Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyekongo bahungira mu Rwanda bahishuye ababafasha kwambuka babanje kubaha amafaranga

radiotv10by radiotv10
18/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyekongo bahungira mu Rwanda bahishuye ababafasha kwambuka babanje kubaha amafaranga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu Banyekongo bahungira mu Rwanda kubera imirwano ihanganishije igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na M23, bavuze ko baha amafaranga abasirikare ba FARDC bakabareka bakambuka berecyeza mu Rwanda.

Aba banyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, bavuga ko bafata icyemezo cyo guhunga kubera itotezwa bakorerwa mu Gihugu cyabo, bamwe bakicwa urw’agashinyaguro babashinja kuba ibyitso bya M23.

Nyirambyeyi Dusabe wagarutse ku magambo babwirwa mu Gihugu cyabo, yavuze ko iyo bavuga umutwe wa M23, baba bavuga “ngo ngizo za Nyenzi ziraduteye tugiye gushira, Abatutsi bari aha, mureke tubatemagure bazasange twarabamaze.”

Uyu muturage uvuga ko ubwo bari bagiye kwicwa ari bwo bahise bakiza amagara yabo, yavuze ko ntakintu bigeze bahungana kuko icyo bari bashyize imbere ari ugukiza ubuzima bwabo ku buryo nta n’umwenda wo guhindura bazanye.

Uyu Munyekongo ubu ucumbikiwe mu nkambi ya Kijote we na bagenzi be, yagize ati “Uko undeba uku ni uku nambaye, nasize ibintu mu nzu, metela, ubu ndi kuryama ku mabuye.”

Iyi nkambi ya Kijote iherereye mu Karere ka Nyabihu, inyuzwamo by’igihe gito izi mpunzi zigahita zijyanwa muri Nkamira ahamaze kwakirwa impunzi zikabakaba muri 700.

Aba banyekongo bavuga ko ababa bashaka kubica ari inyeshyamba za FDLR ndetse n’abo muri Nyatura bari guhiga bukware Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Nshizirungu Mupenzi avuga ko kugira ngo binjire mu Rwanda na byo ari ihurizo rikomeye kuko bibasaba ubushobozi baba batanafite kuko banyura ku basirikare ba Congo, kandi kugira ngo babareke batambuke bibasaba kugira icyo babapfumbatiza.

Ati “Wiyeranja ushaka ukuntu wagurisha agatungo noneho ukabona ukuntu wirukanka, ubwo rero kuko bariya basoda b’Abakongomani iyo umuhaye amafaranga arakwihorera ukagenda.”

Aba banyekongo bashima uburyo ubuyobozi bw’u Rwanda bwabakiriye, gusa bakavuga ko bagikeneye ibikoresho kuko hari ibikibura birimo nk’ibyo kuryamira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Ahavuye amakuru yafashije Polisi gutahura abagore 2 bakoraga ibitemewe ikabafatira mu isoko

Next Post

Byinshi kuri couple y’Umwongereza n’Umunyarwandakazi akubye 2 mu myaka bagaragaye nk’abibereye mu ijuru rito

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu
FOOTBALL

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byinshi kuri couple y’Umwongereza n’Umunyarwandakazi akubye 2 mu myaka bagaragaye nk’abibereye mu ijuru rito

Byinshi kuri couple y’Umwongereza n’Umunyarwandakazi akubye 2 mu myaka bagaragaye nk'abibereye mu ijuru rito

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.