Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyekongo bahungira mu Rwanda bahishuye ababafasha kwambuka babanje kubaha amafaranga

radiotv10by radiotv10
18/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyekongo bahungira mu Rwanda bahishuye ababafasha kwambuka babanje kubaha amafaranga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu Banyekongo bahungira mu Rwanda kubera imirwano ihanganishije igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na M23, bavuze ko baha amafaranga abasirikare ba FARDC bakabareka bakambuka berecyeza mu Rwanda.

Aba banyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, bavuga ko bafata icyemezo cyo guhunga kubera itotezwa bakorerwa mu Gihugu cyabo, bamwe bakicwa urw’agashinyaguro babashinja kuba ibyitso bya M23.

Nyirambyeyi Dusabe wagarutse ku magambo babwirwa mu Gihugu cyabo, yavuze ko iyo bavuga umutwe wa M23, baba bavuga “ngo ngizo za Nyenzi ziraduteye tugiye gushira, Abatutsi bari aha, mureke tubatemagure bazasange twarabamaze.”

Uyu muturage uvuga ko ubwo bari bagiye kwicwa ari bwo bahise bakiza amagara yabo, yavuze ko ntakintu bigeze bahungana kuko icyo bari bashyize imbere ari ugukiza ubuzima bwabo ku buryo nta n’umwenda wo guhindura bazanye.

Uyu Munyekongo ubu ucumbikiwe mu nkambi ya Kijote we na bagenzi be, yagize ati “Uko undeba uku ni uku nambaye, nasize ibintu mu nzu, metela, ubu ndi kuryama ku mabuye.”

Iyi nkambi ya Kijote iherereye mu Karere ka Nyabihu, inyuzwamo by’igihe gito izi mpunzi zigahita zijyanwa muri Nkamira ahamaze kwakirwa impunzi zikabakaba muri 700.

Aba banyekongo bavuga ko ababa bashaka kubica ari inyeshyamba za FDLR ndetse n’abo muri Nyatura bari guhiga bukware Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Nshizirungu Mupenzi avuga ko kugira ngo binjire mu Rwanda na byo ari ihurizo rikomeye kuko bibasaba ubushobozi baba batanafite kuko banyura ku basirikare ba Congo, kandi kugira ngo babareke batambuke bibasaba kugira icyo babapfumbatiza.

Ati “Wiyeranja ushaka ukuntu wagurisha agatungo noneho ukabona ukuntu wirukanka, ubwo rero kuko bariya basoda b’Abakongomani iyo umuhaye amafaranga arakwihorera ukagenda.”

Aba banyekongo bashima uburyo ubuyobozi bw’u Rwanda bwabakiriye, gusa bakavuga ko bagikeneye ibikoresho kuko hari ibikibura birimo nk’ibyo kuryamira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + four =

Previous Post

Ahavuye amakuru yafashije Polisi gutahura abagore 2 bakoraga ibitemewe ikabafatira mu isoko

Next Post

Byinshi kuri couple y’Umwongereza n’Umunyarwandakazi akubye 2 mu myaka bagaragaye nk’abibereye mu ijuru rito

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byinshi kuri couple y’Umwongereza n’Umunyarwandakazi akubye 2 mu myaka bagaragaye nk’abibereye mu ijuru rito

Byinshi kuri couple y’Umwongereza n’Umunyarwandakazi akubye 2 mu myaka bagaragaye nk'abibereye mu ijuru rito

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.