Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abareze Dr Damien wabaye Minisitiri w’Intebe bazaniye Urukiko inkuru nziza

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Abareze Dr Damien wabaye Minisitiri w’Intebe bazaniye Urukiko inkuru nziza
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Pierre Damien Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, uyu munsi yagombaga kwitaba Urukiko ku kirego cy’umwishyuza Miliyoni 3,2Frw, ariko haza umunyamategeko wunganira uwareze, abwira Umucamanza ko bagiranye ubwumvikane n’umwe mu bana b’uwo bareze, ku buryo yazishyura.

Dr Pierre Damien wanagize indi myanya ikomeye mu nzego nkuru z’Igihugu, mu kwezi k’Ugushyingo 2020, yari yarakatiwe gufungwa imyaka itatu no gutanga ihazabu ya Miliyoni zigera muri 890 Frw.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwaraburanishije uyu munyapolitiki rukamuhamya icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiye, rwari rwanamusabye kwishyura imyenda abereyemo abantu zigera muri Miliyari 1,5 Frw.

Ku ya 14 Ukwakira 2021, yarekuwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ariko asabwa kwishyura imyenda yari abereyemo abantu.

Mu minsi ishize hari hamenyekanye amakuru ko uwitwa Bizima Daniel uri mu bagombaga kwishyurwa na Dr Pierre Damien, yamureze mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, nyuma yo kwanga kumwishyura Miliyoni 3,2 Frw amurimo ndetse ko atagaragazaga ubushake bwo kumwishyura.

Uru rubanza rwagombaga kuburanishwa kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Ugushyingo 2022, ariko ntirwabaye ndetse yaba uwareze n’uwarezwe; bombi bakaba batagaragaye mu cyumba cy’Urukiko.

Umunyamategeko wunganira uwareze (Bizima Daniel) wagaragaye mu cyumba cy’iburanisha kuri uyu wa Gatatu, yamenyesheje Umucamanza ko impamvu uwo yunganira n’uwo baburana batitabye Urukiko, ari uko bagiranye ubwumvikane.

Yavuze ko na we icyamuzinduye akaza mu Rukiko, ari “Ugusaba kureka urubanza […] Ni cyo gituma Pierre Damien atitabye Urukiko, ni uko yari azi ko hafashwe iki cyemezo.”

Uyu munyamategeko yavuze ko ubwumvikane bwabayeho hagati y’umukiliya we ndetse n’umukobwa wa Dr Damien Habumuremyi, bakiyemeza kuzajya bamwishyura buhoro buhoro.

Urukiko rwahise rupfundikira uru rubanza, rwemeza ko ruzasomwa umwanzuro warwo mu cyumweru gitaha tariki 10 Ugushyingo 2022.

RADIOTV10

Comments 1

  1. NizO says:
    3 years ago

    Good

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 6 =

Previous Post

Perezida Kagame na Ndayishimiye w’u Burundi bahanye intashyo

Next Post

Abagaba bakuru b’Ingabo muri EAC bagiye guhura byihuse

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagaba bakuru b’Ingabo muri EAC bagiye guhura byihuse

Abagaba bakuru b’Ingabo muri EAC bagiye guhura byihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.