Saturday, September 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abari abanyabwenge mbere ya Jenoside banenzwe uburyo bitandukanyije nabwo bagakora amarorerwa

radiotv10by radiotv10
17/06/2025
in MU RWANDA
0
Abari abanyabwenge mbere ya Jenoside banenzwe uburyo bitandukanyije nabwo bagakora amarorerwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwo Kaminuza y’Abaporotesitanti mu Rwanda iri mu Karere ka Huye yibukaga ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, hongeye kunengwa bamwe mu banyabwenge bigaga muri za kaminuza n’abari barazirangijemo muri icyo gihe, bagize uruhare mu gucura umugambi wa Jenoside no kuyikora.

Senateri Prof. Penine Uwimbabazi, yasabye abize n’abakiga mu mashuri makuru na za kaminuza kurangwa n’ukuri no kwirinda ikibi, kugira ngo birinde kugendera mu murongo mubi w’abo mu bihe bya mbere ya Jenosiede.

Yagize ati “Muri Jenoside yakorewe Abatutsi abari abanyabwenge barivanze cyane birengagiza ukuri, babikoraga babigambiriye basa n’abitandukanyije n’ubwenge bica bagenzi babo bagombaga kurengera no kuvuganira. Uyu munsi rero ni isomo rikomeye ku banyabwenge bakagombye kuba intangarugero mu kwanga ikibi no guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi.”

Bamwe mu banyeshuri bo muri kaminuza, banenga bamwe muri bagenzi babo bo mu bihe bya mbere ya Jenoside baranzwe n’ibikorwa bibi.

Mukangango Vestine yagize ati “Dufite umukoro wo guharanira gukora ibyiza no gutanga urugero rwiza mu kubaka Igihugu kandi tugakoresha ubwenge bwacu mu kubaka Igihugu kugira ngo ibyabaye bitazongera kubaho.”

Olivier Rwigimba na we yagize ati “Ibyo twiga mu mashuri bigomba kudufasha kugira uruhare mu bumwe bw’Abanyarwanda tukigira ku makosa bagenzi bacu bize bakoze kugira ngo abize tuyakosore duharanira  kuba intangarugero mu kubaka umuryango Nyarwanda.”

Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe amasomo muri Kaminuza y’Abaporotesitanti mu Rwanda, Pasteur Viateur Habarurema avuga ko  icyatije umurindi Jenoside yakorewe Abatutsi ari bamwe mu bari barize  barangwaga n’urwango no kubura ubumuntu.

Ati “Twari dufite abari bafite ubumenyi babura umutimanama, babura indangagaciro za kimuntu, ubumenyi bari babufite babukorersha mu kuvutsa ubuzima abantu. Nk’ishuri ryacu ryigishaga ibijyanye n’iyobokamana ni igisebo. Icyo cyuho ni ikintu gikomeye natwe mu nyigisho zacu twashyizeho ingamba zo kurwana nacyo kuva aho ishuri risubukuriye imirimo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Mu kwibuka abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hunamiwe inzirakarengane, hanashyirwa indabo ahari ikimenyetso cyanditseho  amazina y’abari abanyeshuri bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Hakozwe umuhango wo kunamira inzirakarengane

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

Next Post

Ingabo z’u Rwanda zungutse undi Ofisiye Mukuru urangije amasomo hanze

Related Posts

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

by radiotv10
20/09/2025
0

Umubyeyi w’imyaka 17 wo mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, aravuga ko nyuma yo kubyara afite imyaka 16,...

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

by radiotv10
20/09/2025
0

Gen Z is known for being stylish, confident, and very active online. But one thing that never goes out of...

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

by radiotv10
20/09/2025
0

Ni mu gihe habura amasaha gusa ngo iri siganwa ry’isi ry’amagare rigatangire mu murwa Mukuru w’u Rwanda i Kigali. Ipyapa,...

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

by radiotv10
20/09/2025
0

Rwanda is rolling out a new digital ID system, launched by the National Identification Agency (NIDA) in August 2025, to...

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

by radiotv10
19/09/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwatangaje amabwiriza agenga ibikorwa by’ubucuruzi bujyanye no kwakira abantu, birimo utubari, utubyiniro na resitora,...

IZIHERUKA

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu
MU RWANDA

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

by radiotv10
20/09/2025
0

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

20/09/2025
Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

20/09/2025
Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

20/09/2025
Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

19/09/2025
Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

19/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Rwanda zungutse undi Ofisiye Mukuru urangije amasomo hanze

Ingabo z’u Rwanda zungutse undi Ofisiye Mukuru urangije amasomo hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.