Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abana bari kwibana nyuma y’ifungwa ry’ababyeyi babo barimo uwafungiwe impamvu itavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
26/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
3
Abana bari kwibana nyuma y’ifungwa ry’ababyeyi babo barimo uwafungiwe impamvu itavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abana babiri bato b’umuryango wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, bari kwibana bonyine nyuma yuko ababyeyi babo bombi bafunzwe, aho uherutse gufungwa ari mama wabo wafunzwe azira amafaranga 1,000 Frw y’umutekano yari yabuze nkuko bivugwa n’abaturanyi, mu gihe ubuyobozi buvuga ko yafungiwe kurwana.

Aba bana bo mu Mudugudu wa Kawuhunde mu Kagari ka Kagugu barimo uw’imyaka 12 n’undi w’irindwi, umunyamakuru wa RADIOTV10 yabasanze mu nzu nto y’icyumba kimwe na salo ubwo bari bavuye ku ishuri bagera mu rugo ntibabone icyo bashyira mu nda.

Uyu w’imyaka 12 wabaye nk’ufata inshingano z’umubyeyi kuko ubu ari we uri kurera umuvandimwe we, yavuze ko Se ubabyara agiye kumara ukwezi kumwe afungiye kurwana.

Naho ko nyina wabo we agiye kumara icyumweru kimwe atawe muri yombi ngo we azira kudatanga amafaranga igihumbi (1 000Frw), none bikomeje kubagiraho ingaruka mu mibereho.

Uyu mwana mukuru w’umukobwa yagize ati “Bamufunze ari nijoro. Nyine turya byagoranye hari igihe tunaburara tukanabwirirwa.”

Abaturanyi b’uyu muryango na bo bemeza ko nyina w’aba bana, yafunzwe azira kutabona amafaranga igihumbi (1 000) y’umusanzu w’umutekano.

Umwe ati “Bamufashe tunari kumwe, bamufatira yuko ngo atishyuye umutekano. Baje kwishyuza igihumbi, akibuze, baramujyana.”

Aba baturanyi bavuga ko bashengurwa n’imibereho y’aba bana babayemo muri iyi minsi, kuko n’ubusanzwe umuryango wabo wabagaho utunzwe no guca incuro.

Umuturanyi umwe ati “Abana nta kuntu bafite babaho, dore n’ubu harafunze ntawuzi aho bari.”

Umwe muri aba baturanyi uvuga ko anyuzamo agaha aba bana icyo kurya, avuga ko na we nta bushobozi afite kuko n’abana be kubabonera icyo barya biba ari ihurizo, asaba ko umubyeyi wabo yafungurwa cyangwa ubuyobozi bukaba bwamwunganira mu kwita kuri aba bana.

Ati “Rimwe na rimwe hari igihe mbura amafaranga n’ejo ntibariye. Bariye saa tatu z’ijoro guhera ejo mu gitondo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinyinya, Vuguziga Charles yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo batari bakizi ariko ko nyuma yo kukimenya bahise bavugana n’abo mu muryango w’aba bana kugira ngo ube ubitaho ku buryo n’iyo haboneka ubufasha, bwanyuzwa muri uyu muryango.

Icyakora yahakanye impamvu yatangazwaga ko yatumye uriya mubyeyi wabo afungwa, akavuga ko yaba nyina w’aba bana ndetse na se; bombi bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’urugomo.

Ati “Se yafungiwe kubera gukubita no gukomeretsa, nyina na we yararwanye na we baramufunga, bamufungiye umutekano mucye.”

 

INKURU MU MASHUSHO

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Comments 3

  1. Alice says:
    3 years ago

    Aba bana nibo bari kuba victim yibibazo bya babyeyi babo niba umwe muba byeyi babo adafite icyaha gikomeye kuburyo byagera aho abana babirenganiramo bamufungure yite ku bana rwose kuko biri kubasubiza inyuma mu myigire yabo ntakuntu umwana azajya mu ishuri ngo yige neza kd atecyereza ko barumuna be ari butahe ntabone icyo abagaburira,so mugerageze rwose bayobozi abo baziranenge barenganurwe.

    Reply
  2. MAYANJA says:
    3 years ago

    ARIKO NJYEWE UBU BYANCANZE PE KU GIHE BANDITSE NGO MAMA WABO YAZIZE IBIYOBYABWENGE NONE HANO NGO NURUGOMO AMAKURU NYAYOSE UBWO UMUNTU AFATA NAYAHE AHA NGO NINDAYA NONE SINZI PE

    Reply
  3. Rod says:
    3 years ago

    Umunyamabanga Vuguziga Charles yavuze ko ikibazo atarakizi ko agiye kureba uko abana bafashwa. Ariko arangije ahakanye icyo uwo mu maman ababibonye bavuga ko yazize 🤣 Nonese ko atarazi case, icyo afungiwe cyo akibwiwe n’iki?? Imana ikomeze ifashe abo bana. Kdi ikibazo gikemurwe mu maguru mashya.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Kitshanga: Rwakomeje kwambikana hagati ya FARDC na M23

Next Post

U Rwanda rwamaganye itangazo ry’iricurano ririmo amakuru y’igikuba ko abasirikare badasanzwe ba Congo barwinjiriye

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwamaganye itangazo ry’iricurano ririmo amakuru y’igikuba ko abasirikare badasanzwe ba Congo barwinjiriye

U Rwanda rwamaganye itangazo ry’iricurano ririmo amakuru y’igikuba ko abasirikare badasanzwe ba Congo barwinjiriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.