Monday, May 19, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abantu bitwaje intwaro Gakondo bateye urusengero bashwanyaguza Bibiliya

radiotv10by radiotv10
05/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
1
Abantu bitwaje intwaro Gakondo bateye urusengero bashwanyaguza Bibiliya
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Buhinde abantu bitwaje intwaro za Gakondo bateye urusengero bashwanyaguza Bibiliya bangiza imodoka zari ziparitse, Abakirisitu bamenyesha Leta ko bashaka kwihorera.

Agatsiko k’indwanyi za Sikh kitwaje intwaro za gakondo bateye urusengero rw’abakirisitu rwo muri leta ya Punjab mu buhinde bangiza ibintu byinshi bakomeretsa abagize itorero muri urwo rusengero.

Nkuko tubikesha ikinyamakuru Christian Post , itsinda ry’abakirisitu ryitwa Christian Solidarity Worlwide ryatangaje ko abagabyeho igitero bari bambaye imyenda ya gakondo yo mu Buhinde yitwa Nihang imyenda yiganjemo ibara ry’ubururu, bitwaje inkota n’amacumu.

Bahagaritse igiterane cy’amahoro cy’urwo rusengero rwitwa Sukhpal Rana Ministries mu mudugudu wa Rajewal hafi y’umujyi wa Amritsar muri leta ya Sikh nyuma y’uko abo bagizi ba nabi bari batangiye gukubita no gukomeretsa abo basanze mu giterane , bashwanyaguza Bibiliya, banangiza imodoka zari ziparitse hanze, byaje no kurangira impande zombi ziteranye amabuye.

Mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’urugomo rukorerwa abakirisitu ,umuryango w’abakiristu bo muri uwo mudugudu bigaragambije basaba ubutabera babwira leta ko nitabyitaho bazihorera mu minsi ya vuba.

Abapolisi baho, barimo n’umuyobozi wa polisi , basuye ahabereye imyigaragambyo bizeza itorero ko ikirego cyatanzwe ku mugaragaro kandi ko harafatwa ingamba zihuse.

Muri Kanama umwaka ushize , Kiliziya Gatolika yitwa Infant Catholic church yo muri aka gace yatewe n’abagabo bane bari bipfutse mu maso bavugaga ko ari Nihangs ,nabo batwitse imodoka y’umupadiri banangiza kiliziya.

RADIOTV10RWANDA / ESTHER FIFI UWIZERA.

Comments 1

  1. Fabrice says:
    2 years ago

    Dukeneye ko abamenye kristo bo mubuhinde bagubwa neza!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 10 =

Previous Post

Menya bamwe mu rubyiruko rukomoka muri Afurika rwabereye urumuri abandi muri 2023

Next Post

Abakinnyi ba Rayon batangiye ibirori by’akataraboneka bava i Nyanza berekeza i Kigali – Amafoto

Related Posts

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

by radiotv10
17/05/2025
0

Abagize Komisiyo idasanzwe yahawe gusuzuma dosiye yo kwambura ubudagangarwa Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ubu...

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

by radiotv10
16/05/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin byarangiye atitabiriye biganiro by’amahoro, byagomba kumuhuza na mugenzi we wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, ahubwo yohereza...

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

by radiotv10
15/05/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko adashaka kuzongera kubona urwego rumwoherereza ibaruwa ‘y’ubugoryi’, nyuma yuko Komisiyo...

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

by radiotv10
14/05/2025
0

Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV yakiriye i Vatican umukinnyi wa mbere ku Isi mu mukino...

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

by radiotv10
14/05/2025
0

Hategerejwe inama izahuriramo Perezida wa Ukrayine, Volodymyr Zelenskyy, na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin bagomba guhurira i Ankara muri...

IZIHERUKA

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu
IMIBEREHO MYIZA

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

by radiotv10
19/05/2025
0

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

19/05/2025
Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

19/05/2025
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

19/05/2025
Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

19/05/2025
Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

19/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinnyi ba Rayon batangiye ibirori by’akataraboneka bava i Nyanza berekeza i Kigali – Amafoto

Abakinnyi ba Rayon batangiye ibirori by'akataraboneka bava i Nyanza berekeza i Kigali - Amafoto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.