Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bibukijwe intego ikomeye yiyemejwe n’ibyo bakeneweho

radiotv10by radiotv10
04/12/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bibukijwe intego ikomeye yiyemejwe n’ibyo bakeneweho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yibukije abakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ko Guverinoma y’u Rwanda yihaye intego ko muri 2029 buzaba bwinjiriza Igihugu Miliyari 2,17 $ avuye kuri 1,1 $, anabagaragariza ibyo bagomba gukora kugira ngo bigerweho.

Minisitiri Dr. Ngirente yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Ukuboza 2024, ubwo yatangizaga ku mugaragaro icyumweru cyahariwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda.

Yagize ati “Ku bijyanye n’ubucuruzi, Guverinoma yiyemeje kongera agaciro k’umusaruro ukomoka ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro yohereza mu mahanga. Intego dufite murazizi, ni ukongera amafaranga abiturukamo cyane cyane tubivana kuri miliyari 1,1 ya America twari turiho, tukabigeza nibura kuri miliyari 2,17 bitarenze umwaka wa 2029.”

Yavuze ko kugira ngo ibi bizagerweho bisaba ko Guverinoma y’u Rwanda guteza imbere uyu mwuga w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro “bukarushaho gukorwa kinyamwuga kandi hakubahirizwa amategeko abugenga, ntibwangize ibidukikije, ndetse bukagira icyo bumarira ababukoramo.”

Ati “Turasabwa kandi kongerera agaciro ibikorerwa hano imbere mu Gihugu cyacu kuko iyo tubigurishije hanze byongerewe agaciro, birushaho kugirira akamaro Igihugu natwe tubikoramo.”

Yakomeje agira ati “Muri ibi byose, Leta ntiyabigeraho yonyine, ni yo mpamvu umusanzu wa buri wese ukenewe.”

Dr Ngirenge kandi yavuze ko hari icyizere ko uruhare rutegerejwe mu bakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bazarutanga, kuko bakomeje kongererwa ubushobozi byumwihariko mu guhabwa ubumenyi butuma baza mu bacukuzi ba nyabo.

Ati “Iyi ni intambwe ikomeye mu guteza imbere umwuga w’ubucukuzi. Twizeye ko impamyabushobozi bagenda bahabwa zizajya zibafasha kurushaho kuba abanyamwuga no gutanga umusaruro wisumbuye.”

Muri iki cyumweru cyahariwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, hateganyijwemo ibikorwa binyuranye, birimo kugaragaza amabuye acukurwa mu Rwanda, ndetse n’ireme ryayo.

PM Ngirente yabanje gusura ibikorwa biri kumurikwa
Hari kumurikwa ubwoko bw’amabuye acukurwa mu Rwanda
Na Zahabu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Ni iki kijyanye Tshisekedi muri Angola mbere y’iminsi micye ngo ahahurire na Perezida Kagame?

Next Post

Amateka yiyanditse muri Afurika ikindi Gihugu kibona Perezida w’umugore

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amateka yiyanditse muri Afurika ikindi Gihugu kibona Perezida w’umugore

Amateka yiyanditse muri Afurika ikindi Gihugu kibona Perezida w’umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.