• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abarimo ibyamamare bakomeje gufata mu mugongo umuhanzi Meddy wapfushije umubyeyi

radiotv10by radiotv10
15/08/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Abarimo ibyamamare bakomeje gufata mu mugongo umuhanzi Meddy wapfushije umubyeyi
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu ngeri zitandukanye barimo abasanzwe bafite amazina azwi mu ruganda rw’imyidagaduro, bakomeje kwihanganisha umuhanzi Meddy wapfushije umubyeyi we.

Inkuru y’urupfu rwa Alphonsine Cyabukombe, umubyeyi wa Ngabo Medard [Meddy] rwamenyekanye kuri iki Cyumweru tariki 14 Kanama 2022, rutangajwe n’inshuti z’uyu muhanzi mu gihe we ntacyo arabitangazaho.

Amakuru avuga ko umubyeyi wa Meddy yari arwariye i Nairobi muri Kenya aho yari amaze igihe ari kwitabwaho n’abaganga akaba ari na ho yitabiye Imana.

Paji y’abakunze ba Meddy izwi nka Inkoramutima, bashyize ifoto y’uyu mubyeyi ku mbuga nkoranyambaga, bamwifuriza kuruhukira mu mahoro.

Iyi foto bayiherekesheje amagambo agira ati “Mama ugiye hakiri kare. Inkoramutima ituvuyemo. Imana igutuze aheza mubeyi.”

Umunyamakuru Ally Soudi, mu butumwa yanyujije kuri Instagram kuri iki Cyumweru, yagize ati “Ntakintu kibabaza muri ino isi nko kubura Umubyeyi cyane umubyeyi Mama. Allah akutubere muvandimwe Meddy kandi atwakirire umubyeyi wawe mu bwami bwe.”

https://www.instagram.com/p/ChPrjhBOxuu/?utm_source=ig_web_copy_link

David Bayingana na we usanzwe ari inshuti ya Meddy, na we yagize ati “Kubura umubyeyi (Mama) aba ari ibyago bikomeye. Komera Cyane Meddy.”

Umunyamakuru Lucky Nizeyimana ukorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, na we kuri Twitter yagize ati “Komera cyane muvandimwe Meddy. Umubyeyi wawe aruhukire mu mahoro.”

Umuhanzi Tom Close, mu butumwa yanyijije kuri Twitter, na we yihanganishije mugenzi we Meddy.

Yagize ati “Nshuti Meddy roho y’umubyeyi wawe iruhukire mu mahoro kandi Imana ibahe kwihangana muri iki gihe kigore no mu bihe biri imbere. Mwihangane wowe n’umuryango wawe muvandimwe.”

Dear @Meddyonly may your mother's soul rest in peace and may God comfort you during this hard time and all times to come. Condolences to you and your family brother.

— Tom Close 🇷🇼 (@tomclosex) August 15, 2022

Ngabo Medard Jobert AKA Meddy usigaye atuye muri Leta Zunze Ubumwe za America, yakunze kugaragaza umubyeyi nk’umuntu w’ingenzi dore ko ari we mubyeyi yari asigaranye.

Mu butumwa yigeze gushyira kuri instagram muri 2019, Meddy yari yagaragaje bimwe mu byiza biranga umubyeyi we, birimo guhorana umutima wihangana ndetse no guca bugufi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Urukingo rwa kane rwa COVID rwatangiye kubuza abantu serivisi zimwe, RBC yo irabivuga ukundi

Next Post

Rusizi: Babiri bafatanywe magendu bakuraga muri DRCongo barimo uwasanganywe ibitenge 410

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Next Post
Rusizi: Babiri bafatanywe magendu bakuraga muri DRCongo barimo uwasanganywe ibitenge 410

Rusizi: Babiri bafatanywe magendu bakuraga muri DRCongo barimo uwasanganywe ibitenge 410

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.