• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abasore bagaragaje indi mpamvu nshya ituma ibyo gushaka abagore bibatera ikirungurira

radiotv10by radiotv10
09/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Abasore bagaragaje indi mpamvu nshya ituma ibyo gushaka abagore bibatera ikirungurira
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe byavugwaga ko amikoro macye n’inkwano y’umurengera ari byo ntandaro yo kudashinga ingo ku basore bamwe, hari abo mu Karere ka Huye bavuga ko imyitwarire itaboneye ya bamwe mu bakobwa b’iki gihe yatumye bazibukira ibyo kuzashaka abagore, bakemera kuzahambanwa ikara.

Aba basore baganirije RADIOTV10, beruye bavuga impamvu bari kurengerana batarashaka abagore kuko imyaka ibibemerera yarenze ndetse bakaba batanafite igitekerezo cyabyo.

Umwe muri aba basore wumvikana nk’uwahuzwe ibyo kuzashinga urugo nubwo atarwigeze, yatoboye avuga ko kubona umukobwa bashingana urugo bitoroshye kubera imyitwarire bakomeje kugaragaza.

Ati “Urareba ukabona gushaka muri iki gihe birarutwa no kubyihorera kubera ko umukobwa w’iki gihe, nta muco agifite nk’uwa cyera. Urabizi cyera umukobwa yarabyukaga agakubura iwabo, ariko muri iki gihe ntawe wabona.”

Aba basore kandi bavuga ko abakobwa b’iki gihe biyandarika bagakora ingeso mbi zirimo ubusambanyi ndetse n’izindi zinyuranye babona zitatuma babasha kubaka ingo.

Batunga agatoki ababyeyi babo kutabahanura bakiri bato, bagakura barigize ibyigenge bakora ibyo bashatse ku buryo agera mu gihe cyo gushakwa atagihanuwe.

Undi ati “Niba umubyeyi atahaye umwana uburere, umwana na we akitwara uko yishakiye ku gasozi, nta mugore muzima yavamo. Ni bya bindi bavuga ngo ‘igiti kigororwa kikiri gito’, niba umwana batamuhaye uburere akiri muto noneho yagera mu myaka atarakura akumva ko ari mukuru, urumva ni ikibazo.”

Uyu musore avuga ko ababyeyi bakwiye kugaruka ku nshingano zabo, bagatoza abana babo uburere bakiri bato kugira ngo bazavemo abagore babereye ingo zabo.

Ati “Cya gitsure niba gitangiye umwana akiri muto agakura azi neza ko akigengwa n’ababyeyi, aho ni ho ureba ukareba imico y’umwana, ni ho wakura umugore muzima ariko muri iki gihe biragoye.”

Mu minsi ishize, hari hagarutswe ku yindi mpamvu ikomeje gutuma abasore badashinga ingo y’inkwano y’umurengera bakoshwa n’imiryango y’abakobwa.

Iyi ngingo yanagarutsweho mu Nteko Ishinga Amatageko, umwe mu bayigize, yasabye ko Inkwano ikwiye kuvaho, cyane ko yanamaze gutakaza umwimerere w’igisobanuro cyayo kuko ubu ababyeyi basigaye bayifata nk’ikiguzi cy’umukobwa mu gihe hambere yabaga ari igihango cyabaga kibaye hagati y’imiryango ishyingiranye.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Muzayire Justine says:
    3 years ago

    Really

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Mu kujyana abanyeshuri ku mashuri havutse imbogamizi itarabayeho mbere

Next Post

Harakekwa icyatumye imodoka yari irimo abanyeshuri ita umuhanda ikaruhukira mu ishyamba

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Harakekwa icyatumye imodoka yari irimo abanyeshuri ita umuhanda ikaruhukira mu ishyamba

Harakekwa icyatumye imodoka yari irimo abanyeshuri ita umuhanda ikaruhukira mu ishyamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.