Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abatega imodoka rusange muri Kigali bakomeje guhozwa: Hatangajwe indi nkuru nziza

radiotv10by radiotv10
28/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
4
Abatega imodoka rusange muri Kigali bakomeje guhozwa: Hatangajwe indi nkuru nziza
Share on FacebookShare on Twitter

Abagenda mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, bongeye kwizezwa ko hari kuvugutwa umuti w’ubucye bw’imodoka butuma abagenzi benshi bamara umwanya munini bahagaze muri za Gare bazitegereje, kandi mu mezi atatu ari imbere hari ikindi kigiye gukorwa.

Ikibazo cy’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange kimaze iminsi kigarukwaho n’abazitega, biyasira bavuga ko bamaze igihe kinini bategereje imodoka zibatwara, mu gihe inzego zibishinzwe na zo zigaragaza ko iki kibazo gishingiye ku bucye bwazo.

Tariki 09 Mutarama 2023 ubwo Perezida Paul Kagame yari amaze kwakira indahiro za Senateri Dr. Kalinda François Xavier wanatorewe kuba Perezida wa Sena y’u Rwanda, yagarutse kuri iki kibazo cyakunze kuzamurwa mu majwi y’abaturage benshi.

Icyo gihe umukuru w’u Rwanda yagize ati “Ibyo ni ibyo numva mu baturage ariko ababishinzwe ntawe urakingezaho. Wenda murabizi cyangwa ntimubizi, muve aha mujya gukurikirana kugira ngo mumenye uko ikibazo giteye, mugishakire umuti gikemuke.”

Kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare 2023 ubwo hatangizwaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, iki kibazo cyo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, cyongeye kugarukwaho, ndetse Minisiteri y’Ibikorwa Remezo igitangaho igisubizo.

Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Eng, Patricie Uwase yavuze ko abikorera bari muri uru rwego rwo gutwara abagenzi, bahuye n’ibibazo byatumye imodoka zigabanuka cyane.

Ati “Ariko mu gihe kidatinze mu Mujyi wa Kigali byumwihariko turaba twongereyemo imodoka zirenga 300, hanyuma n’ibindi bibazo bitandukanye.

Yavuze ko nko muri Gare ya Nyabugogo nk’ihuriro rikuru rihuriramo imodoka zijya hanze y’Igihugu ndetse n’iziva n’izijya mu Ntara, hari gukorwa inyigo y’uburyo hatunganywa.

Ati “Ku buryo n’uwajya aho hategerwa imodoka [Gare] yasanga ikora neza nkuko bikwiriye.”

Yavuze kandi ko no mu yindi mijyi yunganira Kigali na ho hari ibibazo mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange bijyanye no kwishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga, ariko ko byo byakemutse ubu na ho hakomeza kongerwa umubare w’imodoka.

Uwari uyoboye iki kiganiro yabajije Eng Paricie igihe nyirizina ziriya modoka 300 zizaba zabonetse ngo zongerwe mu zitwara abantu mu Mujyi wa Kigali.

Yasubije avuga ko kubera uburemere bw’iki kibazo, Leta yatangiye yamaze kwegeranya ingengo y’imari yo kuzigura ku buryo igisigaye ari ukuzitumiza.

Ati “Navuga ko mu gihe kitarenze amezi atatu [kuko kugura imodoka], hari aho zikorerwa, hari ukuzizana na byo bifata umwanya, ariko iyi gahunda iri gukorwaho rwose iri hafi kuragira.”

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yavuze ko iyi gahunda itari iya Leta 100% ahubwo ko izakorana n’abikorera.

Agaruka kuri izi modoka zizatumizwa, yagize ati “Izo modoka nizegera mu Rwanda zizanahabwa n’ubundi abikorera ikomeze izikoreshe neza, ahubwo icyo twe tuzanoza neza ni ukubikurikirana neza kugira ngo tutazongera kwisanga muri icyo kibazo nk’icyari cyabaye ubu.”

Yavuze kandi ikindi cyakozwe mu gushaka umuti w’iki kibazo, hafunguwe isoko ryo gutwara abagenzi ku buryo kompanyi zose zibishoboye ziri gutwara abantu mu bice binyuranye by’Umujyi wa Kigali.

RADIOTV10

Comments 4

  1. BUGINGO says:
    2 years ago

    Iki kibazo kimaze igihe rwose gusa njye njye sinkibona mu buke bw’imodoka gusa ahubwo hakwiye gutekerezwa no kubuke bw’imihanda iva cg ijya Nyabugogo n’ahandi hantu hategerwa imodoka rusange kuko umubyigano ubamo nawo ubwawo utuma abantu batinda ku mirongo cg mu modoka! Hizwe uko kuva muri gare imwe ujya mu yindi byihuta mbona n’imodoka zihari zaba zihagije. Nihongerwa imodoka ariko ikibazo cyo kugenda mu mihanda kigihari nta gisubizo gifatika bizatanga

    Reply
  2. Nsenga Deo says:
    2 years ago

    Basi igihe tugitegereje izo modoka mudufashe muri nkeya zihari kuko uburyo bazidutwaramo biteye agahinda badufatirana nubukeya bwazo maze bakadupakiramo nk’imifuka y’amakara koko namwe murebye ziriya Bus za Volcano zikwiriye kugendanamo imirongo 2 y’abantu bagenda bahagaze ?imodoka ibirahure byazo ntabwo bifunguka barangiza bakadupakiramo bakuzuza no hejuru kuburyo abasigara mu nzira usanga uburyo bwo gusohokamo ari ikibazo rwose icyo kibazo Police izagikigeho kuko birababaje

    Reply
  3. Niringiyimana Felicien says:
    2 years ago

    Nukuri biteye agahinda kumara umunsiwose utegerereje imodoka utazigihe izira bikarangira byishe gahundazumuntu nibadufashe rwose kuko bitubangamiye

    Reply
  4. Emmanuel TWAHIRWA says:
    2 years ago

    Kugera kukazi ukerewe birabangamye gusa nokukageraho usa nuvuye murisport nabyo ntibyoroshye izi bus za volcano zitwara abagenzi muburyo bwarusange muzikorere ubugenzuzi muvugute umuti wogutwara abantu badahumeka kuberako ataribyo zagenewe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 19 =

Previous Post

Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku bisa n’urusimbi byakenesheje benshi ntibisige Abajenerali n’Abaminisitiri

Next Post

U Rwanda rweruriye amahanga ruyagaragariza icyo rwakora igihe Congo yakongeye kurushotora

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rweruriye amahanga ruyagaragariza icyo rwakora igihe Congo yakongeye kurushotora

U Rwanda rweruriye amahanga ruyagaragariza icyo rwakora igihe Congo yakongeye kurushotora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.