Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abatwara ibinyabiziga bafatirwa mu makosa bakayagerekaho andi akabo kashobotse

radiotv10by radiotv10
10/10/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abatwara ibinyabiziga bafatirwa mu makosa bakayagerekaho andi akabo kashobotse
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda iraburira abatwara ibinyabiziga mu makosa arimo kuba hari ababa badafite impushya, bafatwa bagashaka gutanga ruswa ngo ntibayahanirwe, ikabasaba kubihagarika kuko byahagurukiwe, ndetse mu cyumweru kimwe hakaba hamaze gufatwa abantu icyenda.

Ni mu gihe kuva uku kwezi k’Ukwakira kwatangira, hamaze gufatwa abantu icyenda (9) muri aya makosa arimo gutwara badafite Uruhushya cyangwa ubwishingizi, gutwara banyoye ibisindisha, kutagira icyangombwa cy’ubuziranenge no kutabahiriza ibyapa n’ibimenyetso biyobora urujya n’uruza rw’abakoresha umuhanda, hanyuma bagashaka gutanga ruswa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yavuze ko aba bantu bafatiwe mu bukangurambaga busanzweho bwa Gerayo Amahoro, buri kwibanda ku kurwanya ruswa ishobora kuba intandaro y’impanuka zitwara ubuzima bw’abantu.

ACP Boniface Rutikanga asaba abatwara ibinyabiziga kubahiriza amabwiriza yose agenda umuhanda arimo kuba bafite ibyangombwa byose, ndetse no kuba batanyoye ibisindisha cyangwa batananiwe.

Ati “Ni ukuvuga rero ko hagomba kwirindwa ikintu cyose gishobora gutuma iyubahirizwa ry’amabwiriza agenga umuhanda bidakurikizwa nko gutanga ruswa ituma abashoferi n’abamotari bakomeza gukoresha umuhanda mu buryo buteza umutekano muke wo mu muhanda harimo n’impanuka zitwara ubuzima bw’abantu abandi bagakomereka bikanangiza imitungo n’ibikorwaremezo.

Niyo mpamvu hongerewe imbaraga mu bikorwa byo kurwanya ruswa aho abantu icyenda (9) bamaze gufatwa bagashyikirizwa ubutabera.”

ACP Rutikanga avuga kandi ko uku kurwanya ruswa bitareba abayitanga gusa, ahubwo ko binareba abayakira bityo ko n’abapolisi bashobora kugwa muri iki cyaha, bazabiryozwa.

Ati “Mu gihe umupolisi yakwatse ruswa wahamagara Polisi ku murongo utishyurwa 997 cyangwa n’ubundi buryo bwose bwo gutanga amakuru bwakorohera.”

Yatanze umuburo ko umuntu wese uzafatirwa mu ikosa akagerageza gutanga ruswa ko azaba arushaho kwishyira mu kaga yongera ubukana bw’ibihano, byamuviramo gukurikiranwa mu butabera no gufungwa igihe kirekire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 5 =

Previous Post

UPDATE: Byemejwe imikino irimo n’uwazamuye impaka muri Shampiyona y’u Rwanda yasubitswe…Menya impamvu

Next Post

Congo: Umunyapolitiki byavuzwe ko yoherejwe na Leta mu biganiro by’ibanga na M23 wafunzwe akivayo yarekuwe

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Umunyapolitiki byavuzwe ko yoherejwe na Leta mu biganiro by’ibanga na M23 wafunzwe akivayo yarekuwe

Congo: Umunyapolitiki byavuzwe ko yoherejwe na Leta mu biganiro by’ibanga na M23 wafunzwe akivayo yarekuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.