Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda 11 bafashwe bahungira muri Tanzania kubera inkingo za COVID bita ikimenyetso cya Satani

radiotv10by radiotv10
19/01/2022
in MU RWANDA
0
Abanyarwanda 11 bafashwe bahungira muri Tanzania kubera inkingo za COVID bita ikimenyetso cya Satani

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango ibiri igizwe n’abantu 11 barimo abarimu babiri, yafatiwe mu Kagari ka Karambi mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza ubwo bari bagiye gutoroka ngo bajye muri Tanzania bavuga ko bahunze inkingo za COVID-19 bita ikimenyetso cya Satani.

Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba, buherutse gutangaza ko hari Abanyarwanda 115 bafatiwe mu bice bitandukanye barimo abageragezaga gutorokera mu bihugu by’abaturanyi bavuga ko bahunze inkingo za COVID-19.

Mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mutarama 2022, ubuyobozi bwafashe abantu 11 bo mu miryango ibiri irimo abarimu babiri n’abana babo bariho bagerageza gutorokera muri Tanzania ngo bahunga inkingo za COVID-19.

Iyi miryango yombi ni iyo mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza barimo umwe ugizwe n’umubyeyi umwe n’abana be mu gihe undi mubyeyi we ngo yaburiwe irengero aho bikekwa ko na we yahunze inkingo.

Ubuyobozi bw’ibanze bwo mu gace iyi miryango isanzwe ituyemo, buvuga ko bari bahunze inkingo za COVID-19 nk’uko babyivugira ko ari ikimenyetso cya satani.

Karuranga Leo uyobora Umurenge wa Kabare bakomokamo, avuga ko ubuyobozi bwari bumaze iminsi bujya gukora ubukangurambaga muri aka gace bushishikariza abo mu idini rimwe n’aba bafashwe bahunga, ariko bo bakaba bataragiriwe inama kuko bihishaga.

Ati “Mu bafashwe rero banabapimye basanga harimo umwe wamaze kwandura iki cyorezo, bavuga ko imyemerere bafite ari uko uru rukingo ari urwo kwa satani akaba ari yo mpamvu baruhunga.”

Ubuyobozi buvuga ko muri uyu Murenge habarwa abaturage 145 gusa ngo buzakomeza gukora ubukangurambaga kugira ngo na bo bikingize.

Guverinoma y’u Rwanda iherutse kwemeza ko hari Abanyarwanda bahunze inkingo ariko ko ari bacye ku buryo abantu badakwiye kubikabiriza ngo bumvikanishe ko ibintu byakomeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + eighteen =

Previous Post

Aborozi barifuza ko Inka bajyanye kugurisha zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku Bishyimbo

Next Post

Juno Kizigenza yasubiye ku ntebe y’ishuri

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Juno Kizigenza yasubiye ku ntebe y’ishuri

Juno Kizigenza yasubiye ku ntebe y'ishuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.