Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyekongo baba UK basabye Tshisekedi gutera u Rwanda abaha igisubizo gitunguranye

radiotv10by radiotv10
24/10/2022
in MU RWANDA
1
Abanyekongo baba UK basabye Tshisekedi gutera u Rwanda abaha igisubizo gitunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Felix Tshisekedi wari mu ruzinduko mu Bwongereza muri iki cyumweru, ubwo yahuraga n’Abanyekongo baba muri iki Gihugu, bamusabye gutera u Rwanda, abasubiza avuga ko “inzira y’ibiganiro niyanga ntakizabuza ko habaho iy’intambara.”

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Tshisekedi yabivuze muri ki cyumweru ubwo yahuraga n’Abanyekongo baba mu bwongereza, mu kiganiro bagiranye muri hoteli imwe iri mu mujyi wa Londres.

Bamwe mu banyekongo bari muri iki kiganiro, basabye umukuru w’Igihugu cyabo gutangiza intambara ku Rwanda bashinja gufasha umutwe wa M23.

Abo bifuza ko Igihugu cyabo gitera u Rwanda, bavuga ko uko Tshisekedi akomeza kwemera ko habaho inzira z’ibiganiro, ngo bikomeza guha urwaho u Rwanda gukomeza guteza umutekano mucye mu Gihugu cyabo.

Thisekedi yabwiye aba Banyekongo ko “Intambara izafatwa nk’inzira ya nyuma mu gihe ibiganiro bya dipolomasi bizaba byananiranye.”

Iki kiganiro cyabaye ku wa Gatatu w’iki Cyumweru, mu gihe mu rukerera rwo ku wa Kane, igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gifatanyije n’imitwe irimo FDLR, bongeye kugaba ibitero ku mutwe wa M23 wakunze kwegekwa ku Rwanda ko ruwufasha, ariko basanga na wo uryamiye amajanja.

Muri uru ruzinduko Tshisekedi yagiriye mu Bwongereza, yongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, ndetse anasaba Umwami wa kiriya Gihugu, Charles III gukoresha ububasha afite muri Commonwealth, agasaba u Rwanda guhagarika gufasha M23.

U Rwanda na rwo rwakunze kugaragaza kenshi ko ubutegetsi bwa Congo bufasha umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi ndetse ukaba warakomeje guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Uyu mutwe uri no gufatanya na FARDC mu bitero bagaba kuri M23, muri uyu mwaka banarashe ibisasu biremereye mu Rwanda birimo n’ibyakomerekeje bamwe mu Banyarwanda.

Perezida Kagame yakunze kwereka uwatekereza gushoza intambara ku Rwanda, bitazamuhira kuko inzego z’umutekanzo z’u Rwanda zihagaze bwuma ku buryo ntawapfa kuvogera ubusugire bw’Igihugu.

Muri Gashyantare uyu mwaka, ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya barimo abari binjiye muri Guverinoma, Perezida Kagame yagarutse ku bibazo bishobora guhungabanya u Rwanda ariko agaragaza ko n’imbaraga zo kubisubiza inyuma zihari.

Icyo gihe yagize ati “Utwifurije intambara na yo turayirwana ntakibazo, dufite abanyamwuga bayo bayikora uko bikwiye haba hano haba n’ahandi. Cyane cyane ko turi agahugu gato, intero yacu ni ‘aho umuriro uturutse ni ho tuwusanga’, ntabwo dutuma ugera hano…nta mwanya dufite wo kurwanira hano tuzarwanira aho intambara yaturutse.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Bugingo Justin says:
    3 years ago

    DRC ndumva intambara bayigereranije nogucuranga gitari intambara zifite banyirazo nibareke kwibeshya ntabwo FRDC yarwana na RDF ninkuko umwana wimyaka10yajyakurwana numusore wimyaka25

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 8 =

Previous Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwamaze imyaka 3 asambanya umwana we akamutera inda ubugirakabiri

Next Post

Mozambique: RDF yongeye kuvumbura izindi ntwaro zari zarahishwe n’ibyihebe

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: RDF yongeye kuvumbura izindi ntwaro zari zarahishwe n’ibyihebe

Mozambique: RDF yongeye kuvumbura izindi ntwaro zari zarahishwe n’ibyihebe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.