Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

radiotv10by radiotv10
14/05/2025
in MU RWANDA
0
Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bazi umugabo mu Karere ka Nyanza ukekwaho kwica umwana we yibyariye akamuca umutwe, bavuga ko ashobora kuba yaramujije ko nyina bamubyaranye yajyaga aza kumwaka amafaranga y’indezo.

Uyu mugabo wafatiwe mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, nyuma yuko umwana we wabanaga na nyina bamubyaranye yari yabuze kuva tariki 05 Gicurasi 2025.

Uyu mwana w’umuhungu w’imyaka 11 y’amavuko wigaga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Hanika mu Murenge wa Busasamana, yari amaze iminsi ashakishwa kuko yari yabuze kuva kuri iriya tariki.

Ubuyobozi bw’iri shuri rya G.S Hanika bwari bumaze iminsi burangisha uyu mwana wigaga mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza, ndetse n’umubyeyi we (nyina) na nyirakuru bari baragiye gushakishiriza ahantu hatandukanye banabimenyesha Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Uru rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwagiriye inama uyu mubyeyi wa nyakwigendera na nyirakuru ko bajya gushakishiriza no mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare CHUB, ari na ho baje gusanga umurambo we.

Umurambo wa nyakwigendera wari wabanje gutoragurwa mu ishyamba riri mu rugabano rw’Akarere ka Huye n’aka Nyanza, mu Mudugudu wa Kinazi, mu kagari ka Gatovu mu murenge wa Kinazi mu karere ka Huye.

Inzego zahise zitangira iperereza, hatabwa muri yombi se w’uyu mwana batabanaga, wari usanzwe afite undi mugore mu gihe nyakwigendera yabanaga na nyina.

Hari abavuga ko nyakwigendera yari yagiye kureba Se ngo amwogoshe kuko asanzwe akora akazi ko kogosha, ari na ho bikekwa ko yahise amujyana akajya kumwicira mu Karere ka Huye.

Abazi uyu mugabo ukekwaho kwihekura akica umwana we, bavuga ko bakeka ko yamuhoye kuba nyina yakundaga kuza kumwaka indezo n’amafaranga yo kumutunga.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yemeje ifatwa ry’uyu mugabo w’imyaka 32 ukekwaho kwica umwana we w’imyaka 11.

Polisi yirinze kugira byinshi ivuga kuri uyu mugabo ukiri gukorwaho iperereza, yaboneyeho kugira inama abantu bumva bavutsa ubuzima abandi, kurya bari menge, kuko bazabiryozwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano

Next Post

NAME CHANGE REQUEST

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.