Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasesenguzi mu bya politiki basanga Perezida Kagame yaba umuhuza mwiza mu bibazo biri hagati ya Ethiopia n’ibindi bihugu

radiotv10by radiotv10
01/09/2021
in MU RWANDA
0
Abasesenguzi mu bya politiki basanga  Perezida Kagame yaba umuhuza mwiza mu bibazo biri hagati ya Ethiopia n’ibindi bihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki 29 Kanama 2021 nibwo  Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed Ali yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri yasoje kuwa mbere tariki 31 Kanama 2021.

Urubuga rwa Twitter rw’ibiro by’umukuru w’igihugu w’u Rwanda (Village Urugwiro) igaragaza ko abakuru b’ibi bihugu byombi bagiranye ibiganiro mu buryo bw’imbona nkubone (tête-à-tête) ku ngingo zitandukanye ariko zitahise zitangazwa mu buryo burambuye.

Radio &TV10 twashatse kumenya icyo abasesenguzi bavuga kuri uru ruzinduko tuvugisha Gonzage Muganwa nk’umwe mu bahugukiye ibibera muri Ethiopi, yavuze ko Perezida Kagame yaba umuhuza mwiza mu bibazo biri kubera muri iki gihugu aho abo mu gace ka Tigray barimo kurwana ba leta ya Ethiopia bitewe ni uko  bamwe mu basikikare bicyo gihugu bafashije u Rwanda igihe cyo kurubohora.

“Njyewe ntekereza ko Perezida Kagame yaba umuhuza mwiza muri Ethiopia muribuka ko Perezida Kagame yigeze guhemba uwahoze ayobora Ethiopia kandi uwo muyobozi nawe ni uwo muba Tigray urumva ko rero yaba umuhuza mwiza” Gonzage Muganwa

Ikindi abasesenguzi bavuga ni uko Minisitiri w’intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed Ali ashobora kuba yaraje gushaka ubufasha mu kibazo afitanye n’igihugu cya Misiri aho Ethiopia irimo kubaka urugomero runini rw’amashanyarazi ku ruzi rwa Nil.

Kuva mu mwaka wa 2019 Leta ya Ethiopia ihanganye n’Umutwe w’Inyeshyamba witwa “TPLF” wavukiye mu ntara ya Tigray iri mu majyaruguru y’iki gihugu bakaba batumvikana ku bijyanye n’uburyo bw’imiyoborere y’icyo gihugu ndetse n’ububanyi n’amahanga cyane cyane Erythrea baturanye.

Ethiopia kandi ikaba ihora ihanganye n’igihugu cya Misiri na Sudan kuva mu myaka itari micye ishize bishingiye ku mikoreshereze y’uruzi rwa Nil kuko ibyo bihugu bitifuza ko Ethiopia ihagarika amazi bikoresha mu buhinzi ikubaka urugomero rwa runini  rutanga amashanyarazi.

Inkuru ya MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 14 =

Previous Post

OFFICIAL: Bisengimana Justin yongereye amasezeno muri Rutsiro FC

Next Post

Urubyiruko 1200 rwo mu turere dutatu rugiye gufashwa guhangana n’ubukene burwugarije

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

IZIHERUKA

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo
AMAHANGA

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

11/12/2025
Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

11/12/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubyiruko 1200 rwo mu turere dutatu rugiye gufashwa guhangana n’ubukene burwugarije

Urubyiruko 1200 rwo mu turere dutatu rugiye gufashwa guhangana n’ubukene burwugarije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.