Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

radiotv10by radiotv10
04/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga ko harashwe ibisasu bya rutura biri guturuka mu Burundi, byatumye bafata umwanzuro wo gukiza amagara yabo.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Ukuboza 2025 muri kariya gace hiriwemo imirwano ihanganishije abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 n’abarwanira uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagizwe n’abarimo FARDC, ingabo z’u Burundi na FDLR.

Iyi mirwano yakajije umurego, yatumye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu Abanyekongo babarirwa hagati y’ 160 na 200 bahungira mu Rwanda banyuze ku mupaka wa Bugarama-Kamanyola uhuza u Rwanda na DRC.

Umwe mu Banyekongo bahunze, yavuze ko basize ibintu bimeze nabi cyane, ku buryo babonye bikomeje guhindura isura bagahitamo gukiza amagara yabo.

Ati “Ibisasu bikajya birira buri kanya, kandi ibisasu bikomeye, byanaturukaga i Burundi biza bidusanga aho turi, ariko bashakaga ngo barase intwaro [ya AFC/M23] yari iri hariya ngo bayitwike.”

Uyu muturage avuga kandi ko no ku wa Kabiri tariki 02 Ukuboza, na bwo imirwano yirije umunsi, ndetse ko hari n’igisasu cyaguye ku nzu y’umuturage, ndetse n’ikindi cyakomereje abana babiri n’umubyeyi umwe.

Ati “N’ababyeyi bari batwite bahise bajya mu ihungabana ry’ibyo bintu, ariko ibyo byasenye inzu bikanakomeretsa abo bana, byaturutse i Burundi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel yatangaje ko Abanyekongo babarirwa mu 160 koko bakiriwe mu Rwanda, bavuye mu Gihugu cyabo bahunze imirwano.

Yagize ati “Bagizwe cyane n’abana bato ndetse n’abagore bamaze umwanya ku mupaka basabaga ko babona aho baba baruhukiye, bageze hafi ku ijana na mirongo itandatu.”

Muri iki kiganiro yatanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, yavuze ko ubuyobozi bwari bugiye gushakira aba baturage aho baba baruhukiye ku buryo bamara kumva batekanye, ndetse bitewe n’uko iwabo byaza kugenda, bakaba basubirayo.

Ihuriro AFC/M23 rimaze iminsi ritangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwa, rigaragaza ko i Burundi hakomeje kuba indiri yo gutegurirayo ibitero biri kugabwa mu bice binyuranye.

Iri Huriro kandi ryagaragaje ingaruka zikomeje guterwa n’ibitero by’indege n’ibyo ku butaka bikomeje kugabwa n’uruhande bahanganye, zirimo abana bakomeretse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + seven =

Previous Post

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Next Post

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.