Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Abanyarwanda baributswa ko kurinda uburenganzira bwa muntu bitareba Leta gusa

radiotv10by radiotv10
01/12/2021
in POLITIKI
0
Abanyarwanda baributswa ko kurinda uburenganzira bwa muntu bitareba Leta gusa
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) yibukije ko kurinda uburenganzira bwa muntu ari inshingano za buri wese aho kuba iza Leta gusa, igasaba Abanyarwanda kugira uruhare mu bikorwa byo kurinda uburenganzira bwa muntu bakajya bagaragaza aho bwahutajwe.

Ibi byagarutsweho na Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR). Mukasine Marie Claire, kuri uyu wa Kabiri taliki 30 Ugushyingo 2021 mu kiganiro n’itangazamakuru.

Ni mu gihe hitegurwa igikorwa cyo kwizihiza umunsi w’itangazo mpuzamahanga ryerekeye uburenganzira bwa muntu kiba tariki 10 Ukuboza buri mwaka.

Mukasine uyobora iyi Komisiyo yasabye ko Abanyarwanda gukomeza guteza imbere uburenganzira bwa muntu.

Ati “Nka Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu turasaba Abaturarwanda kurinda no guteza imbere uburenganzira bwa muntu kandi bakagaragariza inzego zibishinzwe aho umuntu yahutajwe.”

Mukasine ashimangira ko itangazo mpuzamahanga ryerekeye uburenganzira bwa muntu ryabaye ivomo mu by’uburenganzira mbonezamubano no mu bya politiki.

Uburenganzira bwagaragajwe ni ubwo gutora no gutorwa, kutagirwa umucakara, kugira imibereho bwite, kugira Igihugu, umutungo n’ibindi.

Taliki 10 Ukuboza, ni umunsi wahawe agaciro ku burenganzira bwa muntu kuko Isi iha agaciro no kutavogerwa kwa muntu.

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yerekana ko kimwe mu biranga uburenganzira bwa muntu ari uko ari bumwe ku bantu bose, ku Isi yose, kandi ngo ntabwo bugabanywa ahubwo buruzuzanya.

Bimwe mu bikorwa bizakorwa mu cyumweru cyahariwe uburenganzira bwa muntu, harimo ko NCHR ifatanyije n’Urwego rw’Umuvunyi, hazatangwa ikiganiro ku rwego rw’Intara by’umwihariko ku kurwanya ruswa n’isano bifitanye n’uburenganzira bwa muntu.

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu izatanga ikiganiro ku nzego z’urubyiruko rw’abakorerabushake.

Umujyanama Mukuru mu biro by’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda, Komi Gnondoli, avuga ko umunsi mpuzamahanga w’itangazo ry’uburenganzira bwa muntu ritareba Leta gusa.

Ati “Umunsi Mpuzamahanga w’Itangazo ry’Uburenganzira bwa Muntu ntirireba Guverinoma cyangwa Leta, ahubwo rireba buri wese nk’ikiremwamuntu”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite Ubumuga (NCPD) Ndayisaba Emmanuel ishima NCHR nka komisiyo ifite inshingano zo kureberera abafite ubumuga.

Kuva mu Ukuboza 1948-Ukuboza 2021 hazaba hashize imyaka 73 hubahirizwa uburenganzira bwa muntu.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Kureshya, kugabanya ubusumbane, guteza imbere uburenganzira bwa muntu”.

Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu itangaza ko kubahiriza uburenganzira bwa muntu bituma habaho kureshya.

Itangazo mpuzamahanga ryashyizweho nyuma y’ibihe bikomeye by’intambara ya Kabiri y’Isi yahitanye abasaga miliyoni 45.

Mu ntambara ya Kabiri y’Isi yose, hangiritse byinshi ndetse ihungabanya bikomeye uburenganzira bwa muntu mu byiciro bitandukanye.

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Menya ibiri kuba hamwe na TV10: Tubazaniye amakuru avunaguye ya saa 12:30’

Next Post

Gicumbi: Umupadiri ukurikiranyweho gusambanya umwana yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Related Posts

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

by radiotv10
08/05/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’umukunzi w’ikipe ya Arsenal, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bakurikiye umukino...

Perezida Kagame uri mu Bufaransa yahuye na Emmanuel Macron

Perezida Kagame uri mu Bufaransa yahuye na Emmanuel Macron

by radiotv10
07/05/2025
0

Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko mu Bufaransa, yahuye na mugenzi we w’iki Gihugu, Emmanuel Macron bagirana ibiganiro byagarutse ku...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng: Rwanda shares updates about efforts to restore its relationship with Burundi

by radiotv10
05/05/2025
0

Minister of foreign affairs and international cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe mentioned that conversations between Rwanda and Burundi with the aim...

Hagaragajwe aho ibiganiro byo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi bigeze n’ukomeje kubidindiza

Hagaragajwe aho ibiganiro byo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi bigeze n’ukomeje kubidindiza

by radiotv10
05/05/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burundi bigamije kuzahura umubano bigikomeje, ariko...

Ibyasinywe si amasezerano- Menya iby’inyandiko yasinywe hagati y’u Rwanda na DRCongo n’impamvu byakozwe na America

Hatangajwe ikimaze gukorwa ku mbanzirizamushinga z’amasezerano Perezida Kagame na Tshisekedi bazasinyira muri America

by radiotv10
05/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zamaze gutanga imbanzirizamushinga z’ibyo zifuza ko bizajya mu masezerano y’amahoro azasinyirwa...

IZIHERUKA

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi
AMAHANGA

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

by radiotv10
12/05/2025
0

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

12/05/2025
Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

12/05/2025
Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

12/05/2025

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

12/05/2025
Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umupadiri ukurikiranyweho gusambanya umwana yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Gicumbi: Umupadiri ukurikiranyweho gusambanya umwana yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.