Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Abanyarwanda baributswa ko kurinda uburenganzira bwa muntu bitareba Leta gusa

radiotv10by radiotv10
01/12/2021
in POLITIKI
0
Abanyarwanda baributswa ko kurinda uburenganzira bwa muntu bitareba Leta gusa
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) yibukije ko kurinda uburenganzira bwa muntu ari inshingano za buri wese aho kuba iza Leta gusa, igasaba Abanyarwanda kugira uruhare mu bikorwa byo kurinda uburenganzira bwa muntu bakajya bagaragaza aho bwahutajwe.

Ibi byagarutsweho na Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR). Mukasine Marie Claire, kuri uyu wa Kabiri taliki 30 Ugushyingo 2021 mu kiganiro n’itangazamakuru.

Ni mu gihe hitegurwa igikorwa cyo kwizihiza umunsi w’itangazo mpuzamahanga ryerekeye uburenganzira bwa muntu kiba tariki 10 Ukuboza buri mwaka.

Mukasine uyobora iyi Komisiyo yasabye ko Abanyarwanda gukomeza guteza imbere uburenganzira bwa muntu.

Ati “Nka Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu turasaba Abaturarwanda kurinda no guteza imbere uburenganzira bwa muntu kandi bakagaragariza inzego zibishinzwe aho umuntu yahutajwe.”

Mukasine ashimangira ko itangazo mpuzamahanga ryerekeye uburenganzira bwa muntu ryabaye ivomo mu by’uburenganzira mbonezamubano no mu bya politiki.

Uburenganzira bwagaragajwe ni ubwo gutora no gutorwa, kutagirwa umucakara, kugira imibereho bwite, kugira Igihugu, umutungo n’ibindi.

Taliki 10 Ukuboza, ni umunsi wahawe agaciro ku burenganzira bwa muntu kuko Isi iha agaciro no kutavogerwa kwa muntu.

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yerekana ko kimwe mu biranga uburenganzira bwa muntu ari uko ari bumwe ku bantu bose, ku Isi yose, kandi ngo ntabwo bugabanywa ahubwo buruzuzanya.

Bimwe mu bikorwa bizakorwa mu cyumweru cyahariwe uburenganzira bwa muntu, harimo ko NCHR ifatanyije n’Urwego rw’Umuvunyi, hazatangwa ikiganiro ku rwego rw’Intara by’umwihariko ku kurwanya ruswa n’isano bifitanye n’uburenganzira bwa muntu.

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu izatanga ikiganiro ku nzego z’urubyiruko rw’abakorerabushake.

Umujyanama Mukuru mu biro by’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda, Komi Gnondoli, avuga ko umunsi mpuzamahanga w’itangazo ry’uburenganzira bwa muntu ritareba Leta gusa.

Ati “Umunsi Mpuzamahanga w’Itangazo ry’Uburenganzira bwa Muntu ntirireba Guverinoma cyangwa Leta, ahubwo rireba buri wese nk’ikiremwamuntu”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite Ubumuga (NCPD) Ndayisaba Emmanuel ishima NCHR nka komisiyo ifite inshingano zo kureberera abafite ubumuga.

Kuva mu Ukuboza 1948-Ukuboza 2021 hazaba hashize imyaka 73 hubahirizwa uburenganzira bwa muntu.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Kureshya, kugabanya ubusumbane, guteza imbere uburenganzira bwa muntu”.

Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu itangaza ko kubahiriza uburenganzira bwa muntu bituma habaho kureshya.

Itangazo mpuzamahanga ryashyizweho nyuma y’ibihe bikomeye by’intambara ya Kabiri y’Isi yahitanye abasaga miliyoni 45.

Mu ntambara ya Kabiri y’Isi yose, hangiritse byinshi ndetse ihungabanya bikomeye uburenganzira bwa muntu mu byiciro bitandukanye.

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Menya ibiri kuba hamwe na TV10: Tubazaniye amakuru avunaguye ya saa 12:30’

Next Post

Gicumbi: Umupadiri ukurikiranyweho gusambanya umwana yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Related Posts

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umupadiri ukurikiranyweho gusambanya umwana yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Gicumbi: Umupadiri ukurikiranyweho gusambanya umwana yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.