Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyamakuru b’abanyabigwi barimo Barore, Mbangukira na Maurice barangije Kaminuza

radiotv10by radiotv10
21/04/2022
in MU RWANDA
0
Abanyamakuru b’abanyabigwi barimo Barore, Mbangukira na Maurice barangije Kaminuza
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamakuru bafite amazina akomeye mu Rwanda barimo Cleophas Barore n’umuvandimwe we Titian Mbangukira ndetse na Uwera Jean Maurice bari mu bahawe impanyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza.

Aba banyamakuru bahawe impamyabumenyi kuri uyu wa Kane tariki 21 Mata 2022 nyuma yo kurangiza amasomo mu Ishuri rikuru rya Kiliziya Gatulika rya Kabagyi (ICK) rihererye mu Karere ka Muhanga ahanabereye uyu muhango.

Aba banyamakuru barangije uyu munsi, barimo abasanzwe bazwi cyane mu Rwanda nka Barore Cleophas na Uwera Jean Maurice basanzwe bakorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA).

Barore warangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu Itangazamakuru, asanzwe ari Umuyobozi w’Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura (RMC), akaba amenyerewe mu biganiro bikomeye akora ku bitangazamakuru bya RBA.

Barimo kandi Titian Mbangukira uyobora Radio Isuba, akaba n’umuvandimwe ugwa mu ntege Cleophas Barore bombi bakaba barigeze gukorana mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru kikiri ORINFOR.

Mu bandi barangije, harimo Didace Niyifasha usanzwe Umuyobozi wa Radio Inkoramutima na we akaba ari umwe mu banyamakuru bamaze igihe mu mwuga.

Barimo kandi Safari Lambert usanzwe umukozi wa RADIOTV10 ushinzwe ibijyanye na Tekinike ya Radio 10, ndetse na Issa Kwigira ukorera Flash FM.

Bamwe muri aba bahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’Itangazamakuru n’itumanaho, batangiye amasomo yabo mu ishuri rya Christian University ryaje gufungwa, bagahita bajya kurangiriza mu ishuri rikuru rya ICK riherereye mu Karere ka Muhanga.

Bahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − eight =

Previous Post

Gasabo yagize icyo ivuga ku ijambo ‘Akabere’ ryitiriwe ko ryanditse ku biro by’Akarere

Next Post

Rusizi: Yafashwe amaze kwiba ihene yayizingazingiye mu gikapu agiye kuyishakira umuguzi

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Yafashwe amaze kwiba ihene yayizingazingiye mu gikapu agiye kuyishakira umuguzi

Rusizi: Yafashwe amaze kwiba ihene yayizingazingiye mu gikapu agiye kuyishakira umuguzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.