Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abana bari kwibana nyuma y’ifungwa ry’ababyeyi babo barimo uwafungiwe impamvu itavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
26/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
3
Abana bari kwibana nyuma y’ifungwa ry’ababyeyi babo barimo uwafungiwe impamvu itavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abana babiri bato b’umuryango wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, bari kwibana bonyine nyuma yuko ababyeyi babo bombi bafunzwe, aho uherutse gufungwa ari mama wabo wafunzwe azira amafaranga 1,000 Frw y’umutekano yari yabuze nkuko bivugwa n’abaturanyi, mu gihe ubuyobozi buvuga ko yafungiwe kurwana.

Aba bana bo mu Mudugudu wa Kawuhunde mu Kagari ka Kagugu barimo uw’imyaka 12 n’undi w’irindwi, umunyamakuru wa RADIOTV10 yabasanze mu nzu nto y’icyumba kimwe na salo ubwo bari bavuye ku ishuri bagera mu rugo ntibabone icyo bashyira mu nda.

Uyu w’imyaka 12 wabaye nk’ufata inshingano z’umubyeyi kuko ubu ari we uri kurera umuvandimwe we, yavuze ko Se ubabyara agiye kumara ukwezi kumwe afungiye kurwana.

Naho ko nyina wabo we agiye kumara icyumweru kimwe atawe muri yombi ngo we azira kudatanga amafaranga igihumbi (1 000Frw), none bikomeje kubagiraho ingaruka mu mibereho.

Uyu mwana mukuru w’umukobwa yagize ati “Bamufunze ari nijoro. Nyine turya byagoranye hari igihe tunaburara tukanabwirirwa.”

Abaturanyi b’uyu muryango na bo bemeza ko nyina w’aba bana, yafunzwe azira kutabona amafaranga igihumbi (1 000) y’umusanzu w’umutekano.

Umwe ati “Bamufashe tunari kumwe, bamufatira yuko ngo atishyuye umutekano. Baje kwishyuza igihumbi, akibuze, baramujyana.”

Aba baturanyi bavuga ko bashengurwa n’imibereho y’aba bana babayemo muri iyi minsi, kuko n’ubusanzwe umuryango wabo wabagaho utunzwe no guca incuro.

Umuturanyi umwe ati “Abana nta kuntu bafite babaho, dore n’ubu harafunze ntawuzi aho bari.”

Umwe muri aba baturanyi uvuga ko anyuzamo agaha aba bana icyo kurya, avuga ko na we nta bushobozi afite kuko n’abana be kubabonera icyo barya biba ari ihurizo, asaba ko umubyeyi wabo yafungurwa cyangwa ubuyobozi bukaba bwamwunganira mu kwita kuri aba bana.

Ati “Rimwe na rimwe hari igihe mbura amafaranga n’ejo ntibariye. Bariye saa tatu z’ijoro guhera ejo mu gitondo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinyinya, Vuguziga Charles yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo batari bakizi ariko ko nyuma yo kukimenya bahise bavugana n’abo mu muryango w’aba bana kugira ngo ube ubitaho ku buryo n’iyo haboneka ubufasha, bwanyuzwa muri uyu muryango.

Icyakora yahakanye impamvu yatangazwaga ko yatumye uriya mubyeyi wabo afungwa, akavuga ko yaba nyina w’aba bana ndetse na se; bombi bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’urugomo.

Ati “Se yafungiwe kubera gukubita no gukomeretsa, nyina na we yararwanye na we baramufunga, bamufungiye umutekano mucye.”

 

INKURU MU MASHUSHO

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Comments 3

  1. Alice says:
    3 years ago

    Aba bana nibo bari kuba victim yibibazo bya babyeyi babo niba umwe muba byeyi babo adafite icyaha gikomeye kuburyo byagera aho abana babirenganiramo bamufungure yite ku bana rwose kuko biri kubasubiza inyuma mu myigire yabo ntakuntu umwana azajya mu ishuri ngo yige neza kd atecyereza ko barumuna be ari butahe ntabone icyo abagaburira,so mugerageze rwose bayobozi abo baziranenge barenganurwe.

    Reply
  2. MAYANJA says:
    3 years ago

    ARIKO NJYEWE UBU BYANCANZE PE KU GIHE BANDITSE NGO MAMA WABO YAZIZE IBIYOBYABWENGE NONE HANO NGO NURUGOMO AMAKURU NYAYOSE UBWO UMUNTU AFATA NAYAHE AHA NGO NINDAYA NONE SINZI PE

    Reply
  3. Rod says:
    3 years ago

    Umunyamabanga Vuguziga Charles yavuze ko ikibazo atarakizi ko agiye kureba uko abana bafashwa. Ariko arangije ahakanye icyo uwo mu maman ababibonye bavuga ko yazize 🤣 Nonese ko atarazi case, icyo afungiwe cyo akibwiwe n’iki?? Imana ikomeze ifashe abo bana. Kdi ikibazo gikemurwe mu maguru mashya.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 17 =

Previous Post

Kitshanga: Rwakomeje kwambikana hagati ya FARDC na M23

Next Post

U Rwanda rwamaganye itangazo ry’iricurano ririmo amakuru y’igikuba ko abasirikare badasanzwe ba Congo barwinjiriye

Related Posts

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

IZIHERUKA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha
MU RWANDA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwamaganye itangazo ry’iricurano ririmo amakuru y’igikuba ko abasirikare badasanzwe ba Congo barwinjiriye

U Rwanda rwamaganye itangazo ry’iricurano ririmo amakuru y’igikuba ko abasirikare badasanzwe ba Congo barwinjiriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.