Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagabo bakubye gatantatu abagore: Iby’ingenzi ku Rwanda muri raporo y’abahitanwa n’impanuka ku Isi

radiotv10by radiotv10
15/12/2023
in MU RWANDA
0
Abagabo bakubye gatantatu abagore: Iby’ingenzi ku Rwanda muri raporo y’abahitanwa n’impanuka ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ku mpanuka zo mu muhanda muri 2023, igaragaza ko habayeho igabanuka ry’umubare w’abahitanwa na zo mu Rwanda, kandi umubare w’abagabo ukaba ari munini ugereranyije n’abagore.

Iyi mibare yagiye hanze muri iki cyumweru, igaragaza ko abahitanwa n’impanuka mu Rwanda, bavuye ku bantu 15 bagakera kuri 12 bagwa mu mpanuka zo mu muhanda ibihumbi 100 ku mwaka.

Iyi raporo isohotse ku nshuro ya gatanu kuva muri 2009, yagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Ukuboza 2023.

Igaragaza ko muri 2018 mu Rwanda hapfuye abantu 593 bazize impanuka zo mu muhanda, ubwo u Rwanda rwari rutuwe n’abantu miliyoni 11,92, mu gihe muri 2021 hapfuye abantu 655 ariko umubare w’Abanyarwanda warageze kuri miliyoni 13,46; mu gihe kandi muri iyo myaka, umubare w’ibinyabiziga wavuye kuri 180 140 ukagera kuri 270 600.

Iyi raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye, igaragaza kandi ko umubare w’abagabo bahitanywe n’impanuka zo mu muhanda mu Rwanda ukubye uw’abagore inshuro zirenga 6, kuko abagabo ari 86,2% mu gihe abagore ari 13,8%.

Igaragaza ko mu Rwanda habayeho intambwe nziza ku bipimo by’igabanuka ry’imibare y’abahitanwa n’impanuka zo mu muhanda, ibizwi nka Confidence Interval (CI).

Ugereranyije n’iyi myaka ya 2018 na 2023, ibipimo bya CI, imibare y’impfu ziterwa n’impanuka zo mu muhanda, yavuye kuri 662 muri 2018 igera kuri 555 muri 2023.

Iri gabanuka ry’izi mpfu ziterwa n’impanuka zo mu muhanda, rishingira ku ngamba zashyizweho na Leta y’u Rwanda kuva muri 2018, nko gushyiraho utugabanyamuvuduko (speed governor) mu modoka zitwara abagenzi ndetse n’ubukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’ bukomeje kugira uruhare mu kugabanya impanuka zo mu muhanda mu Rwanda.

Imibare ya Polisi y’u Rwanda, igaragaza ko hagati y’ukwezi kwa Mutarama (01) 2020 n’Ugushyingo 2022, mu Rwanda habaye impanuka zo mu muhanda 21 459, zirimo izigera mu 4 000 zabaye muri 2022, izindi 8 000 ziba muri 2021, ndetse na 8 500 zabaye muri 2022.

 

Ku isi byifashe gute?

Iyi raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, igaragaza ko muri 2021 habayeho impfu z’abantu miliyoni 1,19 zatewe n’impanuka zo mu muhanda, aho habayeho igabanuka rya 5% kuko muri 2010 zari zahitanye miliyoni 1,25.

Iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye, rivuga ko ibihugu birenga 1/2 by’ibinyamuryango, byagaragayemo igabanuka ry’impfu ziterwa n’impanuka zo mu muhanda hagati ya 2010 na 2021.

María Seguí-Gómez, wayoboye ikorwa ry’iyi raporo, yagize ati “Habayeho igabanuka rishimishije nubwo ibinyabiziga bibarwa ku Isi byikubye hafi kabiri, ariko imihanda yagiye yongerwa ndetse n’umubare w’abatuye isi wiyongereyeho hafi miliyari imwe.”

Yavuze ko “Ingamba zo kongera umutekano wo mu muhanda ziri gutanga umusaruro ariko turacyafite byinshi go gukora kugira ngo tugere ku ntego y’Umuryango w’Abibumbye y’ikinyacumi aho kuva muri 2021 kugeza muri 2030, tuzaba twaragabanyije kuri 1/2 cy’impfu ziterwa n’impantu zo mu muhanda.”

Umuryango w’Abibumbye uvuga ko nubwo nta rukingo rw’impanuka ruriho, ariko hari ibishobora gukorwa kugira ngo zigabanuke ndetse n’impfu ziterwa na zo zigabanuke, zirimo ubukangurambaga no kwigisha abantu gukoresha ibyabarinda, birimo kwambara imikandara mu gihe batwaye imodoka ndetse no kwambara ingofero (Casquet) zagenewe abagenda kuri moto.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 9 =

Previous Post

BREAKING: Pudence Rubingisa yahinduriwe inshingano,…-Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo aba Perezidansi

Next Post

Cameroon: Nyuma y’irekurwa ry’abakekwaho kwica umunyamakuru w’ikirangirire Perezida yakoze icyagaragaye nk’utarabyishimiye

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Cameroon: Nyuma y’irekurwa ry’abakekwaho kwica umunyamakuru w’ikirangirire Perezida yakoze icyagaragaye nk’utarabyishimiye

Cameroon: Nyuma y’irekurwa ry’abakekwaho kwica umunyamakuru w’ikirangirire Perezida yakoze icyagaragaye nk’utarabyishimiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.