Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aborozi barifuza ko Inka bajyanye kugurisha zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku Bishyimbo

radiotv10by radiotv10
19/01/2022
in MU RWANDA
0
Aborozi barifuza ko Inka bajyanye kugurisha zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku Bishyimbo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu borozi b’Inka bo mu Ntara y’Iburasirazuba baravuga ko umuco wo gupimisha ijisho mu kugura aya matungo yabo wacika kuko ubahendesha, bagasaba ko zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku yindi misaruro ikomoka ku buhinzi n’ubworozi.

Ubusanzwe umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, nk’ibishyimbo, amasaka, ibigori n’amata bigurwa hagendewe ku bilo bifite mu gihe amatungo yo habaho guciririkanya bitewe n’ubuhagarike bwaryo.

Bamwe mu borozi b’Inka bo mu Ntara y’Iburasirazuba bavuga ko kuba igiciro cy’Inka kigipimishwa ijisho bikomeza kubahendesha ndetse bikanabaca intege muri uyu mwuga w’ubworozi.

Revelant Nkusi yagize ati “Umwe araza akareba ngo ‘aka gaka ni akande?’ wamubwira amafaranga akaguseka akaguha ayo ashatse kubera ibibazo ufite ukemera ugahendwa ariko atari cyo cyakabaye igiciro cyayo.”

Avuga ikibabaje ari uko aba baguzi b’Inka babungukamo kuko bo bagenda bakagurisha ku bilo mu gihe bo baguze bapimishije ijisho.

Ati “Ugasanaga wa mucuruzi ni we wunguka kurusha wa mworozi. Ibyo bituma abantu bagira intege nke mu bintu by’ubworozi.”

Undi mworozi yagize ati “Usanga ibigori babipimura, amata bayapimura muri litiro ariko Inka bagapimisha ijisho nyamara bagurisha inyama bagashyira ku kilo.”

Uyu mworozi avuga hari n’ahandi bagurisha inka babanje gupima ku minzani bityo ko bikwiye no kuba muri iyi Ntara yabo y’Iburasirazuba isanzwe izwiho kororerwamo Inka cyane.

 

Abacuruzi barunga mu ry’aborozi

Abagura izi nka bakajya kuzicuruza bavuga ko na bo kuba bagura bapimishije ijisho na bo hari igihe bibahendesha ku buryo hari igihe ijisho ribabeshya bajyana inka baguze bagasanga ibilo ifite biri munsi y’ayo bayiguze.

Umwe muri bo ati “Tugura inka akenshi tugereranyije ukayireba ukavuga ngo iyi ishobora kugira ibilo 70 cyangwa 80 wayibaga ukabibura, ukaba wasanga nka 50 cyangwa 60.”

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Emmanuel Gasana avuga ko iki cyifuzo kigomba gushyirwa mu bikorwa ku buryo mu masoko y’amatungo yose yo muri iyi Ntara hashyiwa iminzani ubundi Minisiteri y’Ubucuruzi ishyireho igiciro cyo gufatiraho.

Avuga ko ibi bizanatuma umworozi yita ku itungo rye neza akarigaburira kugira ngo rizashishe ubundi azarigurishe ku giciro cyo hejuru ndetse bikazanatuma n’ubworozi burushaho gutanga umusaruro utubutse kuko aborozi bazaba bitaye ku matungo yabo.

Ati “Umworozi naragira Inka ye neza, izamuha ibilo ashaka kandi ku nyama nziza ndetse n’uruhu rwiza, icyo gihe rero nayitwara ku munzani bakamubarira byose, ntazahendwa kandi n’umucuruzi na we azaba avuga ngo ubwo nyiguze kuri aya ninjya kuyibaga azavuga ati ‘dore uko birimo kugenda’.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + nineteen =

Previous Post

Abana bari bafite ibibazo uruhuri batangiye kugobokwa…Ubuyobozi bwemeye uburangare

Next Post

Abanyarwanda 11 bafashwe bahungira muri Tanzania kubera inkingo za COVID bita ikimenyetso cya Satani

Related Posts

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

Mu irushanwa ry'imibare, hahembwe abanyeshuri, abarimu n'ibigo by'amashuri, bitwaye neza mu Gihugu hose, aho Ishuri ryabaye irya Mbere ari École...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

IZIHERUKA

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura
AMAHANGA

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

03/11/2025
Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

02/11/2025
The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda 11 bafashwe bahungira muri Tanzania kubera inkingo za COVID bita ikimenyetso cya Satani

Abanyarwanda 11 bafashwe bahungira muri Tanzania kubera inkingo za COVID bita ikimenyetso cya Satani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.