Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abareze Dr Damien wabaye Minisitiri w’Intebe bazaniye Urukiko inkuru nziza

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Abareze Dr Damien wabaye Minisitiri w’Intebe bazaniye Urukiko inkuru nziza
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Pierre Damien Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, uyu munsi yagombaga kwitaba Urukiko ku kirego cy’umwishyuza Miliyoni 3,2Frw, ariko haza umunyamategeko wunganira uwareze, abwira Umucamanza ko bagiranye ubwumvikane n’umwe mu bana b’uwo bareze, ku buryo yazishyura.

Dr Pierre Damien wanagize indi myanya ikomeye mu nzego nkuru z’Igihugu, mu kwezi k’Ugushyingo 2020, yari yarakatiwe gufungwa imyaka itatu no gutanga ihazabu ya Miliyoni zigera muri 890 Frw.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwaraburanishije uyu munyapolitiki rukamuhamya icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiye, rwari rwanamusabye kwishyura imyenda abereyemo abantu zigera muri Miliyari 1,5 Frw.

Ku ya 14 Ukwakira 2021, yarekuwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ariko asabwa kwishyura imyenda yari abereyemo abantu.

Mu minsi ishize hari hamenyekanye amakuru ko uwitwa Bizima Daniel uri mu bagombaga kwishyurwa na Dr Pierre Damien, yamureze mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, nyuma yo kwanga kumwishyura Miliyoni 3,2 Frw amurimo ndetse ko atagaragazaga ubushake bwo kumwishyura.

Uru rubanza rwagombaga kuburanishwa kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Ugushyingo 2022, ariko ntirwabaye ndetse yaba uwareze n’uwarezwe; bombi bakaba batagaragaye mu cyumba cy’Urukiko.

Umunyamategeko wunganira uwareze (Bizima Daniel) wagaragaye mu cyumba cy’iburanisha kuri uyu wa Gatatu, yamenyesheje Umucamanza ko impamvu uwo yunganira n’uwo baburana batitabye Urukiko, ari uko bagiranye ubwumvikane.

Yavuze ko na we icyamuzinduye akaza mu Rukiko, ari “Ugusaba kureka urubanza […] Ni cyo gituma Pierre Damien atitabye Urukiko, ni uko yari azi ko hafashwe iki cyemezo.”

Uyu munyamategeko yavuze ko ubwumvikane bwabayeho hagati y’umukiliya we ndetse n’umukobwa wa Dr Damien Habumuremyi, bakiyemeza kuzajya bamwishyura buhoro buhoro.

Urukiko rwahise rupfundikira uru rubanza, rwemeza ko ruzasomwa umwanzuro warwo mu cyumweru gitaha tariki 10 Ugushyingo 2022.

RADIOTV10

Comments 1

  1. NizO says:
    3 years ago

    Good

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Perezida Kagame na Ndayishimiye w’u Burundi bahanye intashyo

Next Post

Abagaba bakuru b’Ingabo muri EAC bagiye guhura byihuse

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagaba bakuru b’Ingabo muri EAC bagiye guhura byihuse

Abagaba bakuru b’Ingabo muri EAC bagiye guhura byihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.