Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abasore bagaragaje indi mpamvu nshya ituma ibyo gushaka abagore bibatera ikirungurira

radiotv10by radiotv10
09/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Abasore bagaragaje indi mpamvu nshya ituma ibyo gushaka abagore bibatera ikirungurira
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe byavugwaga ko amikoro macye n’inkwano y’umurengera ari byo ntandaro yo kudashinga ingo ku basore bamwe, hari abo mu Karere ka Huye bavuga ko imyitwarire itaboneye ya bamwe mu bakobwa b’iki gihe yatumye bazibukira ibyo kuzashaka abagore, bakemera kuzahambanwa ikara.

Aba basore baganirije RADIOTV10, beruye bavuga impamvu bari kurengerana batarashaka abagore kuko imyaka ibibemerera yarenze ndetse bakaba batanafite igitekerezo cyabyo.

Umwe muri aba basore wumvikana nk’uwahuzwe ibyo kuzashinga urugo nubwo atarwigeze, yatoboye avuga ko kubona umukobwa bashingana urugo bitoroshye kubera imyitwarire bakomeje kugaragaza.

Ati “Urareba ukabona gushaka muri iki gihe birarutwa no kubyihorera kubera ko umukobwa w’iki gihe, nta muco agifite nk’uwa cyera. Urabizi cyera umukobwa yarabyukaga agakubura iwabo, ariko muri iki gihe ntawe wabona.”

Aba basore kandi bavuga ko abakobwa b’iki gihe biyandarika bagakora ingeso mbi zirimo ubusambanyi ndetse n’izindi zinyuranye babona zitatuma babasha kubaka ingo.

Batunga agatoki ababyeyi babo kutabahanura bakiri bato, bagakura barigize ibyigenge bakora ibyo bashatse ku buryo agera mu gihe cyo gushakwa atagihanuwe.

Undi ati “Niba umubyeyi atahaye umwana uburere, umwana na we akitwara uko yishakiye ku gasozi, nta mugore muzima yavamo. Ni bya bindi bavuga ngo ‘igiti kigororwa kikiri gito’, niba umwana batamuhaye uburere akiri muto noneho yagera mu myaka atarakura akumva ko ari mukuru, urumva ni ikibazo.”

Uyu musore avuga ko ababyeyi bakwiye kugaruka ku nshingano zabo, bagatoza abana babo uburere bakiri bato kugira ngo bazavemo abagore babereye ingo zabo.

Ati “Cya gitsure niba gitangiye umwana akiri muto agakura azi neza ko akigengwa n’ababyeyi, aho ni ho ureba ukareba imico y’umwana, ni ho wakura umugore muzima ariko muri iki gihe biragoye.”

Mu minsi ishize, hari hagarutswe ku yindi mpamvu ikomeje gutuma abasore badashinga ingo y’inkwano y’umurengera bakoshwa n’imiryango y’abakobwa.

Iyi ngingo yanagarutsweho mu Nteko Ishinga Amatageko, umwe mu bayigize, yasabye ko Inkwano ikwiye kuvaho, cyane ko yanamaze gutakaza umwimerere w’igisobanuro cyayo kuko ubu ababyeyi basigaye bayifata nk’ikiguzi cy’umukobwa mu gihe hambere yabaga ari igihango cyabaga kibaye hagati y’imiryango ishyingiranye.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Muzayire Justine says:
    3 years ago

    Really

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Mu kujyana abanyeshuri ku mashuri havutse imbogamizi itarabayeho mbere

Next Post

Harakekwa icyatumye imodoka yari irimo abanyeshuri ita umuhanda ikaruhukira mu ishyamba

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Harakekwa icyatumye imodoka yari irimo abanyeshuri ita umuhanda ikaruhukira mu ishyamba

Harakekwa icyatumye imodoka yari irimo abanyeshuri ita umuhanda ikaruhukira mu ishyamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.