Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyekongo bahungira mu Rwanda bahishuye ababafasha kwambuka babanje kubaha amafaranga

radiotv10by radiotv10
18/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyekongo bahungira mu Rwanda bahishuye ababafasha kwambuka babanje kubaha amafaranga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu Banyekongo bahungira mu Rwanda kubera imirwano ihanganishije igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na M23, bavuze ko baha amafaranga abasirikare ba FARDC bakabareka bakambuka berecyeza mu Rwanda.

Aba banyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, bavuga ko bafata icyemezo cyo guhunga kubera itotezwa bakorerwa mu Gihugu cyabo, bamwe bakicwa urw’agashinyaguro babashinja kuba ibyitso bya M23.

Nyirambyeyi Dusabe wagarutse ku magambo babwirwa mu Gihugu cyabo, yavuze ko iyo bavuga umutwe wa M23, baba bavuga “ngo ngizo za Nyenzi ziraduteye tugiye gushira, Abatutsi bari aha, mureke tubatemagure bazasange twarabamaze.”

Uyu muturage uvuga ko ubwo bari bagiye kwicwa ari bwo bahise bakiza amagara yabo, yavuze ko ntakintu bigeze bahungana kuko icyo bari bashyize imbere ari ugukiza ubuzima bwabo ku buryo nta n’umwenda wo guhindura bazanye.

Uyu Munyekongo ubu ucumbikiwe mu nkambi ya Kijote we na bagenzi be, yagize ati “Uko undeba uku ni uku nambaye, nasize ibintu mu nzu, metela, ubu ndi kuryama ku mabuye.”

Iyi nkambi ya Kijote iherereye mu Karere ka Nyabihu, inyuzwamo by’igihe gito izi mpunzi zigahita zijyanwa muri Nkamira ahamaze kwakirwa impunzi zikabakaba muri 700.

Aba banyekongo bavuga ko ababa bashaka kubica ari inyeshyamba za FDLR ndetse n’abo muri Nyatura bari guhiga bukware Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Nshizirungu Mupenzi avuga ko kugira ngo binjire mu Rwanda na byo ari ihurizo rikomeye kuko bibasaba ubushobozi baba batanafite kuko banyura ku basirikare ba Congo, kandi kugira ngo babareke batambuke bibasaba kugira icyo babapfumbatiza.

Ati “Wiyeranja ushaka ukuntu wagurisha agatungo noneho ukabona ukuntu wirukanka, ubwo rero kuko bariya basoda b’Abakongomani iyo umuhaye amafaranga arakwihorera ukagenda.”

Aba banyekongo bashima uburyo ubuyobozi bw’u Rwanda bwabakiriye, gusa bakavuga ko bagikeneye ibikoresho kuko hari ibikibura birimo nk’ibyo kuryamira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − seven =

Previous Post

Ahavuye amakuru yafashije Polisi gutahura abagore 2 bakoraga ibitemewe ikabafatira mu isoko

Next Post

Byinshi kuri couple y’Umwongereza n’Umunyarwandakazi akubye 2 mu myaka bagaragaye nk’abibereye mu ijuru rito

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byinshi kuri couple y’Umwongereza n’Umunyarwandakazi akubye 2 mu myaka bagaragaye nk’abibereye mu ijuru rito

Byinshi kuri couple y’Umwongereza n’Umunyarwandakazi akubye 2 mu myaka bagaragaye nk'abibereye mu ijuru rito

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.