Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyekongo baba UK basabye Tshisekedi gutera u Rwanda abaha igisubizo gitunguranye

radiotv10by radiotv10
24/10/2022
in MU RWANDA
1
Abanyekongo baba UK basabye Tshisekedi gutera u Rwanda abaha igisubizo gitunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Felix Tshisekedi wari mu ruzinduko mu Bwongereza muri iki cyumweru, ubwo yahuraga n’Abanyekongo baba muri iki Gihugu, bamusabye gutera u Rwanda, abasubiza avuga ko “inzira y’ibiganiro niyanga ntakizabuza ko habaho iy’intambara.”

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Tshisekedi yabivuze muri ki cyumweru ubwo yahuraga n’Abanyekongo baba mu bwongereza, mu kiganiro bagiranye muri hoteli imwe iri mu mujyi wa Londres.

Bamwe mu banyekongo bari muri iki kiganiro, basabye umukuru w’Igihugu cyabo gutangiza intambara ku Rwanda bashinja gufasha umutwe wa M23.

Abo bifuza ko Igihugu cyabo gitera u Rwanda, bavuga ko uko Tshisekedi akomeza kwemera ko habaho inzira z’ibiganiro, ngo bikomeza guha urwaho u Rwanda gukomeza guteza umutekano mucye mu Gihugu cyabo.

Thisekedi yabwiye aba Banyekongo ko “Intambara izafatwa nk’inzira ya nyuma mu gihe ibiganiro bya dipolomasi bizaba byananiranye.”

Iki kiganiro cyabaye ku wa Gatatu w’iki Cyumweru, mu gihe mu rukerera rwo ku wa Kane, igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gifatanyije n’imitwe irimo FDLR, bongeye kugaba ibitero ku mutwe wa M23 wakunze kwegekwa ku Rwanda ko ruwufasha, ariko basanga na wo uryamiye amajanja.

Muri uru ruzinduko Tshisekedi yagiriye mu Bwongereza, yongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, ndetse anasaba Umwami wa kiriya Gihugu, Charles III gukoresha ububasha afite muri Commonwealth, agasaba u Rwanda guhagarika gufasha M23.

U Rwanda na rwo rwakunze kugaragaza kenshi ko ubutegetsi bwa Congo bufasha umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi ndetse ukaba warakomeje guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Uyu mutwe uri no gufatanya na FARDC mu bitero bagaba kuri M23, muri uyu mwaka banarashe ibisasu biremereye mu Rwanda birimo n’ibyakomerekeje bamwe mu Banyarwanda.

Perezida Kagame yakunze kwereka uwatekereza gushoza intambara ku Rwanda, bitazamuhira kuko inzego z’umutekanzo z’u Rwanda zihagaze bwuma ku buryo ntawapfa kuvogera ubusugire bw’Igihugu.

Muri Gashyantare uyu mwaka, ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya barimo abari binjiye muri Guverinoma, Perezida Kagame yagarutse ku bibazo bishobora guhungabanya u Rwanda ariko agaragaza ko n’imbaraga zo kubisubiza inyuma zihari.

Icyo gihe yagize ati “Utwifurije intambara na yo turayirwana ntakibazo, dufite abanyamwuga bayo bayikora uko bikwiye haba hano haba n’ahandi. Cyane cyane ko turi agahugu gato, intero yacu ni ‘aho umuriro uturutse ni ho tuwusanga’, ntabwo dutuma ugera hano…nta mwanya dufite wo kurwanira hano tuzarwanira aho intambara yaturutse.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Bugingo Justin says:
    3 years ago

    DRC ndumva intambara bayigereranije nogucuranga gitari intambara zifite banyirazo nibareke kwibeshya ntabwo FRDC yarwana na RDF ninkuko umwana wimyaka10yajyakurwana numusore wimyaka25

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − three =

Previous Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwamaze imyaka 3 asambanya umwana we akamutera inda ubugirakabiri

Next Post

Mozambique: RDF yongeye kuvumbura izindi ntwaro zari zarahishwe n’ibyihebe

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: RDF yongeye kuvumbura izindi ntwaro zari zarahishwe n’ibyihebe

Mozambique: RDF yongeye kuvumbura izindi ntwaro zari zarahishwe n’ibyihebe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.