Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abasore bagaragaje indi mpamvu nshya ituma ibyo gushaka abagore bibatera ikirungurira

radiotv10by radiotv10
09/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Abasore bagaragaje indi mpamvu nshya ituma ibyo gushaka abagore bibatera ikirungurira
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe byavugwaga ko amikoro macye n’inkwano y’umurengera ari byo ntandaro yo kudashinga ingo ku basore bamwe, hari abo mu Karere ka Huye bavuga ko imyitwarire itaboneye ya bamwe mu bakobwa b’iki gihe yatumye bazibukira ibyo kuzashaka abagore, bakemera kuzahambanwa ikara.

Aba basore baganirije RADIOTV10, beruye bavuga impamvu bari kurengerana batarashaka abagore kuko imyaka ibibemerera yarenze ndetse bakaba batanafite igitekerezo cyabyo.

Umwe muri aba basore wumvikana nk’uwahuzwe ibyo kuzashinga urugo nubwo atarwigeze, yatoboye avuga ko kubona umukobwa bashingana urugo bitoroshye kubera imyitwarire bakomeje kugaragaza.

Ati “Urareba ukabona gushaka muri iki gihe birarutwa no kubyihorera kubera ko umukobwa w’iki gihe, nta muco agifite nk’uwa cyera. Urabizi cyera umukobwa yarabyukaga agakubura iwabo, ariko muri iki gihe ntawe wabona.”

Aba basore kandi bavuga ko abakobwa b’iki gihe biyandarika bagakora ingeso mbi zirimo ubusambanyi ndetse n’izindi zinyuranye babona zitatuma babasha kubaka ingo.

Batunga agatoki ababyeyi babo kutabahanura bakiri bato, bagakura barigize ibyigenge bakora ibyo bashatse ku buryo agera mu gihe cyo gushakwa atagihanuwe.

Undi ati “Niba umubyeyi atahaye umwana uburere, umwana na we akitwara uko yishakiye ku gasozi, nta mugore muzima yavamo. Ni bya bindi bavuga ngo ‘igiti kigororwa kikiri gito’, niba umwana batamuhaye uburere akiri muto noneho yagera mu myaka atarakura akumva ko ari mukuru, urumva ni ikibazo.”

Uyu musore avuga ko ababyeyi bakwiye kugaruka ku nshingano zabo, bagatoza abana babo uburere bakiri bato kugira ngo bazavemo abagore babereye ingo zabo.

Ati “Cya gitsure niba gitangiye umwana akiri muto agakura azi neza ko akigengwa n’ababyeyi, aho ni ho ureba ukareba imico y’umwana, ni ho wakura umugore muzima ariko muri iki gihe biragoye.”

Mu minsi ishize, hari hagarutswe ku yindi mpamvu ikomeje gutuma abasore badashinga ingo y’inkwano y’umurengera bakoshwa n’imiryango y’abakobwa.

Iyi ngingo yanagarutsweho mu Nteko Ishinga Amatageko, umwe mu bayigize, yasabye ko Inkwano ikwiye kuvaho, cyane ko yanamaze gutakaza umwimerere w’igisobanuro cyayo kuko ubu ababyeyi basigaye bayifata nk’ikiguzi cy’umukobwa mu gihe hambere yabaga ari igihango cyabaga kibaye hagati y’imiryango ishyingiranye.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Muzayire Justine says:
    3 years ago

    Really

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + seven =

Previous Post

Mu kujyana abanyeshuri ku mashuri havutse imbogamizi itarabayeho mbere

Next Post

Harakekwa icyatumye imodoka yari irimo abanyeshuri ita umuhanda ikaruhukira mu ishyamba

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Harakekwa icyatumye imodoka yari irimo abanyeshuri ita umuhanda ikaruhukira mu ishyamba

Harakekwa icyatumye imodoka yari irimo abanyeshuri ita umuhanda ikaruhukira mu ishyamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.