Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarimu bashaka kwigisha mu Rwanda bavuye muri Zimbabwe batangiye gukora ibizamini by’akazi

radiotv10by radiotv10
21/08/2022
in MU RWANDA
0
Abarimu bashaka kwigisha mu Rwanda bavuye muri Zimbabwe batangiye gukora ibizamini by’akazi
Share on FacebookShare on Twitter

Abarimu batsinze ikizamini cyanditse barenga 80% by’abagikoze, kikaba cyarakozwe ku buryo bw’iya kure ‘online’ ku wa Gatatu no ku wa Kane w’iki cyumweru (17-18 Kanama 2022).
Umunyamabanga uhoraho muri Leta ya Zimbabwe, ushinzwe abakozi ba Leta n’imibereho myiza, Simon Masanga, yavuze ko Zimbabwe yishimiye uko iyo gahunda yo gutanga akazi irimo kugenda.
Masanga aganira n’ikinyamakuru cy’aho muri Zimbabwe ‘Herald newspaper’ yagize ati “Dufite abarimu ahitwa i Gweru Bulawayo Masvingo, Chinhoyi ndetse n’i Harare, kandi hose gahunda y’ibizamini yagenze neza”.
Ati “Twanyuze mu bakandida bose, ariko urugero batsinzeho ruratangaje. Abasaga 80% ni bo bazajya mu kizamini cyo mu buryo bwo kuvuga, kizakorwa ku wa Kabiri no ku wa Gatanu w’icyumweru gitaha.”
Mu nkuru dukesha Ikinyamakuru ‘The New Times’, Masanga yagize ati “Mu mpera z’uku kwezi kwa Kanama 2022, ari bwo duteganya kuzabona amanota ya nyuma, hagakurikiraho gusuzuma ibijyanye n’ubuzima ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima muri Zimbabwe, nyuma y’aho hazakurikiraho ibyo kujya mu Rwanda. Gusa abarimu bazabanza kujya mu mahugurwa i Harare mbere yo kugenda”.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda, Karake Charles, yagize ati “Twari dutegereje abarimu bagera kuri 324 none abakoze ibizamini ni 260 gusa. Amasezerano dufitanye na Guverinoma ya Zimbabwe, arafunguye ku buryo tuzasubira gushaka abandi barimu”.
Ku itariki 23 Ukuboza 2021, Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda na Minisiteri y’abakozi ba Leta n’imibereho myiza muri Zimbabwe, zasinyanye amasezereno y’ubufatanye ‘Memorandum’ yo guhana abakozi mu bijyanye n’uburezi.
U Rwanda rwasabye abarimu baturuka muri Zimbabwe kugira ngo ruzibe icyuho, kijyanye n’ubumenyi n’inzitizi mu by’indimi.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + two =

Previous Post

Handball: Ikipe y’u Rwanda yatangiye imikino y’Afurika itsindwa na Angola

Next Post

Musanze: Imodoka yatobotse ipine irenga umuhanda igonga abarimo umubyeyi wari ufite impinja ebyiri

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
MU RWANDA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Imodoka yatobotse ipine irenga umuhanda igonga abarimo umubyeyi wari ufite impinja ebyiri

Musanze: Imodoka yatobotse ipine irenga umuhanda igonga abarimo umubyeyi wari ufite impinja ebyiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.