Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abari gusangwamo COVID-19 mu Rwanda abenshi ni abanduye Omicron- Dr Ngamije

radiotv10by radiotv10
30/12/2021
in MU RWANDA
0
Abari gusangwamo COVID-19 mu Rwanda abenshi ni abanduye Omicron- Dr Ngamije
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije yatangaje hagendewe ku bipimo by’abari gusangwamo ubwandu bw’Icyorezo cya COVID-19, abenshi ari abafite ubwoko bwa Virus ya Omicron ikomeje guteza impungenge kubera uburyo ikwirakwira byihuse.

Dr Daniel Ngamije, yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 30 mu kiganiro n’itangazamakuru, kigamije gusobanura uko u Rwanda ruhagaze mu guhanga n’icyorezo cya COVID-19, na gahunda y’ikingira.

Iki kiganiro kibaye mu gihe mu masaha 24 yo kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Ukuboza 2021 mu Rwanda hagaragaye abantu 2 083 bashya banduye COVID-19.

Minisitiri w’ubuzima Dr Ngamije Daniel, yavuze ko hashingiwe ku bipimo birimo bifatwa muri iyi minsi, umubare munini w’abarimo kwandura Coronavirus, bandura iyo mu bwoko bwa Omicron.

Ubu bwoko bushya bwa Omicron bwagaragaye bwa mbere muri Afurika y’Epfo no mu bihugu byo muri ibi bice, buzwiho kuba bukwirakwira mu buryo bwihuse.

Yavuze ko ugereranyije n’umubare w’abanduraga mu kwezi gushize ku mpuzandengo ya 50 n’uyu munsi babarirwa mu bihumbi bibiri, biragaragaza ubwiyongere bukomeye bw’iki cyorezo.

Icyakora hashingiwe ku miterere y’uko abandura bahagaze, ntibiragera ku rwego rwo guteza impungenge kuko abaremba bakiri bacye.

Yaboneyeho gusaba abaturarwanda gukomeza kwitwararika, kuko bitavuze ko n’ubwo waba warahawe urukingo rushimangirautakwandura kandi ukanduza abandi.

Agaruka ku mpamvu z’urukingo rushimangira, Minisitiri Ngamije yavuze ko hashingiwe ku bushakashatsi bwakozwe ku bari barakingiwe mu mezi atatu, baje gusanga ubudahangarwa bw’umubiri wabo bumanuka, bityo bisaba ko urukingo rushimangira, mu rwego rwo kongera kuzamura ubudahangarwa bw’umuntu.

Agaruka ku bwitabire bw’abanyarwanda muri gahunda yo gukingira, Ministri w’ubuzima yavuze ko abantu ibihumbi 150 bamaze guhabwa urukingo rushimangira, bikagaragaza ko u Rwanda ruhagaze ku mwanya mwiza, ugereranyije n’ibindi bihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Kabeza: Akabari kitwa Wakanda kafashwe n’inkongi idasanzwe karashya karakongoka

Next Post

Haravugwa ubwiyunge hagati ya Papa Cyangwe na Rocky baherutse gutandukana

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa ubwiyunge hagati ya Papa Cyangwe na Rocky baherutse gutandukana

Haravugwa ubwiyunge hagati ya Papa Cyangwe na Rocky baherutse gutandukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.