Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

radiotv10by radiotv10
22/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije
Share on FacebookShare on Twitter

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo abahawe amasomo yo guteka, bavuga ko bajyanye icyizere gihagije ku isoko ry’umurimo.

Kuri uyu wa Gatanu ni bwo Kaminuza ya EAUR yatanze impamyabushobozi 340 ku batetsi (Chef de Cuisine) 228 n’abacunga ububiko (Stock Managers) 112 bigiye ku murimo.

Umuyobozi ushinzwe ubushakashatsi muri EAUR, Dr. Mbonimana Gamariel akaba ari na we wayoboye ibi bikorwa, avuga ko babateguriye ibizamini bitandukanye mu myuga bigiye ku murimo, barabikora barabitsinda niko guhabwa impamyabushobozi (Certificate).

Aragira ati: “Ntabwo twigeze tubigisha, ahubwo twabakoresheje ibizamini duhereye ku bushobozi bagakwiye kuba bafite kuko aba ari abantu bakoze akazi neza, bafite ubushobozi, ubunararibonye ariko nta mpamyabushobozi bagiraga.”

Aba baravuga ko iyi mpamyabushobozi babonye ibongereye kwigirira icyizere no kuba bayerekana aho bayisaba mu gihe bagiye gushaka akazi.

Uwitwa Thicien Mbangukira aragira ati: “Impamyabushobozi nahawe iri ku rwego rwa Kaminuza, bivuze ko ndi kugenda nzamuka kandi izatuma njya gushaka akazi nkakabona kuko mfite iyi mpamyabushobozi kubera ko bazaba bangiriye icyizere.”

Umuyobozi wa Kaminuza ya EAUR, Prof. Kabera Callixte avuga ko aba bahawe impamyabushobozi bari bagowe no kutabona akandi kazi ahandi kuko nta cyangombwa bari bafite.

Aragira ati: “Babaga mu kazi mu buryo busa n’ubutemewe kubera kutagira impamyabushobozi, ariko ni abantu bari basanzwe bazi akazi, bazi gukora neza ariko byabagoraga kuva ahantu hamwe bakajya ahandi kuko nta cyangombwa.”

Gutanga impamyabushobozi ni gahunda ya Leta y’u Rwanda yashyizemo imbaraga kugira ngo abigiye ku murimo nabo bakoreshwe ibizamini, nibatsinda bahabwe impamyabushobozi zizahamya ubushobozi bafite.

Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Amashuri y’Imyuga n’Ubumenyingiro ushinzwe guteza imbere ubumenyingiro, Bwana Eugene Uwimana, avuga ko kuva iyi gahunda yo gutanga izi mpamyabushobozi ibayeho imaze gutanga umusaruro kuko umubare munini wabonye akazi, abandi bakihangira umurimo.

Aragira ati: “Imibare dufite uyu munsi, twagiye tubona abantu banyuze muri izi gahunda ari abigishirijwe ku murimo bahereye kuri zeru nta kintu bazi, nuko byibura 84% babonye akazi harimo 13.7% bashoboye kwihangira umurimo. Biragaragara ko biri gutanga umusaruro.”

Kaminuza ya EAUR irateganya kongera umubare w’abo izaha impamyabushobozi bigiye ku murimo mu bihe biri imbere.

Kuva mu mwaka wa 2017, kuva iyi gahunda yo gutanga impamyabushobozi ku bigiye ku murimo yatangira, hamaze gutangwa impamyabushobozi 23,296. Leta y’u Rwanda ikaba ifite intego yo kongera uyu mubare ukagera ku bihumbi 70 mu mwaka wa 2019.

Abahawe impamyabushobozi bashimye ubumenyi bahawe
Dr.Mbonimana Gamariel
Prof.Kabera Callixte

NTAMBAGA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 9 =

Previous Post

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Next Post

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.