Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

radiotv10by radiotv10
10/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse
Share on FacebookShare on Twitter

Leta ya Tanzania yagejeje mu nkiko abantu amagana ibarega icyaha cya gucura umugambi wo kugambanira Igihugu, nyuma y’imyigaragambyo yabaye mu kwezi gushize, yakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu aherutse kuba.

Ibi byazamuye cyane ibibazo bya politiki mu Gihugu, mu gihe hakiri urujijo ku mubare nyawo w’abantu baguye muri iyo myigaragambyo.

Polisi yasohoye kandi impapuro zo gufata bamwe mu bayobozi bakuru b’ishyaka rya Chadema ritavuga rumwe n’ubutegetsi batari barafunzwe, barimo Brenda Rupia ushinzwe itumanaho muri iri shyaka, ndetse na john Mnyika, Umunyamabanga Mukuru waryo.

Ni mu gihe umuyobozi mukuru waryo, Tundu Lissu, amaze igihe afunzwe kandi aregwa icyaha cyo kugambirira guhirika ubutegetsi, nyuma yuko yari yasabye ko habaho ivugurura ry’itegeko ry’amatora mbere y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu mpera z’ukwezi gushize k’Ukwakira 2025.

Visi Perezida wa Tanzania, Emmanuel Nchimbi, yatangaje ko Guverinoma ya Perezida Samia Suluhu Hassan yafashe ingamba zo kugarura ituze n’ubwumvikane mu baturage.

Kugeza ubu ishyaka rya Nhadema na Kiliziya Gaturika muri iki Gihugu, biravuga ko abantu barenga 1 000 bitabye Imana ubwo inzego z’umutekano zageragezaga guhosha imvururu n’imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi mbere y’amatora ndetse na nyuma yayo.

Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu muri Kenya yo ikavuga ko abarenga 3 000 baguye muri izo mvururu, abandi bakaba baraburiwe irengero, icyakora Leta ya Tanzania yo, nta mubare w’abaguye muri izi mvururu iratangaza.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Related Posts

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusirikare mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bivugwa ko yari yasinze, yishwe nyuma yo gushaka kwivugana umukuriye,...

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

by radiotv10
10/11/2025
0

Colonel Fureko usanzwe akomoka mu Banyamulenge ukorana n’Umutwe wa Wazalendo na FARDC guhangana na AFC/M23, yatawe muri yombi anakorerwa iyicarubozo...

Imyitwarire y’Igisirikare cy’u Burundi ikomeje guteza impungenge ku Banyamulenge muri Congo

Imyitwarire y’Igisirikare cy’u Burundi ikomeje guteza impungenge ku Banyamulenge muri Congo

by radiotv10
10/11/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kohereza abandi basirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byumwihariko muri Kivu y’Epfo, aho bivugwa ko...

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rigikomeje guhagarara ku ntego yo gucungura Abanyekongo bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, nyuma yuko yerekanye amashusho...

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

by radiotv10
07/11/2025
0

Abasirikare 11 bo ku rwego rw’Abofisiye n’aba Sous-officiers mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo batatu bafite...

IZIHERUKA

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse
AMAHANGA

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

10/11/2025
Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

10/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.