Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abategarugori bo hirya no hino Barifuza ko serivisi zo gupima no kuvura kanseri y’inkondo y’umura zigezwa ku bigonderabuzima

radiotv10by radiotv10
09/09/2021
in MU RWANDA
0
Abategarugori bo hirya no hino Barifuza ko serivisi zo gupima no kuvura kanseri y’inkondo y’umura zigezwa ku bigonderabuzima
Share on FacebookShare on Twitter

Hari bamwe mu bagore n’abakowa bavuga ko n’ubwo hashize igihe havugwa indwara ya kanseri y’inkondo y’umura, batarayisobanukirwa bitewe n’uko nta buryo buborohereza kwisuzumisha no kubona amakuru buhari.

Urugero ni urw’abo mu murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera bavuga ko kuba serivisi zijyanye n’iyi ndwara zitaboneka ku bigonderabuzima  ngo bituma bakomeza guhera mu gicuku batazi uko bahagaze.

Ni indwara u Rwanda ruvuga ko rwatangiye ibikorwa byo guhangana nayo birimo gutanga inkingo ku bagore n’abakobwa mu 2013, ari naho yatangiye kumvikana cyane.

N’ubwo hashize iyo myaka yose ariko hari abagore bavuga ko batari bayimenya ngo n’abayumvise ntibazi uburyo bwo kuyihashya ngo dore ko  kubona serivisi zayo bitaboneka ku bigonderabuzima byose, bakifuza ko bafashwa kwegerezwa izo servisi bikabafasha kwirinda.

Abo twasanze mu murenge wa Ntarama ho mu karere ka Bugesera bagaragaje ko izi serivisi zikenewe hafi yabo.

Mukamana Anastasie yagize ati” Ndayumva, numva babivuga ariko nari ntarayipimisha kuko ku kigonderabuzima batabikora.”

Naho Akimana Valerie we yagize ati “Rwose kuba ibi bidakorerwa ku bigo nderabuzima, bituma iyo kanseri tutayimenya.”

Umuyobozi w’ishami rishiznwe indwara zitandura mu kigo cy’igihugu cy’ubuzima  RBC  Uwinkindi Francois, avuga  ko kuba hari abataramenya iyi ndwara ya Kanseri y’inkondo y’umura n’ububi bwayo, ngo bateguye ibikorwa by’ubukangurambaga bizanasiga ushaka serivisi zijyanye nayo azibonera ku kigonderabuzima.

Ati ” Kubera byo byose ,umuryango w’abibumbye ufatanyije n’ibihugu birimo u Rwanda, wiyemeje guhashya iyi ndwara kuko bishoboka kuyirinda no kuyivura, ni kuw’iyo mpamvu rero ibi bikorwa twatangiye bizasiga ibigonderabuzima byose bifite ubushobozi bwo gutanga serivisi zijyanye na Kanseri y’inkondo y’umura.”

Kugeza ubu mu Rwanda abangavu barenga 97%  bafite imyaka kuva kuri 12 bamaze gukingirwa kanseri y’inkondo y’umura ni mu gihe kandi 15% by’abarwayi ba kanseri mu Rwanda ari abarwaye kanseri yinkondo yumura,naho arenga 800 nabo ibatwara ubuzima uko umwaka utashye.

U Rwanda rufite intego ko muri 2030 iyi ndwara yica runono yazaba itakibarirwa mu gihugu.

Yanditswe na Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10

  

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

UBURINGANIRE: Hari abahamya ko igihe kigeze ngo n’abagabo bajye bakorerwa ibirori bya “Groom Shower”

Next Post

10 SPORTS: Modrić, Oscar na Song baravutse…imyaka ishize ari 31 Sampras akoze amateka..ibyaranze uyu munsi

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Modrić, Oscar na Song baravutse…imyaka ishize ari 31 Sampras akoze amateka..ibyaranze uyu munsi

10 SPORTS: Modrić, Oscar na Song baravutse…imyaka ishize ari 31 Sampras akoze amateka..ibyaranze uyu munsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.