Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abarimo ibyamamare bakomeje gufata mu mugongo umuhanzi Meddy wapfushije umubyeyi

radiotv10by radiotv10
15/08/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Abarimo ibyamamare bakomeje gufata mu mugongo umuhanzi Meddy wapfushije umubyeyi
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu ngeri zitandukanye barimo abasanzwe bafite amazina azwi mu ruganda rw’imyidagaduro, bakomeje kwihanganisha umuhanzi Meddy wapfushije umubyeyi we.

Inkuru y’urupfu rwa Alphonsine Cyabukombe, umubyeyi wa Ngabo Medard [Meddy] rwamenyekanye kuri iki Cyumweru tariki 14 Kanama 2022, rutangajwe n’inshuti z’uyu muhanzi mu gihe we ntacyo arabitangazaho.

Amakuru avuga ko umubyeyi wa Meddy yari arwariye i Nairobi muri Kenya aho yari amaze igihe ari kwitabwaho n’abaganga akaba ari na ho yitabiye Imana.

Paji y’abakunze ba Meddy izwi nka Inkoramutima, bashyize ifoto y’uyu mubyeyi ku mbuga nkoranyambaga, bamwifuriza kuruhukira mu mahoro.

Iyi foto bayiherekesheje amagambo agira ati “Mama ugiye hakiri kare. Inkoramutima ituvuyemo. Imana igutuze aheza mubeyi.”

Umunyamakuru Ally Soudi, mu butumwa yanyujije kuri Instagram kuri iki Cyumweru, yagize ati “Ntakintu kibabaza muri ino isi nko kubura Umubyeyi cyane umubyeyi Mama. Allah akutubere muvandimwe Meddy kandi atwakirire umubyeyi wawe mu bwami bwe.”

https://www.instagram.com/p/ChPrjhBOxuu/?utm_source=ig_web_copy_link

David Bayingana na we usanzwe ari inshuti ya Meddy, na we yagize ati “Kubura umubyeyi (Mama) aba ari ibyago bikomeye. Komera Cyane Meddy.”

Umunyamakuru Lucky Nizeyimana ukorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, na we kuri Twitter yagize ati “Komera cyane muvandimwe Meddy. Umubyeyi wawe aruhukire mu mahoro.”

Umuhanzi Tom Close, mu butumwa yanyijije kuri Twitter, na we yihanganishije mugenzi we Meddy.

Yagize ati “Nshuti Meddy roho y’umubyeyi wawe iruhukire mu mahoro kandi Imana ibahe kwihangana muri iki gihe kigore no mu bihe biri imbere. Mwihangane wowe n’umuryango wawe muvandimwe.”

Dear @Meddyonly may your mother's soul rest in peace and may God comfort you during this hard time and all times to come. Condolences to you and your family brother.

— Tom Close 🇷🇼 (@tomclosex) August 15, 2022

Ngabo Medard Jobert AKA Meddy usigaye atuye muri Leta Zunze Ubumwe za America, yakunze kugaragaza umubyeyi nk’umuntu w’ingenzi dore ko ari we mubyeyi yari asigaranye.

Mu butumwa yigeze gushyira kuri instagram muri 2019, Meddy yari yagaragaje bimwe mu byiza biranga umubyeyi we, birimo guhorana umutima wihangana ndetse no guca bugufi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Urukingo rwa kane rwa COVID rwatangiye kubuza abantu serivisi zimwe, RBC yo irabivuga ukundi

Next Post

Rusizi: Babiri bafatanywe magendu bakuraga muri DRCongo barimo uwasanganywe ibitenge 410

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Babiri bafatanywe magendu bakuraga muri DRCongo barimo uwasanganywe ibitenge 410

Rusizi: Babiri bafatanywe magendu bakuraga muri DRCongo barimo uwasanganywe ibitenge 410

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.