Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasore b’ibigango bagaragaye bakubitira umuntu mu muhanda agasa nk’uhwereye bakatiwe imyaka 11

radiotv10by radiotv10
13/05/2022
in MU RWANDA
0
Abasore b’ibigango bagaragaye bakubitira umuntu mu muhanda agasa nk’uhwereye bakatiwe imyaka 11
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore babiri bagaragaye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga bakubitira umuntu mu muhanda mu Mujyi wa Kigali, bakatiwe igifungo cy’imyaka 11 n’amezi 6.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije uru rubanza rwaregwamo abantu bane, rwasomye umwanzuro warwo kuri uyu wa Kane tariki 12 Gicurasi 2022.

Soteri Junior Gatera Kagame na Nkuranga Alex Karemera bakatiwe gufungwa imyaka 11 n’amezi atandatu, bagaragaye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga bari gukubitira umugabo mu muhanda agasa nk’uhwereye.

Enoch Aaron wakibiswe n’aba bantu usanzwe ari umuyobozi wa Neptunez Band, ubwo yashyiraga aya mashusho ku mbuga nkoranyambaga mu ntangiro z’ukwezi gushize, yabazaga RIB ikibura ngo aba bantu bamuhemukiye babiryozwe.

Soteri Junior Gatera Kagame na Nkuranga Alex Karemera kandi bahamijwe icyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kubera imodoka y’uyu Enoch bangije.

Uretse iki gihano cyo gufungwa bakatiwe, aba bombi basabwe gutanga indishyi ya Miliyoni 1,5 Frw kubera ubumuga bateye uwo bakubise ndetse n’ibihumbi 500 Frw yishyuye umunyamategeko wamuburaniye ndetse n’andi ibihumbi 500 Frw yakoresheje mu bikorwa byo kwivuza.

Muri uru rubanza kandi haregwagamo Uwera Kevine na Mutabazi Robert bo baregwaga gukoresha ibiyobyabwenge ndetse bakaba babihamiwe n’Urukiko rwabakatiye gufungwa umwaka umwe.

Kuri uyu Kevine we yasubikiwe amezi icyenda kuko yagaragarije urukiko ko atwite.

Mu iburanisha, umwe muri aba basore, ari we Nkuranga Alex Karemera yaburanye yemera bimwe mu byaha nko gukubita ndetse no gukoresha ibiyobyabwenge, anabwira Urukiko ko yasabye imbaazi Enoch wakubiswe.

Mugenzi we witwa Gatera we yahakanye icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ngo kuko nta kimenyetso kibyerekana, gusa akemera icyaha cyo kunywa ibiyobyabwenge.

Icyaha cyo gukubita no gukomeretsa Enoch cyabereye i Rebero mu Mujyi wa Kigali ubwo aba basore bahuraga n’uyu mushoramari, bakamuhohotera basinze ndetse amakuru yaje kumenyekana ko batari basanzwe baziranye cyangwa hari ikindi bapfa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + eight =

Previous Post

UPDF na RDF bakomeje guhamya ubumwe: Muhoozi yakiriye Nyakarundi ushinzwe iperereza

Next Post

Umukobwa wapfuye ku munsi ubanziriza ‘Graduation’ ye muri IPRC rwashenguye benshi

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we
FOOTBALL

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukobwa wapfuye ku munsi ubanziriza ‘Graduation’ ye muri IPRC rwashenguye benshi

Umukobwa wapfuye ku munsi ubanziriza ‘Graduation’ ye muri IPRC rwashenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.