Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abagabo na bo bagiye kujya baboneza urubyaro bakoresheje ibinini

radiotv10by radiotv10
17/02/2023
in AMAHANGA
0
Abagabo na bo bagiye kujya baboneza urubyaro bakoresheje ibinini
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi ku binini byo guhagarika ko intanga-ngabo zihura n’intanga-ngore mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina, mu rwego rwo kuboneza urubyaro ku bagabo, buratanga icyizere nkuko byatangajwe n’abari kubukora.

Bikubiye mu nyigo yatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Gashyantare 2023, ku bushakashatsi buri gukorwa ku kuboneza urubyaro ku bagabo.

Ubu buryo bushya bwo kuboneza urubyaro ku bagabo, ni ubwo kwifashisha ibinini, umugabo ashobora kunywa mbere yuko akora imibonano mpuzabitsina, bigatuma intanga zabo zitajya guhura n’intangangore.

Ubusanzwe abagabo bakoreshaga uburyo burimo ubwo gukoresha agakingirizo ndetse n’ubwo bwo guca imitsi yo ku bugabo (buzwi nka Vasectomie).

Ubu buryo bwombi bugiye kunganirwa n’ubu bwo gukoresha ibinini busanzwe bukoreshwa n’abagore mu rwego rwo gukumira ko habaho gusama.

Ibi binini bizafasha abagabo kuboneza urubyaro, bizajya binyobwa n’umugabo mbere y’igihe gito kugira ngo akore imibonano mpuzabitsina kandi akaba afite amasaha abiri ashobora gukora imibonano mpuzabitsina adashobora gutera inda.

Binavugwa ko ibi binini bitazajya bigira ingaruka ku mubiri w’umuntu wabinyoye kuko mu gihe cy’amasaha 24 nta ngaruka na nke azajya abona.

Abari gukora ubushakashatsi buri gukorerwa ku mbeba, bavuga ko aho bugeze butanga icyizere ko buzagera ku ntego yabwo, bavuga ko hari ibigikenewe kugira ngo bwemezwe.

Abahanga bari gukora ubushakashatsi bavuga ko igerageza ryakorewe ku mbeba, bugaragaza ko mu masaha abiri akurikira imibonano mpuzabitsina, umugabo aba afite amahirwe 100% yo kudatera inda, mu gihe mu masaha atatu haba hari amahirwe 91% naho mu masaha 24 intanga zigatangira gukora nkuko bisanzwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibiganiro bikomeye bizanagaruka ku bya Congo

Next Post

Tshisekedi nawe yageze muri Ethiopia mu nama yanitabiriwe na Perezida Kagame

Related Posts

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushimangira umugambi we wo guhagarika no kugabanya cyane abimukira baturuka...

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

by radiotv10
29/11/2025
0

Gen. Abdel Fattah al-Burhan Abdelrahman al-Burhan ukuriye ingabo z'Igihugu cya Sudan, yatakambiye Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za...

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

by radiotv10
29/11/2025
0

Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko agiye guhagarika gahunda yo kwakira abaturage bava mu Bihugu bikennye...

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
29/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

IZIHERUKA

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America
AMAHANGA

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

01/12/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi nawe yageze muri Ethiopia mu nama yanitabiriwe na Perezida Kagame

Tshisekedi nawe yageze muri Ethiopia mu nama yanitabiriwe na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.