Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyekongo baba UK basabye Tshisekedi gutera u Rwanda abaha igisubizo gitunguranye

radiotv10by radiotv10
24/10/2022
in MU RWANDA
1
Abanyekongo baba UK basabye Tshisekedi gutera u Rwanda abaha igisubizo gitunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Felix Tshisekedi wari mu ruzinduko mu Bwongereza muri iki cyumweru, ubwo yahuraga n’Abanyekongo baba muri iki Gihugu, bamusabye gutera u Rwanda, abasubiza avuga ko “inzira y’ibiganiro niyanga ntakizabuza ko habaho iy’intambara.”

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Tshisekedi yabivuze muri ki cyumweru ubwo yahuraga n’Abanyekongo baba mu bwongereza, mu kiganiro bagiranye muri hoteli imwe iri mu mujyi wa Londres.

Bamwe mu banyekongo bari muri iki kiganiro, basabye umukuru w’Igihugu cyabo gutangiza intambara ku Rwanda bashinja gufasha umutwe wa M23.

Abo bifuza ko Igihugu cyabo gitera u Rwanda, bavuga ko uko Tshisekedi akomeza kwemera ko habaho inzira z’ibiganiro, ngo bikomeza guha urwaho u Rwanda gukomeza guteza umutekano mucye mu Gihugu cyabo.

Thisekedi yabwiye aba Banyekongo ko “Intambara izafatwa nk’inzira ya nyuma mu gihe ibiganiro bya dipolomasi bizaba byananiranye.”

Iki kiganiro cyabaye ku wa Gatatu w’iki Cyumweru, mu gihe mu rukerera rwo ku wa Kane, igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gifatanyije n’imitwe irimo FDLR, bongeye kugaba ibitero ku mutwe wa M23 wakunze kwegekwa ku Rwanda ko ruwufasha, ariko basanga na wo uryamiye amajanja.

Muri uru ruzinduko Tshisekedi yagiriye mu Bwongereza, yongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, ndetse anasaba Umwami wa kiriya Gihugu, Charles III gukoresha ububasha afite muri Commonwealth, agasaba u Rwanda guhagarika gufasha M23.

U Rwanda na rwo rwakunze kugaragaza kenshi ko ubutegetsi bwa Congo bufasha umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi ndetse ukaba warakomeje guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Uyu mutwe uri no gufatanya na FARDC mu bitero bagaba kuri M23, muri uyu mwaka banarashe ibisasu biremereye mu Rwanda birimo n’ibyakomerekeje bamwe mu Banyarwanda.

Perezida Kagame yakunze kwereka uwatekereza gushoza intambara ku Rwanda, bitazamuhira kuko inzego z’umutekanzo z’u Rwanda zihagaze bwuma ku buryo ntawapfa kuvogera ubusugire bw’Igihugu.

Muri Gashyantare uyu mwaka, ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya barimo abari binjiye muri Guverinoma, Perezida Kagame yagarutse ku bibazo bishobora guhungabanya u Rwanda ariko agaragaza ko n’imbaraga zo kubisubiza inyuma zihari.

Icyo gihe yagize ati “Utwifurije intambara na yo turayirwana ntakibazo, dufite abanyamwuga bayo bayikora uko bikwiye haba hano haba n’ahandi. Cyane cyane ko turi agahugu gato, intero yacu ni ‘aho umuriro uturutse ni ho tuwusanga’, ntabwo dutuma ugera hano…nta mwanya dufite wo kurwanira hano tuzarwanira aho intambara yaturutse.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Bugingo Justin says:
    3 years ago

    DRC ndumva intambara bayigereranije nogucuranga gitari intambara zifite banyirazo nibareke kwibeshya ntabwo FRDC yarwana na RDF ninkuko umwana wimyaka10yajyakurwana numusore wimyaka25

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + eight =

Previous Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwamaze imyaka 3 asambanya umwana we akamutera inda ubugirakabiri

Next Post

Mozambique: RDF yongeye kuvumbura izindi ntwaro zari zarahishwe n’ibyihebe

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: RDF yongeye kuvumbura izindi ntwaro zari zarahishwe n’ibyihebe

Mozambique: RDF yongeye kuvumbura izindi ntwaro zari zarahishwe n’ibyihebe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.