Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abashoferi mu Rwanda batangiye gushyirirwaho ibizabafasha kutagwa mu ikosa ryatumaga handikirwa benshi

radiotv10by radiotv10
16/11/2023
in MU RWANDA
0
Abashoferi mu Rwanda batangiye gushyirirwaho ibizabafasha kutagwa mu ikosa ryatumaga handikirwa benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ahari Camera zandikira abarengeje umuvuduko w’ibinyabiziga mu Rwanda, hatangiye gushyirwa ibyapa bibaburira, kugira ngo baringanize umuvuduko.

Ni igikorwa cyatangiye gukorwa n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA), aho ibi byapa bigiye gushyirwa ahantu hose habanziriza ahari Camera zandikira abagendera ku muvuduko urenze uwagenwe.

Abatwara ibinyabiziga mu Rwanda, bakunze kuzamura amajwi bavuga ko ubundi ahari camera nk’izi, haba hakwiye gushyirwa ibimenyetso byo ku muhanda nk’uko biteganywa n’amategeko y’umuhanda.

Umwe mu batwara ibinyabiziga, yabwiye RADIOTV10 ko ibi byapa bizafasha abashoferi kwirinda kugwa mu makosa bajyaga bafatirwamo n’izi camera zikabandikira.

Ati “Ubusanzwe ahari ikidasanzwe ku muhanda, haba hagomba gushyirwa ikimenyetso nk’uko biteganywa n’amategeko y’umuhanda. Ibi rero bizafasha abashoferi kutongera kugwa mu makosa yo kwandikirwa na ziriya camera.”

Gusa avuga ko nanone bishobora kuzongera amakosa mu muhanda kuko abantu bazaba bazi ko bari buze kubona icyapa kibamenyesha ko imbere hari Camera, bizajya bituma birara bakagendera ku muvuduko wo hejuru mu gihe batarabona icyo cyapa.

Ibyapa bizajya bimenyesha abatwaye ibinyabiziga ko imbere hari Camera

Mu kiganiro Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye yagiranye n’itangazamakuru mu kwezi gushize k’Ukwakira, yavuze ko izi camera zigiye kujya zitahura n’andi makosa ndetse zikanayandikiraho abashoferi, atari ukurenza umuvuduko gusa nk’uko byari bisanzwe.

Icyo gihe yagize yagize ati “Udafite ubwishingizi, mu gihe kiri imbere, Camera izamenya ko imodoka iriho igenda idafite ubwishingizi, izamenya ko imodoka iriho igenda idafite Contrôle technique, izamenya ko imodoka iriho igenda nyirayo ari kuvugira kuri telefone cyangwa atambaye umukandara. Izanamenya ko imodoka iriho igenda ifite umuvuduko.”

IGP Namuhoranye yavuze ko mu gihe camera zo ku muhanda zizatangira gutahura aya makosa yose ndetse no kuyandikiraho abashoferi, bizatanga umusaruro, kuko abantu bazajya birinda gutwara ibinyabiziga batujuje ibitahurwa na zo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + four =

Previous Post

MTN Rwanda together with Rwanda Union of the Blind hosts the annual Dinner in the Dark event for the second time

Next Post

Bamwe mu bakinnyi b’Amavubi agifite urundi rugamba basohowe mu mwiherero ku mpamvu ikekwa

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamwe mu bakinnyi b’Amavubi agifite urundi rugamba basohowe mu mwiherero ku mpamvu ikekwa

Bamwe mu bakinnyi b’Amavubi agifite urundi rugamba basohowe mu mwiherero ku mpamvu ikekwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.