Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aborozi barifuza ko Inka bajyanye kugurisha zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku Bishyimbo

radiotv10by radiotv10
19/01/2022
in MU RWANDA
0
Aborozi barifuza ko Inka bajyanye kugurisha zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku Bishyimbo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu borozi b’Inka bo mu Ntara y’Iburasirazuba baravuga ko umuco wo gupimisha ijisho mu kugura aya matungo yabo wacika kuko ubahendesha, bagasaba ko zajya zipimwa ku munzani nk’uko bikorwa ku yindi misaruro ikomoka ku buhinzi n’ubworozi.

Ubusanzwe umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, nk’ibishyimbo, amasaka, ibigori n’amata bigurwa hagendewe ku bilo bifite mu gihe amatungo yo habaho guciririkanya bitewe n’ubuhagarike bwaryo.

Bamwe mu borozi b’Inka bo mu Ntara y’Iburasirazuba bavuga ko kuba igiciro cy’Inka kigipimishwa ijisho bikomeza kubahendesha ndetse bikanabaca intege muri uyu mwuga w’ubworozi.

Revelant Nkusi yagize ati “Umwe araza akareba ngo ‘aka gaka ni akande?’ wamubwira amafaranga akaguseka akaguha ayo ashatse kubera ibibazo ufite ukemera ugahendwa ariko atari cyo cyakabaye igiciro cyayo.”

Avuga ikibabaje ari uko aba baguzi b’Inka babungukamo kuko bo bagenda bakagurisha ku bilo mu gihe bo baguze bapimishije ijisho.

Ati “Ugasanaga wa mucuruzi ni we wunguka kurusha wa mworozi. Ibyo bituma abantu bagira intege nke mu bintu by’ubworozi.”

Undi mworozi yagize ati “Usanga ibigori babipimura, amata bayapimura muri litiro ariko Inka bagapimisha ijisho nyamara bagurisha inyama bagashyira ku kilo.”

Uyu mworozi avuga hari n’ahandi bagurisha inka babanje gupima ku minzani bityo ko bikwiye no kuba muri iyi Ntara yabo y’Iburasirazuba isanzwe izwiho kororerwamo Inka cyane.

 

Abacuruzi barunga mu ry’aborozi

Abagura izi nka bakajya kuzicuruza bavuga ko na bo kuba bagura bapimishije ijisho na bo hari igihe bibahendesha ku buryo hari igihe ijisho ribabeshya bajyana inka baguze bagasanga ibilo ifite biri munsi y’ayo bayiguze.

Umwe muri bo ati “Tugura inka akenshi tugereranyije ukayireba ukavuga ngo iyi ishobora kugira ibilo 70 cyangwa 80 wayibaga ukabibura, ukaba wasanga nka 50 cyangwa 60.”

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Emmanuel Gasana avuga ko iki cyifuzo kigomba gushyirwa mu bikorwa ku buryo mu masoko y’amatungo yose yo muri iyi Ntara hashyiwa iminzani ubundi Minisiteri y’Ubucuruzi ishyireho igiciro cyo gufatiraho.

Avuga ko ibi bizanatuma umworozi yita ku itungo rye neza akarigaburira kugira ngo rizashishe ubundi azarigurishe ku giciro cyo hejuru ndetse bikazanatuma n’ubworozi burushaho gutanga umusaruro utubutse kuko aborozi bazaba bitaye ku matungo yabo.

Ati “Umworozi naragira Inka ye neza, izamuha ibilo ashaka kandi ku nyama nziza ndetse n’uruhu rwiza, icyo gihe rero nayitwara ku munzani bakamubarira byose, ntazahendwa kandi n’umucuruzi na we azaba avuga ngo ubwo nyiguze kuri aya ninjya kuyibaga azavuga ati ‘dore uko birimo kugenda’.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 4 =

Previous Post

Abana bari bafite ibibazo uruhuri batangiye kugobokwa…Ubuyobozi bwemeye uburangare

Next Post

Abanyarwanda 11 bafashwe bahungira muri Tanzania kubera inkingo za COVID bita ikimenyetso cya Satani

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda 11 bafashwe bahungira muri Tanzania kubera inkingo za COVID bita ikimenyetso cya Satani

Abanyarwanda 11 bafashwe bahungira muri Tanzania kubera inkingo za COVID bita ikimenyetso cya Satani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.