Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda 11 bafashwe bahungira muri Tanzania kubera inkingo za COVID bita ikimenyetso cya Satani

radiotv10by radiotv10
19/01/2022
in MU RWANDA
0
Abanyarwanda 11 bafashwe bahungira muri Tanzania kubera inkingo za COVID bita ikimenyetso cya Satani

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango ibiri igizwe n’abantu 11 barimo abarimu babiri, yafatiwe mu Kagari ka Karambi mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza ubwo bari bagiye gutoroka ngo bajye muri Tanzania bavuga ko bahunze inkingo za COVID-19 bita ikimenyetso cya Satani.

Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba, buherutse gutangaza ko hari Abanyarwanda 115 bafatiwe mu bice bitandukanye barimo abageragezaga gutorokera mu bihugu by’abaturanyi bavuga ko bahunze inkingo za COVID-19.

Mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mutarama 2022, ubuyobozi bwafashe abantu 11 bo mu miryango ibiri irimo abarimu babiri n’abana babo bariho bagerageza gutorokera muri Tanzania ngo bahunga inkingo za COVID-19.

Iyi miryango yombi ni iyo mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza barimo umwe ugizwe n’umubyeyi umwe n’abana be mu gihe undi mubyeyi we ngo yaburiwe irengero aho bikekwa ko na we yahunze inkingo.

Ubuyobozi bw’ibanze bwo mu gace iyi miryango isanzwe ituyemo, buvuga ko bari bahunze inkingo za COVID-19 nk’uko babyivugira ko ari ikimenyetso cya satani.

Karuranga Leo uyobora Umurenge wa Kabare bakomokamo, avuga ko ubuyobozi bwari bumaze iminsi bujya gukora ubukangurambaga muri aka gace bushishikariza abo mu idini rimwe n’aba bafashwe bahunga, ariko bo bakaba bataragiriwe inama kuko bihishaga.

Ati “Mu bafashwe rero banabapimye basanga harimo umwe wamaze kwandura iki cyorezo, bavuga ko imyemerere bafite ari uko uru rukingo ari urwo kwa satani akaba ari yo mpamvu baruhunga.”

Ubuyobozi buvuga ko muri uyu Murenge habarwa abaturage 145 gusa ngo buzakomeza gukora ubukangurambaga kugira ngo na bo bikingize.

Guverinoma y’u Rwanda iherutse kwemeza ko hari Abanyarwanda bahunze inkingo ariko ko ari bacye ku buryo abantu badakwiye kubikabiriza ngo bumvikanishe ko ibintu byakomeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 8 =

Previous Post

Aborozi barifuza ko Inka bajyanye kugurisha zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku Bishyimbo

Next Post

Juno Kizigenza yasubiye ku ntebe y’ishuri

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Juno Kizigenza yasubiye ku ntebe y’ishuri

Juno Kizigenza yasubiye ku ntebe y'ishuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.