Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abaturage bafatanye umusore udupfunyika tw’urumogi bahita bamwereka aho akwiye kujya

radiotv10by radiotv10
04/11/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abaturage bafatanye umusore udupfunyika tw’urumogi bahita bamwereka aho akwiye kujya
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Shagasha mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bafatanye umusore udupfunyika 28 tw’urumogi nyuma y’uko yari anagiye kwambura umuturage ibyo ari afite, bahita bamushyikiriza Polisi.

Uyu musore witwa Emmanuel, yafashwe ubwo yari agiye kwambura umuturage witambukiraga, abaturage bajya kumusaka bakanamusangana ibi biyobyabwenge muri anvelope.

Byabereye ahitwa mu Cyunyu hasanzwe hazwiho ubwambuzi aho insoresire zitega abantu, ubwo uwitwa Ukwizigira Simeon yatambukaga agatangirwa n’uyu musore Emmanuel.

Simeon ati “Nsanze yicaye aha mu Cyunyu, ndatambuka numva aramfashe ngo zana kuri ayo mafaranga uba ufite, mpita mpamagara bagenzi banjye abonye baje ahita yirukanka bamufatira hano.”

Uwitwa Muhawenayo Maurice wamufashe agira ati “Nzamutse hano mwirukankaho yari acitse, yari afite akantu k’agapfunyika turebye dusanga ni urumogi rurimo.”

Abaturage babwiye RADIOTV10 ko atari ubwa mbere uyu agaragaweho imyitwarire itari myiza, kuko no mu minsi ishize ubuyobozi bwagerageje kumufata.

Nyuma y’uko uyu afashwe ngo yagerageje gusaba ubwumvikane kugira ngo bamurekure ariko bamubera ibamba ahubwo bahita bamushyikiriza Polisi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Ingabire Joyeux ashimira abaturage kugira uruhare mu guhashya ibyaha no gucunga umutekano, agasaba urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge.

Ati “Uwafashwe ni urubyiruko, rero turagira inama urubyiruko ko rwakwirinda ibiyobyabwenge kuko uretse kuba byica ubuzima n’amategeko aba abareba.”

Bamufashe nyuma yo gushaka kwambura umuturage
Abaturage mu ngeri zose bamubwiye ko ubu biyemeje gufasha inzego
Bahise bamujyana kuri Polisi
Yahise atabwa muri yombi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 18 =

Previous Post

Hatanzwe icyizere cyo korohereza abivuza amaso bararushaho kwiyongera mu Rwanda

Next Post

Tanzania: Ibidasanzwe byavuzwe mu gusezera ku musaza ufite abamukomaho barenga 200

Related Posts

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

IZIHERUKA

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi
MU RWANDA

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tanzania: Ibidasanzwe byavuzwe mu gusezera ku musaza ufite abamukomaho barenga 200

Tanzania: Ibidasanzwe byavuzwe mu gusezera ku musaza ufite abamukomaho barenga 200

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.