Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasore bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Olga bafatiwe icyemezo mu bujurire

radiotv10by radiotv10
18/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abasore bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Olga bafatiwe icyemezo mu bujurire
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore babiri bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Olga Kayirangwa, bafatiwe icyemezo cyo gukomeza gufungwa by’agateganyo, nyuma yo kujurira icyemezo cyafashwe mbere.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa Mbere tariki 18 Ugushyingo 2024, nyuma yo kumva ubujurire bwatanzwe n’uruhande rw’abaregwa.

Abaregwa muri uru rubanza, ni Nasagambe Fred ukekwaho icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake cyakorewe nyakwigendera Olga Kayirangwa ndetse na Gatare Gedeon Junior ukekwaho ubufatanyacyaha mu gukora iki cyaha.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwa Kicukiro rwari rwafashe icyemezo ko aba bombi bafungwa by’agateganyo kubera impamvu z’ibyagezweho mu iperereza.

Uruhande rw’abaregwa, rwari rwatanze ubujurire, rusaba ko barekurwa bagakurikiranwa bafunze, aho bavugaga ko Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe kiriya cyemezo nta bimenyetso bifatika rushingiyeho.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwakomeje kugaragaza ko hari impamvu zikomeye zituma abaregwa bakekwaho kuba barakoze iki cyaha, kandi ko hakiri gukorwa iperereza, bityo ko kugira ngo rigende neza, ari uko ryakorwa bafunze.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwafashe iki cyemezo ko abaregwa bakomeza gufungwa by’agateganyo, ruvuga ko abaregwa bakurikiranyweho icyaha gikomeye, kandi ko ibyagezweho mu iperereza bigize impamvu zikomeye zituma bakekwaho kubikora, rwemeza ko bafungwa by’agateganyo iminsi 30.

Kayirangwa Olga wari imfura mu muryango wa Major (Rtd) Gasagure Innocent, yitabye Imana tariki 26 Nzeri 2024 nyuma yuko yari yagiye mu rugo rw’aba basore babiri.

Nyuma y’urupfu rwe, Umuryango we wavuze ko wifuza ubutabera ku mwana wabo wapfuye, aho Ubushinjacyaha bwanakoresheje ibizamini muri Laboratwari Nkuru y’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − six =

Previous Post

Menya impamvu hafashwe icyemezo kitanyuze abaje mu rubanza rw’umukozi w’Imana uzwi

Next Post

Rubavu: Uwari mu marira ubu akaba amwenyura yavuze uko yifuzaga kugaragariza ibyishimo Perezida

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Uwari mu marira ubu akaba amwenyura yavuze uko yifuzaga kugaragariza ibyishimo Perezida

Rubavu: Uwari mu marira ubu akaba amwenyura yavuze uko yifuzaga kugaragariza ibyishimo Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.