Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abarimo ibyamamare bakomeje gufata mu mugongo umuhanzi Meddy wapfushije umubyeyi

radiotv10by radiotv10
15/08/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Abarimo ibyamamare bakomeje gufata mu mugongo umuhanzi Meddy wapfushije umubyeyi
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu ngeri zitandukanye barimo abasanzwe bafite amazina azwi mu ruganda rw’imyidagaduro, bakomeje kwihanganisha umuhanzi Meddy wapfushije umubyeyi we.

Inkuru y’urupfu rwa Alphonsine Cyabukombe, umubyeyi wa Ngabo Medard [Meddy] rwamenyekanye kuri iki Cyumweru tariki 14 Kanama 2022, rutangajwe n’inshuti z’uyu muhanzi mu gihe we ntacyo arabitangazaho.

Amakuru avuga ko umubyeyi wa Meddy yari arwariye i Nairobi muri Kenya aho yari amaze igihe ari kwitabwaho n’abaganga akaba ari na ho yitabiye Imana.

Paji y’abakunze ba Meddy izwi nka Inkoramutima, bashyize ifoto y’uyu mubyeyi ku mbuga nkoranyambaga, bamwifuriza kuruhukira mu mahoro.

Iyi foto bayiherekesheje amagambo agira ati “Mama ugiye hakiri kare. Inkoramutima ituvuyemo. Imana igutuze aheza mubeyi.”

Umunyamakuru Ally Soudi, mu butumwa yanyujije kuri Instagram kuri iki Cyumweru, yagize ati “Ntakintu kibabaza muri ino isi nko kubura Umubyeyi cyane umubyeyi Mama. Allah akutubere muvandimwe Meddy kandi atwakirire umubyeyi wawe mu bwami bwe.”

https://www.instagram.com/p/ChPrjhBOxuu/?utm_source=ig_web_copy_link

David Bayingana na we usanzwe ari inshuti ya Meddy, na we yagize ati “Kubura umubyeyi (Mama) aba ari ibyago bikomeye. Komera Cyane Meddy.”

Umunyamakuru Lucky Nizeyimana ukorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, na we kuri Twitter yagize ati “Komera cyane muvandimwe Meddy. Umubyeyi wawe aruhukire mu mahoro.”

Umuhanzi Tom Close, mu butumwa yanyijije kuri Twitter, na we yihanganishije mugenzi we Meddy.

Yagize ati “Nshuti Meddy roho y’umubyeyi wawe iruhukire mu mahoro kandi Imana ibahe kwihangana muri iki gihe kigore no mu bihe biri imbere. Mwihangane wowe n’umuryango wawe muvandimwe.”

Dear @Meddyonly may your mother's soul rest in peace and may God comfort you during this hard time and all times to come. Condolences to you and your family brother.

— Tom Close 🇷🇼 (@tomclosex) August 15, 2022

Ngabo Medard Jobert AKA Meddy usigaye atuye muri Leta Zunze Ubumwe za America, yakunze kugaragaza umubyeyi nk’umuntu w’ingenzi dore ko ari we mubyeyi yari asigaranye.

Mu butumwa yigeze gushyira kuri instagram muri 2019, Meddy yari yagaragaje bimwe mu byiza biranga umubyeyi we, birimo guhorana umutima wihangana ndetse no guca bugufi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + twelve =

Previous Post

Urukingo rwa kane rwa COVID rwatangiye kubuza abantu serivisi zimwe, RBC yo irabivuga ukundi

Next Post

Rusizi: Babiri bafatanywe magendu bakuraga muri DRCongo barimo uwasanganywe ibitenge 410

Related Posts

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamukazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

IZIHERUKA

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo
IBYAMAMARE

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Babiri bafatanywe magendu bakuraga muri DRCongo barimo uwasanganywe ibitenge 410

Rusizi: Babiri bafatanywe magendu bakuraga muri DRCongo barimo uwasanganywe ibitenge 410

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.