• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

radiotv10by radiotv10
25/11/2025
in MU RWANDA
0
BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Impunzi z’Abarundi 115 zabaga mu Rwanda ziganjemo izabaga mu Nkambi ya Mahama, zatahutse mu Gihugu cyabo cy’u Burundi, zinyuze ku Mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera.

Izi mpunzi zatahutse zigizwe n’imiryango 64 irimo 58 yabaga mu Nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe, ndetse n’indi itandatu yabaga mu Mujyi wa Kigali.

Iyi miryango 58 yabaga mu Nkambi ya Mahama, igizwe n’abantu 107; mu gihe iriya itandatu yabaga mu Mujyi wa Kigali igizwe n’abantu umunani.

Uko ari abantu 115, batahutse mu Gihugu cyabo cy’u Burundi kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Ugushyingo 2025, aho aba Barundi batashye ku bushake bwabo.

Aba batashye kandi, biganjemo abari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 18 na 59, aho abo muri iki cyiciro ari 58, bakabamo abandi 18 b’abana bari hagati y’imyaka 0 n’ine, abari hagati y’imyaka itanu na 11 bakaba ari 15, abari hagati y’imyaka 12 na 17 bakaba ari batanu, mu gihe abari hejuru y’imyaka 60 ari batandatu.

Kuva ku wa 27 Kanama 2020, hamaze gutahuka impunzi z’Abarundi zingana na 30 907, zatashye mu Gihugu cyabo zivuye mu Rwanda, mu gihe impunzi z’Abarundi izigicumbikiwe muri iki Gihugu cy’igituranyi [u Rwanda] ari 52 862, ziganjemo izicumbikiwe mu Nkambi ya Mahama irimo Abarundi 42 421, mu gihe abandi batuye mu mijyi itandukanye mu Rwanda.

Izi mpunzi zatahutse kuri uyu wa Kabiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Next Post

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.