Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare babiri bakomeye muri FARDC barashinjwa guhunga umwanzi no guta imbunda

radiotv10by radiotv10
17/10/2022
in MU RWANDA
0
Abasirikare babiri bakomeye muri FARDC barashinjwa guhunga umwanzi no guta imbunda
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare babiri bo mu Gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bafite ipeti ryo ku rwego rwo hejuru rya Colonel, barashinjwa ibyaha byo kugira uruhare mu ifatwa ry’umujyi wa Bunagana birimo guhunga imbere y’umwanzi no guta imbunda.

Aba basirikare bafite ipeti rya Colonel mu gisirikare cya Congo, ni Colonel Désiré Lobo et Jean-Marie Diadia bari abayobozi ba regime ya 3 412 ndetse n’iya 3 307 zariho zirwana na M23 mu rugamba rwahuzaga uyu mutwe na FARDC.

Aba ba-Colonel bashinjwa ibyaha bine; guhunga umwanzi, guta imbunda n’amasasu, kurenga ku mabwiriza ndetse no kwiba imitungo y’abaturage.

Ubwo umujyi wa Bunagana wafatwaga na M23 muri Kamena uyu mwaka, ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’abasirikare ba FARDC bakizwa n’amaguru bahungira muri Uganda ndetse bataye ibimodoka bikoreshwa mu rugamba bizwi nk’ibifaru.

Aba basirikare bahoze ari abayobozi b’Ibikorwa bya gisirikare ubwo Umujyi wa Bunagana wafatwaga na M23 muri Kamena uyu mwaka, aho bari mu ntambara yaberaga mu bice bya Tchengerero na Bunagana.

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bubashinja kugira uruhare mu ifatwa rya Bunagana, aho bataye imbunda n’amasasu ndetse na zimwe mu modoka za FARDC bikajya mu maboko ya M23.

Mu iburanisha ryabaye ku wa Gatatu w’icyumweru gishize, abanyamategeko bunganira aba basirikare, basabye ko barekurwa by’agateganyo ku bw’impamvu z’ubuzima bwabo ngo kuko bombi bafite indwara zikomeye nkuko byemejwe na raporo ya muganga.

Aba basirikare batawe muri yombi kuva muri Nyakanga uyu mwaka wa 2022, babanje gufungirwa muri Gereza ya Munzenze ubundi baza koherezwa mu ya Gisirikare kugira ngo bakomeze gucungirwa bya hafi.

Iburanisha ritaha, ryimuriwe ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki 19 Ukwakira 2022 aho iburanisha rizingira muri dosiye nyirizina.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + twelve =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo cy’Urukiko mu rubanza rwarezwemo Nel Ngabo na Kina Music

Next Post

Perezida Ndayishimiye yarakariye uwatsindiye kubaka inyubako ya Leta ahita amuterefona amuha nyirantarengwa

Related Posts

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

IZIHERUKA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore
IMIBEREHO MYIZA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Ndayishimiye yarakariye uwatsindiye kubaka inyubako ya Leta ahita amuterefona amuha nyirantarengwa

Perezida Ndayishimiye yarakariye uwatsindiye kubaka inyubako ya Leta ahita amuterefona amuha nyirantarengwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.