Wednesday, July 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abari abanyabwenge mbere ya Jenoside banenzwe uburyo bitandukanyije nabwo bagakora amarorerwa

radiotv10by radiotv10
17/06/2025
in MU RWANDA
0
Abari abanyabwenge mbere ya Jenoside banenzwe uburyo bitandukanyije nabwo bagakora amarorerwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwo Kaminuza y’Abaporotesitanti mu Rwanda iri mu Karere ka Huye yibukaga ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, hongeye kunengwa bamwe mu banyabwenge bigaga muri za kaminuza n’abari barazirangijemo muri icyo gihe, bagize uruhare mu gucura umugambi wa Jenoside no kuyikora.

Senateri Prof. Penine Uwimbabazi, yasabye abize n’abakiga mu mashuri makuru na za kaminuza kurangwa n’ukuri no kwirinda ikibi, kugira ngo birinde kugendera mu murongo mubi w’abo mu bihe bya mbere ya Jenosiede.

Yagize ati “Muri Jenoside yakorewe Abatutsi abari abanyabwenge barivanze cyane birengagiza ukuri, babikoraga babigambiriye basa n’abitandukanyije n’ubwenge bica bagenzi babo bagombaga kurengera no kuvuganira. Uyu munsi rero ni isomo rikomeye ku banyabwenge bakagombye kuba intangarugero mu kwanga ikibi no guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi.”

Bamwe mu banyeshuri bo muri kaminuza, banenga bamwe muri bagenzi babo bo mu bihe bya mbere ya Jenoside baranzwe n’ibikorwa bibi.

Mukangango Vestine yagize ati “Dufite umukoro wo guharanira gukora ibyiza no gutanga urugero rwiza mu kubaka Igihugu kandi tugakoresha ubwenge bwacu mu kubaka Igihugu kugira ngo ibyabaye bitazongera kubaho.”

Olivier Rwigimba na we yagize ati “Ibyo twiga mu mashuri bigomba kudufasha kugira uruhare mu bumwe bw’Abanyarwanda tukigira ku makosa bagenzi bacu bize bakoze kugira ngo abize tuyakosore duharanira  kuba intangarugero mu kubaka umuryango Nyarwanda.”

Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe amasomo muri Kaminuza y’Abaporotesitanti mu Rwanda, Pasteur Viateur Habarurema avuga ko  icyatije umurindi Jenoside yakorewe Abatutsi ari bamwe mu bari barize  barangwaga n’urwango no kubura ubumuntu.

Ati “Twari dufite abari bafite ubumenyi babura umutimanama, babura indangagaciro za kimuntu, ubumenyi bari babufite babukorersha mu kuvutsa ubuzima abantu. Nk’ishuri ryacu ryigishaga ibijyanye n’iyobokamana ni igisebo. Icyo cyuho ni ikintu gikomeye natwe mu nyigisho zacu twashyizeho ingamba zo kurwana nacyo kuva aho ishuri risubukuriye imirimo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Mu kwibuka abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hunamiwe inzirakarengane, hanashyirwa indabo ahari ikimenyetso cyanditseho  amazina y’abari abanyeshuri bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Hakozwe umuhango wo kunamira inzirakarengane

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 9 =

Previous Post

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

Next Post

Ingabo z’u Rwanda zungutse undi Ofisiye Mukuru urangije amasomo hanze

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

by radiotv10
08/07/2025
0

Abantu batanu barimo umugore umwe baregwa kwica umugabo bamukase ijosi bamusanze mu rugo iwe mu Murenge wa Ngoma mu Karere...

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

by radiotv10
08/07/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, rwasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kurema umutwe...

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

by radiotv10
08/07/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire ku cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo cyafatiwe Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uruhande rw’uregwa, rwagaragaje ibimenyetso buheraho...

Eng.-Why is DRC bringing in more mercenaries, drones, and heavy weapons? Peace Deal raises concerns

Eng.-Why is DRC bringing in more mercenaries, drones, and heavy weapons? Peace Deal raises concerns

by radiotv10
08/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Olivier Nduhungirehe mentioned that even though Rwanda has a hope on the...

IZIHERUKA

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR
AMAHANGA

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

by radiotv10
08/07/2025
0

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

08/07/2025
Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

08/07/2025
Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

08/07/2025
Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Rwanda zungutse undi Ofisiye Mukuru urangije amasomo hanze

Ingabo z’u Rwanda zungutse undi Ofisiye Mukuru urangije amasomo hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.