Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abana bari kwibana nyuma y’ifungwa ry’ababyeyi babo barimo uwafungiwe impamvu itavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
26/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
3
Abana bari kwibana nyuma y’ifungwa ry’ababyeyi babo barimo uwafungiwe impamvu itavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abana babiri bato b’umuryango wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, bari kwibana bonyine nyuma yuko ababyeyi babo bombi bafunzwe, aho uherutse gufungwa ari mama wabo wafunzwe azira amafaranga 1,000 Frw y’umutekano yari yabuze nkuko bivugwa n’abaturanyi, mu gihe ubuyobozi buvuga ko yafungiwe kurwana.

Aba bana bo mu Mudugudu wa Kawuhunde mu Kagari ka Kagugu barimo uw’imyaka 12 n’undi w’irindwi, umunyamakuru wa RADIOTV10 yabasanze mu nzu nto y’icyumba kimwe na salo ubwo bari bavuye ku ishuri bagera mu rugo ntibabone icyo bashyira mu nda.

Uyu w’imyaka 12 wabaye nk’ufata inshingano z’umubyeyi kuko ubu ari we uri kurera umuvandimwe we, yavuze ko Se ubabyara agiye kumara ukwezi kumwe afungiye kurwana.

Naho ko nyina wabo we agiye kumara icyumweru kimwe atawe muri yombi ngo we azira kudatanga amafaranga igihumbi (1 000Frw), none bikomeje kubagiraho ingaruka mu mibereho.

Uyu mwana mukuru w’umukobwa yagize ati “Bamufunze ari nijoro. Nyine turya byagoranye hari igihe tunaburara tukanabwirirwa.”

Abaturanyi b’uyu muryango na bo bemeza ko nyina w’aba bana, yafunzwe azira kutabona amafaranga igihumbi (1 000) y’umusanzu w’umutekano.

Umwe ati “Bamufashe tunari kumwe, bamufatira yuko ngo atishyuye umutekano. Baje kwishyuza igihumbi, akibuze, baramujyana.”

Aba baturanyi bavuga ko bashengurwa n’imibereho y’aba bana babayemo muri iyi minsi, kuko n’ubusanzwe umuryango wabo wabagaho utunzwe no guca incuro.

Umuturanyi umwe ati “Abana nta kuntu bafite babaho, dore n’ubu harafunze ntawuzi aho bari.”

Umwe muri aba baturanyi uvuga ko anyuzamo agaha aba bana icyo kurya, avuga ko na we nta bushobozi afite kuko n’abana be kubabonera icyo barya biba ari ihurizo, asaba ko umubyeyi wabo yafungurwa cyangwa ubuyobozi bukaba bwamwunganira mu kwita kuri aba bana.

Ati “Rimwe na rimwe hari igihe mbura amafaranga n’ejo ntibariye. Bariye saa tatu z’ijoro guhera ejo mu gitondo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinyinya, Vuguziga Charles yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo batari bakizi ariko ko nyuma yo kukimenya bahise bavugana n’abo mu muryango w’aba bana kugira ngo ube ubitaho ku buryo n’iyo haboneka ubufasha, bwanyuzwa muri uyu muryango.

Icyakora yahakanye impamvu yatangazwaga ko yatumye uriya mubyeyi wabo afungwa, akavuga ko yaba nyina w’aba bana ndetse na se; bombi bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’urugomo.

Ati “Se yafungiwe kubera gukubita no gukomeretsa, nyina na we yararwanye na we baramufunga, bamufungiye umutekano mucye.”

 

INKURU MU MASHUSHO

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Comments 3

  1. Alice says:
    2 years ago

    Aba bana nibo bari kuba victim yibibazo bya babyeyi babo niba umwe muba byeyi babo adafite icyaha gikomeye kuburyo byagera aho abana babirenganiramo bamufungure yite ku bana rwose kuko biri kubasubiza inyuma mu myigire yabo ntakuntu umwana azajya mu ishuri ngo yige neza kd atecyereza ko barumuna be ari butahe ntabone icyo abagaburira,so mugerageze rwose bayobozi abo baziranenge barenganurwe.

    Reply
  2. MAYANJA says:
    2 years ago

    ARIKO NJYEWE UBU BYANCANZE PE KU GIHE BANDITSE NGO MAMA WABO YAZIZE IBIYOBYABWENGE NONE HANO NGO NURUGOMO AMAKURU NYAYOSE UBWO UMUNTU AFATA NAYAHE AHA NGO NINDAYA NONE SINZI PE

    Reply
  3. Rod says:
    2 years ago

    Umunyamabanga Vuguziga Charles yavuze ko ikibazo atarakizi ko agiye kureba uko abana bafashwa. Ariko arangije ahakanye icyo uwo mu maman ababibonye bavuga ko yazize 🤣 Nonese ko atarazi case, icyo afungiwe cyo akibwiwe n’iki?? Imana ikomeze ifashe abo bana. Kdi ikibazo gikemurwe mu maguru mashya.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Kitshanga: Rwakomeje kwambikana hagati ya FARDC na M23

Next Post

U Rwanda rwamaganye itangazo ry’iricurano ririmo amakuru y’igikuba ko abasirikare badasanzwe ba Congo barwinjiriye

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwamaganye itangazo ry’iricurano ririmo amakuru y’igikuba ko abasirikare badasanzwe ba Congo barwinjiriye

U Rwanda rwamaganye itangazo ry’iricurano ririmo amakuru y’igikuba ko abasirikare badasanzwe ba Congo barwinjiriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.