Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abahinzi bariraga ayo kwarika bagarutsweho na Perezida Kagame ubu bari kumwenyura

radiotv10by radiotv10
19/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Abahinzi bariraga ayo kwarika bagarutsweho na Perezida Kagame ubu bari kumwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’Umuceri bo mu Kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi, bari bamaze iminsi barira ayo kwarika kubera umusaruro wabo wari umaze igihe ku mbuga warabuze isoko, ubu bari mu byishimo kuko watangiye kugurwa, nyuma y’uko Perezida Paul Kagame abigarutseho, bakavuga ko yongeye kubera ko n’iyi manda agitangira azakomeza kubasubiza ibibazo byabo.

Aba bahinzi, ni abo mu Mirenge ya Nyakabuye, Muganza na Bugarama mu Karere ka Rusizi, bari baherutse kubwira RADIOTV10 ko bari mu gahinda ko kuba umusaruro wabo wari umaze amezi abiri uri kwangirikira ku mbuga kuko wari warabuze isoko.

Ni inkuru yatambutse ku Bitangazamakuru bya RADIOTV10 birimo n’Urubuga rwayo, aho aba baturage, bavugaga ko byajyaga bigeza iki gihe umusaruro wabo waraguzwe, ndetse baratangiye guhinga undi muceri, mu gihe bavugaga ko babuze amafaranga yo kugira ngo bongere bahinge.

Mu cyumweru gishize, ubwo Perezida Paul Kagame yakiraga indahiro za Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente n’Aabadepite, yagarutse kuri iki kibazo, avuga ko yakimenye akibonye ku mbuga nkoranyambaga.

Perezida Kagame yavuze ko ubwo yamenyaga iki kibazo, yahamagaye abayobozi bari mu nshingano zo kuba bakemura iki kibazo, agasanga barakizi ariko ntacyo bagikozeho.

Yagize ati “Ngiye gusanga nsanga uwari Minisitiri w’Ubuhinzi, uwari Minisitiri w’Ubucuruzi arabizi, uw’Ubutegetsi bw’Igihugu ngira ngo byari biri aho, arabizi ntabizi biri aho hagati.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko ibi bitumvikana kuba abayobozi bari bazi iki kibazo ariko bataragishakiye umuti, nyamara cyari gutuma abaturage bacika intege, ku buryo byazagira ingaruka ku buhinzi mu bihe biri imbere, nyamara ubuyobozi buhora bubashishikariza guhinga.

 

Ubu barabyinira ku rukoma

Nyuma y’iminsi itatu gusa Perezida Paul Kagame agarutse kuri iki kibazo, abaturage batangiye kugurirwa uyu musaruro w’umuceri wabo ungana na toni enye, ibintu byashimishihe aba bahinzi, banashimira Umukuru w’Igihugu cyabo baherutse no kwitorera, none mu ntangiro ya manda ye, akaba abakoreye igikorwa cyabanyuze umutima.

Umwe ati “Twari twarihebye pe, twumva ko wenda ibyo dukora nta gaciro bifite, tukumva ko umuhinzi ntacyo amaze, ariko icyizere umubyeyi [Perezida Kagame] aduhaye, natwe ntituzigera dutezuka, nta n’uzagihungabanya duhari.”

Aba baturage bavuga ko bari batangiye kugirwaho ingaruka no kuba uyu musaruro wabo wari warabuze isoko, none ubu bakaba bishimiye ko bagiye gukemura ibibazo byari bimaze iminsi bibaraza amajoro.

Undi ati “Bajyaga baza kudukomangira nijoro ngo twishyure mituweli, tukibaza aho mituweli tuyikura bikatuyobera. Mana ahubwo n’imbuto buracya njya kuyireba, nzafumbire.”

Aba baturage bavuga ko batabona uko bashimira Perezida Paul Kagame watumye iki kibazo gikemuka, uretse gusa kuba na bo bazakomeza kumufasha mu kuzuza inshingano ze nk’uko babimusezeranyije mu bihe byo kwiyamamaza biherutse kubaho.

Undi muturage ati “Imana imuhe umugisha kuko intego zose n’igenamigambi ategura, abishyira mu bikorwa ku gihe, atangiranye natwe neza yumva amarira yacu n’ibyo twamusabye akatwumvira ku gihe.”

Uyu musaruro w’umuceri w’abaturage wari wabuze isoko, biteganyijwe ko ibyumweru bibiri bizashira wamaze kugurwa wose, aho uri kugurwa ku bufatanye bw’ikigo cya East Africa Exchange ndetse n’inganda ebyiri zisanzwe zitonora umuceri zo muri iki Kibaya cya Bugarama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Rusizi: Igisobanuro cy’Ubuyobozi ku byo abaturage babazwa bikabasiga mu rujijo

Next Post

Muri muzika nyarwanda havutse itsinda risa n’irisanzwe riwuzwimo

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri muzika nyarwanda havutse itsinda risa n’irisanzwe riwuzwimo

Muri muzika nyarwanda havutse itsinda risa n’irisanzwe riwuzwimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.