Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abategarugori bo hirya no hino Barifuza ko serivisi zo gupima no kuvura kanseri y’inkondo y’umura zigezwa ku bigonderabuzima

radiotv10by radiotv10
09/09/2021
in MU RWANDA
0
Abategarugori bo hirya no hino Barifuza ko serivisi zo gupima no kuvura kanseri y’inkondo y’umura zigezwa ku bigonderabuzima
Share on FacebookShare on Twitter

Hari bamwe mu bagore n’abakowa bavuga ko n’ubwo hashize igihe havugwa indwara ya kanseri y’inkondo y’umura, batarayisobanukirwa bitewe n’uko nta buryo buborohereza kwisuzumisha no kubona amakuru buhari.

Urugero ni urw’abo mu murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera bavuga ko kuba serivisi zijyanye n’iyi ndwara zitaboneka ku bigonderabuzima  ngo bituma bakomeza guhera mu gicuku batazi uko bahagaze.

Ni indwara u Rwanda ruvuga ko rwatangiye ibikorwa byo guhangana nayo birimo gutanga inkingo ku bagore n’abakobwa mu 2013, ari naho yatangiye kumvikana cyane.

N’ubwo hashize iyo myaka yose ariko hari abagore bavuga ko batari bayimenya ngo n’abayumvise ntibazi uburyo bwo kuyihashya ngo dore ko  kubona serivisi zayo bitaboneka ku bigonderabuzima byose, bakifuza ko bafashwa kwegerezwa izo servisi bikabafasha kwirinda.

Abo twasanze mu murenge wa Ntarama ho mu karere ka Bugesera bagaragaje ko izi serivisi zikenewe hafi yabo.

Mukamana Anastasie yagize ati” Ndayumva, numva babivuga ariko nari ntarayipimisha kuko ku kigonderabuzima batabikora.”

Naho Akimana Valerie we yagize ati “Rwose kuba ibi bidakorerwa ku bigo nderabuzima, bituma iyo kanseri tutayimenya.”

Umuyobozi w’ishami rishiznwe indwara zitandura mu kigo cy’igihugu cy’ubuzima  RBC  Uwinkindi Francois, avuga  ko kuba hari abataramenya iyi ndwara ya Kanseri y’inkondo y’umura n’ububi bwayo, ngo bateguye ibikorwa by’ubukangurambaga bizanasiga ushaka serivisi zijyanye nayo azibonera ku kigonderabuzima.

Ati ” Kubera byo byose ,umuryango w’abibumbye ufatanyije n’ibihugu birimo u Rwanda, wiyemeje guhashya iyi ndwara kuko bishoboka kuyirinda no kuyivura, ni kuw’iyo mpamvu rero ibi bikorwa twatangiye bizasiga ibigonderabuzima byose bifite ubushobozi bwo gutanga serivisi zijyanye na Kanseri y’inkondo y’umura.”

Kugeza ubu mu Rwanda abangavu barenga 97%  bafite imyaka kuva kuri 12 bamaze gukingirwa kanseri y’inkondo y’umura ni mu gihe kandi 15% by’abarwayi ba kanseri mu Rwanda ari abarwaye kanseri yinkondo yumura,naho arenga 800 nabo ibatwara ubuzima uko umwaka utashye.

U Rwanda rufite intego ko muri 2030 iyi ndwara yica runono yazaba itakibarirwa mu gihugu.

Yanditswe na Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10

  

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 1 =

Previous Post

UBURINGANIRE: Hari abahamya ko igihe kigeze ngo n’abagabo bajye bakorerwa ibirori bya “Groom Shower”

Next Post

10 SPORTS: Modrić, Oscar na Song baravutse…imyaka ishize ari 31 Sampras akoze amateka..ibyaranze uyu munsi

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Modrić, Oscar na Song baravutse…imyaka ishize ari 31 Sampras akoze amateka..ibyaranze uyu munsi

10 SPORTS: Modrić, Oscar na Song baravutse…imyaka ishize ari 31 Sampras akoze amateka..ibyaranze uyu munsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.