Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abatega imodoka rusange muri Kigali bakomeje guhozwa: Hatangajwe indi nkuru nziza

radiotv10by radiotv10
28/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
4
Abatega imodoka rusange muri Kigali bakomeje guhozwa: Hatangajwe indi nkuru nziza
Share on FacebookShare on Twitter

Abagenda mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, bongeye kwizezwa ko hari kuvugutwa umuti w’ubucye bw’imodoka butuma abagenzi benshi bamara umwanya munini bahagaze muri za Gare bazitegereje, kandi mu mezi atatu ari imbere hari ikindi kigiye gukorwa.

Ikibazo cy’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange kimaze iminsi kigarukwaho n’abazitega, biyasira bavuga ko bamaze igihe kinini bategereje imodoka zibatwara, mu gihe inzego zibishinzwe na zo zigaragaza ko iki kibazo gishingiye ku bucye bwazo.

Tariki 09 Mutarama 2023 ubwo Perezida Paul Kagame yari amaze kwakira indahiro za Senateri Dr. Kalinda François Xavier wanatorewe kuba Perezida wa Sena y’u Rwanda, yagarutse kuri iki kibazo cyakunze kuzamurwa mu majwi y’abaturage benshi.

Icyo gihe umukuru w’u Rwanda yagize ati “Ibyo ni ibyo numva mu baturage ariko ababishinzwe ntawe urakingezaho. Wenda murabizi cyangwa ntimubizi, muve aha mujya gukurikirana kugira ngo mumenye uko ikibazo giteye, mugishakire umuti gikemuke.”

Kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare 2023 ubwo hatangizwaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, iki kibazo cyo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, cyongeye kugarukwaho, ndetse Minisiteri y’Ibikorwa Remezo igitangaho igisubizo.

Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Eng, Patricie Uwase yavuze ko abikorera bari muri uru rwego rwo gutwara abagenzi, bahuye n’ibibazo byatumye imodoka zigabanuka cyane.

Ati “Ariko mu gihe kidatinze mu Mujyi wa Kigali byumwihariko turaba twongereyemo imodoka zirenga 300, hanyuma n’ibindi bibazo bitandukanye.

Yavuze ko nko muri Gare ya Nyabugogo nk’ihuriro rikuru rihuriramo imodoka zijya hanze y’Igihugu ndetse n’iziva n’izijya mu Ntara, hari gukorwa inyigo y’uburyo hatunganywa.

Ati “Ku buryo n’uwajya aho hategerwa imodoka [Gare] yasanga ikora neza nkuko bikwiriye.”

Yavuze kandi ko no mu yindi mijyi yunganira Kigali na ho hari ibibazo mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange bijyanye no kwishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga, ariko ko byo byakemutse ubu na ho hakomeza kongerwa umubare w’imodoka.

Uwari uyoboye iki kiganiro yabajije Eng Paricie igihe nyirizina ziriya modoka 300 zizaba zabonetse ngo zongerwe mu zitwara abantu mu Mujyi wa Kigali.

Yasubije avuga ko kubera uburemere bw’iki kibazo, Leta yatangiye yamaze kwegeranya ingengo y’imari yo kuzigura ku buryo igisigaye ari ukuzitumiza.

Ati “Navuga ko mu gihe kitarenze amezi atatu [kuko kugura imodoka], hari aho zikorerwa, hari ukuzizana na byo bifata umwanya, ariko iyi gahunda iri gukorwaho rwose iri hafi kuragira.”

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yavuze ko iyi gahunda itari iya Leta 100% ahubwo ko izakorana n’abikorera.

Agaruka kuri izi modoka zizatumizwa, yagize ati “Izo modoka nizegera mu Rwanda zizanahabwa n’ubundi abikorera ikomeze izikoreshe neza, ahubwo icyo twe tuzanoza neza ni ukubikurikirana neza kugira ngo tutazongera kwisanga muri icyo kibazo nk’icyari cyabaye ubu.”

Yavuze kandi ikindi cyakozwe mu gushaka umuti w’iki kibazo, hafunguwe isoko ryo gutwara abagenzi ku buryo kompanyi zose zibishoboye ziri gutwara abantu mu bice binyuranye by’Umujyi wa Kigali.

RADIOTV10

Comments 4

  1. BUGINGO says:
    3 years ago

    Iki kibazo kimaze igihe rwose gusa njye njye sinkibona mu buke bw’imodoka gusa ahubwo hakwiye gutekerezwa no kubuke bw’imihanda iva cg ijya Nyabugogo n’ahandi hantu hategerwa imodoka rusange kuko umubyigano ubamo nawo ubwawo utuma abantu batinda ku mirongo cg mu modoka! Hizwe uko kuva muri gare imwe ujya mu yindi byihuta mbona n’imodoka zihari zaba zihagije. Nihongerwa imodoka ariko ikibazo cyo kugenda mu mihanda kigihari nta gisubizo gifatika bizatanga

    Reply
  2. Nsenga Deo says:
    3 years ago

    Basi igihe tugitegereje izo modoka mudufashe muri nkeya zihari kuko uburyo bazidutwaramo biteye agahinda badufatirana nubukeya bwazo maze bakadupakiramo nk’imifuka y’amakara koko namwe murebye ziriya Bus za Volcano zikwiriye kugendanamo imirongo 2 y’abantu bagenda bahagaze ?imodoka ibirahure byazo ntabwo bifunguka barangiza bakadupakiramo bakuzuza no hejuru kuburyo abasigara mu nzira usanga uburyo bwo gusohokamo ari ikibazo rwose icyo kibazo Police izagikigeho kuko birababaje

    Reply
  3. Niringiyimana Felicien says:
    3 years ago

    Nukuri biteye agahinda kumara umunsiwose utegerereje imodoka utazigihe izira bikarangira byishe gahundazumuntu nibadufashe rwose kuko bitubangamiye

    Reply
  4. Emmanuel TWAHIRWA says:
    3 years ago

    Kugera kukazi ukerewe birabangamye gusa nokukageraho usa nuvuye murisport nabyo ntibyoroshye izi bus za volcano zitwara abagenzi muburyo bwarusange muzikorere ubugenzuzi muvugute umuti wogutwara abantu badahumeka kuberako ataribyo zagenewe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − four =

Previous Post

Perezida Kagame bwa mbere yavuze ku bisa n’urusimbi byakenesheje benshi ntibisige Abajenerali n’Abaminisitiri

Next Post

U Rwanda rweruriye amahanga ruyagaragariza icyo rwakora igihe Congo yakongeye kurushotora

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rweruriye amahanga ruyagaragariza icyo rwakora igihe Congo yakongeye kurushotora

U Rwanda rweruriye amahanga ruyagaragariza icyo rwakora igihe Congo yakongeye kurushotora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.