Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abari gusangwamo COVID-19 mu Rwanda abenshi ni abanduye Omicron- Dr Ngamije

radiotv10by radiotv10
30/12/2021
in MU RWANDA
0
Abari gusangwamo COVID-19 mu Rwanda abenshi ni abanduye Omicron- Dr Ngamije
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije yatangaje hagendewe ku bipimo by’abari gusangwamo ubwandu bw’Icyorezo cya COVID-19, abenshi ari abafite ubwoko bwa Virus ya Omicron ikomeje guteza impungenge kubera uburyo ikwirakwira byihuse.

Dr Daniel Ngamije, yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 30 mu kiganiro n’itangazamakuru, kigamije gusobanura uko u Rwanda ruhagaze mu guhanga n’icyorezo cya COVID-19, na gahunda y’ikingira.

Iki kiganiro kibaye mu gihe mu masaha 24 yo kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Ukuboza 2021 mu Rwanda hagaragaye abantu 2 083 bashya banduye COVID-19.

Minisitiri w’ubuzima Dr Ngamije Daniel, yavuze ko hashingiwe ku bipimo birimo bifatwa muri iyi minsi, umubare munini w’abarimo kwandura Coronavirus, bandura iyo mu bwoko bwa Omicron.

Ubu bwoko bushya bwa Omicron bwagaragaye bwa mbere muri Afurika y’Epfo no mu bihugu byo muri ibi bice, buzwiho kuba bukwirakwira mu buryo bwihuse.

Yavuze ko ugereranyije n’umubare w’abanduraga mu kwezi gushize ku mpuzandengo ya 50 n’uyu munsi babarirwa mu bihumbi bibiri, biragaragaza ubwiyongere bukomeye bw’iki cyorezo.

Icyakora hashingiwe ku miterere y’uko abandura bahagaze, ntibiragera ku rwego rwo guteza impungenge kuko abaremba bakiri bacye.

Yaboneyeho gusaba abaturarwanda gukomeza kwitwararika, kuko bitavuze ko n’ubwo waba warahawe urukingo rushimangirautakwandura kandi ukanduza abandi.

Agaruka ku mpamvu z’urukingo rushimangira, Minisitiri Ngamije yavuze ko hashingiwe ku bushakashatsi bwakozwe ku bari barakingiwe mu mezi atatu, baje gusanga ubudahangarwa bw’umubiri wabo bumanuka, bityo bisaba ko urukingo rushimangira, mu rwego rwo kongera kuzamura ubudahangarwa bw’umuntu.

Agaruka ku bwitabire bw’abanyarwanda muri gahunda yo gukingira, Ministri w’ubuzima yavuze ko abantu ibihumbi 150 bamaze guhabwa urukingo rushimangira, bikagaragaza ko u Rwanda ruhagaze ku mwanya mwiza, ugereranyije n’ibindi bihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − three =

Previous Post

Kabeza: Akabari kitwa Wakanda kafashwe n’inkongi idasanzwe karashya karakongoka

Next Post

Haravugwa ubwiyunge hagati ya Papa Cyangwe na Rocky baherutse gutandukana

Related Posts

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

IZIHERUKA

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it
MU RWANDA

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa ubwiyunge hagati ya Papa Cyangwe na Rocky baherutse gutandukana

Haravugwa ubwiyunge hagati ya Papa Cyangwe na Rocky baherutse gutandukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.