Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abana bari kwibana nyuma y’ifungwa ry’ababyeyi babo barimo uwafungiwe impamvu itavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
26/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
3
Abana bari kwibana nyuma y’ifungwa ry’ababyeyi babo barimo uwafungiwe impamvu itavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abana babiri bato b’umuryango wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, bari kwibana bonyine nyuma yuko ababyeyi babo bombi bafunzwe, aho uherutse gufungwa ari mama wabo wafunzwe azira amafaranga 1,000 Frw y’umutekano yari yabuze nkuko bivugwa n’abaturanyi, mu gihe ubuyobozi buvuga ko yafungiwe kurwana.

Aba bana bo mu Mudugudu wa Kawuhunde mu Kagari ka Kagugu barimo uw’imyaka 12 n’undi w’irindwi, umunyamakuru wa RADIOTV10 yabasanze mu nzu nto y’icyumba kimwe na salo ubwo bari bavuye ku ishuri bagera mu rugo ntibabone icyo bashyira mu nda.

Uyu w’imyaka 12 wabaye nk’ufata inshingano z’umubyeyi kuko ubu ari we uri kurera umuvandimwe we, yavuze ko Se ubabyara agiye kumara ukwezi kumwe afungiye kurwana.

Naho ko nyina wabo we agiye kumara icyumweru kimwe atawe muri yombi ngo we azira kudatanga amafaranga igihumbi (1 000Frw), none bikomeje kubagiraho ingaruka mu mibereho.

Uyu mwana mukuru w’umukobwa yagize ati “Bamufunze ari nijoro. Nyine turya byagoranye hari igihe tunaburara tukanabwirirwa.”

Abaturanyi b’uyu muryango na bo bemeza ko nyina w’aba bana, yafunzwe azira kutabona amafaranga igihumbi (1 000) y’umusanzu w’umutekano.

Umwe ati “Bamufashe tunari kumwe, bamufatira yuko ngo atishyuye umutekano. Baje kwishyuza igihumbi, akibuze, baramujyana.”

Aba baturanyi bavuga ko bashengurwa n’imibereho y’aba bana babayemo muri iyi minsi, kuko n’ubusanzwe umuryango wabo wabagaho utunzwe no guca incuro.

Umuturanyi umwe ati “Abana nta kuntu bafite babaho, dore n’ubu harafunze ntawuzi aho bari.”

Umwe muri aba baturanyi uvuga ko anyuzamo agaha aba bana icyo kurya, avuga ko na we nta bushobozi afite kuko n’abana be kubabonera icyo barya biba ari ihurizo, asaba ko umubyeyi wabo yafungurwa cyangwa ubuyobozi bukaba bwamwunganira mu kwita kuri aba bana.

Ati “Rimwe na rimwe hari igihe mbura amafaranga n’ejo ntibariye. Bariye saa tatu z’ijoro guhera ejo mu gitondo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinyinya, Vuguziga Charles yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo batari bakizi ariko ko nyuma yo kukimenya bahise bavugana n’abo mu muryango w’aba bana kugira ngo ube ubitaho ku buryo n’iyo haboneka ubufasha, bwanyuzwa muri uyu muryango.

Icyakora yahakanye impamvu yatangazwaga ko yatumye uriya mubyeyi wabo afungwa, akavuga ko yaba nyina w’aba bana ndetse na se; bombi bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’urugomo.

Ati “Se yafungiwe kubera gukubita no gukomeretsa, nyina na we yararwanye na we baramufunga, bamufungiye umutekano mucye.”

 

INKURU MU MASHUSHO

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Comments 3

  1. Alice says:
    3 years ago

    Aba bana nibo bari kuba victim yibibazo bya babyeyi babo niba umwe muba byeyi babo adafite icyaha gikomeye kuburyo byagera aho abana babirenganiramo bamufungure yite ku bana rwose kuko biri kubasubiza inyuma mu myigire yabo ntakuntu umwana azajya mu ishuri ngo yige neza kd atecyereza ko barumuna be ari butahe ntabone icyo abagaburira,so mugerageze rwose bayobozi abo baziranenge barenganurwe.

    Reply
  2. MAYANJA says:
    3 years ago

    ARIKO NJYEWE UBU BYANCANZE PE KU GIHE BANDITSE NGO MAMA WABO YAZIZE IBIYOBYABWENGE NONE HANO NGO NURUGOMO AMAKURU NYAYOSE UBWO UMUNTU AFATA NAYAHE AHA NGO NINDAYA NONE SINZI PE

    Reply
  3. Rod says:
    3 years ago

    Umunyamabanga Vuguziga Charles yavuze ko ikibazo atarakizi ko agiye kureba uko abana bafashwa. Ariko arangije ahakanye icyo uwo mu maman ababibonye bavuga ko yazize 🤣 Nonese ko atarazi case, icyo afungiwe cyo akibwiwe n’iki?? Imana ikomeze ifashe abo bana. Kdi ikibazo gikemurwe mu maguru mashya.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Kitshanga: Rwakomeje kwambikana hagati ya FARDC na M23

Next Post

U Rwanda rwamaganye itangazo ry’iricurano ririmo amakuru y’igikuba ko abasirikare badasanzwe ba Congo barwinjiriye

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwamaganye itangazo ry’iricurano ririmo amakuru y’igikuba ko abasirikare badasanzwe ba Congo barwinjiriye

U Rwanda rwamaganye itangazo ry’iricurano ririmo amakuru y’igikuba ko abasirikare badasanzwe ba Congo barwinjiriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.