Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

radiotv10by radiotv10
14/05/2025
in MU RWANDA
0
Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bazi umugabo mu Karere ka Nyanza ukekwaho kwica umwana we yibyariye akamuca umutwe, bavuga ko ashobora kuba yaramujije ko nyina bamubyaranye yajyaga aza kumwaka amafaranga y’indezo.

Uyu mugabo wafatiwe mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, nyuma yuko umwana we wabanaga na nyina bamubyaranye yari yabuze kuva tariki 05 Gicurasi 2025.

Uyu mwana w’umuhungu w’imyaka 11 y’amavuko wigaga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Hanika mu Murenge wa Busasamana, yari amaze iminsi ashakishwa kuko yari yabuze kuva kuri iriya tariki.

Ubuyobozi bw’iri shuri rya G.S Hanika bwari bumaze iminsi burangisha uyu mwana wigaga mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza, ndetse n’umubyeyi we (nyina) na nyirakuru bari baragiye gushakishiriza ahantu hatandukanye banabimenyesha Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Uru rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwagiriye inama uyu mubyeyi wa nyakwigendera na nyirakuru ko bajya gushakishiriza no mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare CHUB, ari na ho baje gusanga umurambo we.

Umurambo wa nyakwigendera wari wabanje gutoragurwa mu ishyamba riri mu rugabano rw’Akarere ka Huye n’aka Nyanza, mu Mudugudu wa Kinazi, mu kagari ka Gatovu mu murenge wa Kinazi mu karere ka Huye.

Inzego zahise zitangira iperereza, hatabwa muri yombi se w’uyu mwana batabanaga, wari usanzwe afite undi mugore mu gihe nyakwigendera yabanaga na nyina.

Hari abavuga ko nyakwigendera yari yagiye kureba Se ngo amwogoshe kuko asanzwe akora akazi ko kogosha, ari na ho bikekwa ko yahise amujyana akajya kumwicira mu Karere ka Huye.

Abazi uyu mugabo ukekwaho kwihekura akica umwana we, bavuga ko bakeka ko yamuhoye kuba nyina yakundaga kuza kumwaka indezo n’amafaranga yo kumutunga.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yemeje ifatwa ry’uyu mugabo w’imyaka 32 ukekwaho kwica umwana we w’imyaka 11.

Polisi yirinze kugira byinshi ivuga kuri uyu mugabo ukiri gukorwaho iperereza, yaboneyeho kugira inama abantu bumva bavutsa ubuzima abandi, kurya bari menge, kuko bazabiryozwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − nine =

Previous Post

AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano

Next Post

NAME CHANGE REQUEST

Related Posts

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

by radiotv10
05/11/2025
0

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo Bideri, akaba umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, uherutse kwitabira Imana muri Kenya aho yabaga, byemejwe ko azashyingurwa...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo Bideri, the daughter of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda, has passed away in Kenya,...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho gusambanya mu bihe bitandukanye umwana we w’imyaka itandatu, yemera...

IZIHERUKA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge
MU RWANDA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.