Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abahinzi bariraga ayo kwarika bagarutsweho na Perezida Kagame ubu bari kumwenyura

radiotv10by radiotv10
19/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Abahinzi bariraga ayo kwarika bagarutsweho na Perezida Kagame ubu bari kumwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’Umuceri bo mu Kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi, bari bamaze iminsi barira ayo kwarika kubera umusaruro wabo wari umaze igihe ku mbuga warabuze isoko, ubu bari mu byishimo kuko watangiye kugurwa, nyuma y’uko Perezida Paul Kagame abigarutseho, bakavuga ko yongeye kubera ko n’iyi manda agitangira azakomeza kubasubiza ibibazo byabo.

Aba bahinzi, ni abo mu Mirenge ya Nyakabuye, Muganza na Bugarama mu Karere ka Rusizi, bari baherutse kubwira RADIOTV10 ko bari mu gahinda ko kuba umusaruro wabo wari umaze amezi abiri uri kwangirikira ku mbuga kuko wari warabuze isoko.

Ni inkuru yatambutse ku Bitangazamakuru bya RADIOTV10 birimo n’Urubuga rwayo, aho aba baturage, bavugaga ko byajyaga bigeza iki gihe umusaruro wabo waraguzwe, ndetse baratangiye guhinga undi muceri, mu gihe bavugaga ko babuze amafaranga yo kugira ngo bongere bahinge.

Mu cyumweru gishize, ubwo Perezida Paul Kagame yakiraga indahiro za Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente n’Aabadepite, yagarutse kuri iki kibazo, avuga ko yakimenye akibonye ku mbuga nkoranyambaga.

Perezida Kagame yavuze ko ubwo yamenyaga iki kibazo, yahamagaye abayobozi bari mu nshingano zo kuba bakemura iki kibazo, agasanga barakizi ariko ntacyo bagikozeho.

Yagize ati “Ngiye gusanga nsanga uwari Minisitiri w’Ubuhinzi, uwari Minisitiri w’Ubucuruzi arabizi, uw’Ubutegetsi bw’Igihugu ngira ngo byari biri aho, arabizi ntabizi biri aho hagati.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko ibi bitumvikana kuba abayobozi bari bazi iki kibazo ariko bataragishakiye umuti, nyamara cyari gutuma abaturage bacika intege, ku buryo byazagira ingaruka ku buhinzi mu bihe biri imbere, nyamara ubuyobozi buhora bubashishikariza guhinga.

 

Ubu barabyinira ku rukoma

Nyuma y’iminsi itatu gusa Perezida Paul Kagame agarutse kuri iki kibazo, abaturage batangiye kugurirwa uyu musaruro w’umuceri wabo ungana na toni enye, ibintu byashimishihe aba bahinzi, banashimira Umukuru w’Igihugu cyabo baherutse no kwitorera, none mu ntangiro ya manda ye, akaba abakoreye igikorwa cyabanyuze umutima.

Umwe ati “Twari twarihebye pe, twumva ko wenda ibyo dukora nta gaciro bifite, tukumva ko umuhinzi ntacyo amaze, ariko icyizere umubyeyi [Perezida Kagame] aduhaye, natwe ntituzigera dutezuka, nta n’uzagihungabanya duhari.”

Aba baturage bavuga ko bari batangiye kugirwaho ingaruka no kuba uyu musaruro wabo wari warabuze isoko, none ubu bakaba bishimiye ko bagiye gukemura ibibazo byari bimaze iminsi bibaraza amajoro.

Undi ati “Bajyaga baza kudukomangira nijoro ngo twishyure mituweli, tukibaza aho mituweli tuyikura bikatuyobera. Mana ahubwo n’imbuto buracya njya kuyireba, nzafumbire.”

Aba baturage bavuga ko batabona uko bashimira Perezida Paul Kagame watumye iki kibazo gikemuka, uretse gusa kuba na bo bazakomeza kumufasha mu kuzuza inshingano ze nk’uko babimusezeranyije mu bihe byo kwiyamamaza biherutse kubaho.

Undi muturage ati “Imana imuhe umugisha kuko intego zose n’igenamigambi ategura, abishyira mu bikorwa ku gihe, atangiranye natwe neza yumva amarira yacu n’ibyo twamusabye akatwumvira ku gihe.”

Uyu musaruro w’umuceri w’abaturage wari wabuze isoko, biteganyijwe ko ibyumweru bibiri bizashira wamaze kugurwa wose, aho uri kugurwa ku bufatanye bw’ikigo cya East Africa Exchange ndetse n’inganda ebyiri zisanzwe zitonora umuceri zo muri iki Kibaya cya Bugarama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 5 =

Previous Post

Rusizi: Igisobanuro cy’Ubuyobozi ku byo abaturage babazwa bikabasiga mu rujijo

Next Post

Muri muzika nyarwanda havutse itsinda risa n’irisanzwe riwuzwimo

Related Posts

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

IZIHERUKA

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka
IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri muzika nyarwanda havutse itsinda risa n’irisanzwe riwuzwimo

Muri muzika nyarwanda havutse itsinda risa n’irisanzwe riwuzwimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.