Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda 51 bamaze gusohoka muri Ukraine, 15 ntibashobora kuva aho bari kubera imirwano

radiotv10by radiotv10
01/03/2022
in MU RWANDA
0
Abanyarwanda 51 bamaze gusohoka muri Ukraine, 15 ntibashobora kuva aho bari kubera imirwano
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ishusho y’uko Abanyarwanda basanzwe baba muri Ukraine bamerewe, aho 51 muri bo bamaze gusohoka iki Gihugu kiri kuberamo intambara ikomeye, hakaba abandi bari ku mupaka bategereje gusohoka ndetse n’abandi bari ahari kubera imirwano badashobora kuva aho bari.

Kuri uyu wa Mbere tariki 28 Gashyantare 2022, Guverinoma y’u Rwanda yari yatangaje ko mu Banyarwanda 85 batuye muri Ukraine, harimo 18 babashije guhunga aho bari bamaze kugera muri Pologne.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yari yatangaje ko abandi Banyarwanda 67 na bo bariho bashakishirizwa uburyo bwo guhunga kugira ngo bave muri iki Gihugu kiri kuberamo intambara ikomeye.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Werurwe, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yatangaje ko kugeza ubu Abanyarwanda babamaze kubasha guhunga bagera muri 51.

Ati “Ni n’amahirwe dufite kugeza uyu munsi kuko nta Munyarwanda baratubwira ko yakomeretse cyangwa se yaba yitabye Imana. Uyu munsi turi kuvugana, tumaze kumyenya ko 51 muri bo bamaze kwambuka, ni ukuvuga ngo ntabwo bakiri ku butaka bwa Ukraine, 50 bari muri Ukraine, undi umwe muri Hongrie.”

Mukuralinda avuga ko aba Banyarwanda babashije kugera muri Pologne ku bufatanye bwa Ambasade y’u Rwanda muri iki Gihugu, yohereje abakozi bayo ku mupaka.

Ati “Ku buryo bahagera bagasanga hari abakozi ba Ambasade bakabakira.”

Avuga ko iki gikorwa cyo guhungisha Abanyafurika kiri gukorwa ku bufatanye bwa Ambasade z’Ibihugu byo kuri uyu mugabane.

Ati “Ku buryo iyo Umunyarwanda aguye [ageze] kuri Ambasade ya Afurika y’Epfo, bahita babwira bacu, natwe twabona undi Munyafurika, tukabwira ababo, abantu bagahana amakuru.”

Mukuralinda avuga ko kugeza ubu hari abandi Banyarwanda icyenda (9) bategereje kwambuka kuko hari abantu benshi bari guhunga iki Gihugu.

Ati “Hari n’abandi 11 bari mu nzira bagana ku mupaka. Abo bose barimo baravugana na Ambasade cyangwa se n’ababyeyi babo hano amakuru barayazi ndetse na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga.”

Avuga ko abandi Banyarwanda 15 bari muri Ukraine mu bice birimo kuberamo imirwano, bo badashobora kugira aho bajya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 15 =

Previous Post

Bamusanze aryamanye n’umugore w’abandi yambaye akenda k’imbere avuga ko yari amuzaniye impapuro z’urubanza

Next Post

Hagaragajwe ko kongera abagore mu rwego rw’Ibikorwa Remezo byagira uruhare mu kuruzamura

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

IZIHERUKA

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
MU RWANDA

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

08/01/2026
Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

07/01/2026
Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe ko kongera abagore mu rwego rw’Ibikorwa Remezo byagira uruhare mu kuruzamura

Hagaragajwe ko kongera abagore mu rwego rw’Ibikorwa Remezo byagira uruhare mu kuruzamura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.