perezidansi

Next Post

Cameroon: Nyuma y’irekurwa ry’abakekwaho kwica umunyamakuru w’ikirangirire Perezida yakoze icyagaragaye nk’utarabyishimiye

Related Posts

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

IZIHERUKA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Cameroon: Nyuma y’irekurwa ry’abakekwaho kwica umunyamakuru w’ikirangirire Perezida yakoze icyagaragaye nk’utarabyishimiye

Cameroon: Nyuma y’irekurwa ry’abakekwaho kwica umunyamakuru w’ikirangirire Perezida yakoze icyagaragaye nk’utarabyishimiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.