Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aborozi barifuza ko Inka bajyanye kugurisha zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku Bishyimbo

radiotv10by radiotv10
19/01/2022
in MU RWANDA
0
Aborozi barifuza ko Inka bajyanye kugurisha zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku Bishyimbo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu borozi b’Inka bo mu Ntara y’Iburasirazuba baravuga ko umuco wo gupimisha ijisho mu kugura aya matungo yabo wacika kuko ubahendesha, bagasaba ko zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku yindi misaruro ikomoka ku buhinzi n’ubworozi.

Ubusanzwe umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, nk’ibishyimbo, amasaka, ibigori n’amata bigurwa hagendewe ku bilo bifite mu gihe amatungo yo habaho guciririkanya bitewe n’ubuhagarike bwaryo.

Bamwe mu borozi b’Inka bo mu Ntara y’Iburasirazuba bavuga ko kuba igiciro cy’Inka kigipimishwa ijisho bikomeza kubahendesha ndetse bikanabaca intege muri uyu mwuga w’ubworozi.

Revelant Nkusi yagize ati “Umwe araza akareba ngo ‘aka gaka ni akande?’ wamubwira amafaranga akaguseka akaguha ayo ashatse kubera ibibazo ufite ukemera ugahendwa ariko atari cyo cyakabaye igiciro cyayo.”

Avuga ikibabaje ari uko aba baguzi b’Inka babungukamo kuko bo bagenda bakagurisha ku bilo mu gihe bo baguze bapimishije ijisho.

Ati “Ugasanaga wa mucuruzi ni we wunguka kurusha wa mworozi. Ibyo bituma abantu bagira intege nke mu bintu by’ubworozi.”

Undi mworozi yagize ati “Usanga ibigori babipimura, amata bayapimura muri litiro ariko Inka bagapimisha ijisho nyamara bagurisha inyama bagashyira ku kilo.”

Uyu mworozi avuga hari n’ahandi bagurisha inka babanje gupima ku minzani bityo ko bikwiye no kuba muri iyi Ntara yabo y’Iburasirazuba isanzwe izwiho kororerwamo Inka cyane.

 

Abacuruzi barunga mu ry’aborozi

Abagura izi nka bakajya kuzicuruza bavuga ko na bo kuba bagura bapimishije ijisho na bo hari igihe bibahendesha ku buryo hari igihe ijisho ribabeshya bajyana inka baguze bagasanga ibilo ifite biri munsi y’ayo bayiguze.

Umwe muri bo ati “Tugura inka akenshi tugereranyije ukayireba ukavuga ngo iyi ishobora kugira ibilo 70 cyangwa 80 wayibaga ukabibura, ukaba wasanga nka 50 cyangwa 60.”

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Emmanuel Gasana avuga ko iki cyifuzo kigomba gushyirwa mu bikorwa ku buryo mu masoko y’amatungo yose yo muri iyi Ntara hashyiwa iminzani ubundi Minisiteri y’Ubucuruzi ishyireho igiciro cyo gufatiraho.

Avuga ko ibi bizanatuma umworozi yita ku itungo rye neza akarigaburira kugira ngo rizashishe ubundi azarigurishe ku giciro cyo hejuru ndetse bikazanatuma n’ubworozi burushaho gutanga umusaruro utubutse kuko aborozi bazaba bitaye ku matungo yabo.

Ati “Umworozi naragira Inka ye neza, izamuha ibilo ashaka kandi ku nyama nziza ndetse n’uruhu rwiza, icyo gihe rero nayitwara ku munzani bakamubarira byose, ntazahendwa kandi n’umucuruzi na we azaba avuga ngo ubwo nyiguze kuri aya ninjya kuyibaga azavuga ati ‘dore uko birimo kugenda’.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 10 =

Previous Post

Abana bari bafite ibibazo uruhuri batangiye kugobokwa…Ubuyobozi bwemeye uburangare

Next Post

Abanyarwanda 11 bafashwe bahungira muri Tanzania kubera inkingo za COVID bita ikimenyetso cya Satani

Related Posts

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

IZIHERUKA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi
AMAHANGA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda 11 bafashwe bahungira muri Tanzania kubera inkingo za COVID bita ikimenyetso cya Satani

Abanyarwanda 11 bafashwe bahungira muri Tanzania kubera inkingo za COVID bita ikimenyetso cya Satani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.