Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bibukijwe intego ikomeye yiyemejwe n’ibyo bakeneweho

radiotv10by radiotv10
04/12/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bibukijwe intego ikomeye yiyemejwe n’ibyo bakeneweho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yibukije abakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ko Guverinoma y’u Rwanda yihaye intego ko muri 2029 buzaba bwinjiriza Igihugu Miliyari 2,17 $ avuye kuri 1,1 $, anabagaragariza ibyo bagomba gukora kugira ngo bigerweho.

Minisitiri Dr. Ngirente yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Ukuboza 2024, ubwo yatangizaga ku mugaragaro icyumweru cyahariwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda.

Yagize ati “Ku bijyanye n’ubucuruzi, Guverinoma yiyemeje kongera agaciro k’umusaruro ukomoka ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro yohereza mu mahanga. Intego dufite murazizi, ni ukongera amafaranga abiturukamo cyane cyane tubivana kuri miliyari 1,1 ya America twari turiho, tukabigeza nibura kuri miliyari 2,17 bitarenze umwaka wa 2029.”

Yavuze ko kugira ngo ibi bizagerweho bisaba ko Guverinoma y’u Rwanda guteza imbere uyu mwuga w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro “bukarushaho gukorwa kinyamwuga kandi hakubahirizwa amategeko abugenga, ntibwangize ibidukikije, ndetse bukagira icyo bumarira ababukoramo.”

Ati “Turasabwa kandi kongerera agaciro ibikorerwa hano imbere mu Gihugu cyacu kuko iyo tubigurishije hanze byongerewe agaciro, birushaho kugirira akamaro Igihugu natwe tubikoramo.”

Yakomeje agira ati “Muri ibi byose, Leta ntiyabigeraho yonyine, ni yo mpamvu umusanzu wa buri wese ukenewe.”

Dr Ngirenge kandi yavuze ko hari icyizere ko uruhare rutegerejwe mu bakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bazarutanga, kuko bakomeje kongererwa ubushobozi byumwihariko mu guhabwa ubumenyi butuma baza mu bacukuzi ba nyabo.

Ati “Iyi ni intambwe ikomeye mu guteza imbere umwuga w’ubucukuzi. Twizeye ko impamyabushobozi bagenda bahabwa zizajya zibafasha kurushaho kuba abanyamwuga no gutanga umusaruro wisumbuye.”

Muri iki cyumweru cyahariwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, hateganyijwemo ibikorwa binyuranye, birimo kugaragaza amabuye acukurwa mu Rwanda, ndetse n’ireme ryayo.

PM Ngirente yabanje gusura ibikorwa biri kumurikwa
Hari kumurikwa ubwoko bw’amabuye acukurwa mu Rwanda
Na Zahabu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Ni iki kijyanye Tshisekedi muri Angola mbere y’iminsi micye ngo ahahurire na Perezida Kagame?

Next Post

Amateka yiyanditse muri Afurika ikindi Gihugu kibona Perezida w’umugore

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amateka yiyanditse muri Afurika ikindi Gihugu kibona Perezida w’umugore

Amateka yiyanditse muri Afurika ikindi Gihugu kibona Perezida w’umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.