Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyamakuru b’abanyabigwi barimo Barore, Mbangukira na Maurice barangije Kaminuza

radiotv10by radiotv10
21/04/2022
in MU RWANDA
0
Abanyamakuru b’abanyabigwi barimo Barore, Mbangukira na Maurice barangije Kaminuza
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamakuru bafite amazina akomeye mu Rwanda barimo Cleophas Barore n’umuvandimwe we Titian Mbangukira ndetse na Uwera Jean Maurice bari mu bahawe impanyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza.

Aba banyamakuru bahawe impamyabumenyi kuri uyu wa Kane tariki 21 Mata 2022 nyuma yo kurangiza amasomo mu Ishuri rikuru rya Kiliziya Gatulika rya Kabagyi (ICK) rihererye mu Karere ka Muhanga ahanabereye uyu muhango.

Aba banyamakuru barangije uyu munsi, barimo abasanzwe bazwi cyane mu Rwanda nka Barore Cleophas na Uwera Jean Maurice basanzwe bakorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA).

Barore warangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu Itangazamakuru, asanzwe ari Umuyobozi w’Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura (RMC), akaba amenyerewe mu biganiro bikomeye akora ku bitangazamakuru bya RBA.

Barimo kandi Titian Mbangukira uyobora Radio Isuba, akaba n’umuvandimwe ugwa mu ntege Cleophas Barore bombi bakaba barigeze gukorana mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru kikiri ORINFOR.

Mu bandi barangije, harimo Didace Niyifasha usanzwe Umuyobozi wa Radio Inkoramutima na we akaba ari umwe mu banyamakuru bamaze igihe mu mwuga.

Barimo kandi Safari Lambert usanzwe umukozi wa RADIOTV10 ushinzwe ibijyanye na Tekinike ya Radio 10, ndetse na Issa Kwigira ukorera Flash FM.

Bamwe muri aba bahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’Itangazamakuru n’itumanaho, batangiye amasomo yabo mu ishuri rya Christian University ryaje gufungwa, bagahita bajya kurangiriza mu ishuri rikuru rya ICK riherereye mu Karere ka Muhanga.

Bahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Gasabo yagize icyo ivuga ku ijambo ‘Akabere’ ryitiriwe ko ryanditse ku biro by’Akarere

Next Post

Rusizi: Yafashwe amaze kwiba ihene yayizingazingiye mu gikapu agiye kuyishakira umuguzi

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Yafashwe amaze kwiba ihene yayizingazingiye mu gikapu agiye kuyishakira umuguzi

Rusizi: Yafashwe amaze kwiba ihene yayizingazingiye mu gikapu agiye kuyishakira umuguzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.