Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Adaciye ku ruhande ufite izina rikomeye muri Gospel ahaye ubutumwa buremereye abaririmba ibishegu

radiotv10by radiotv10
22/02/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Adaciye ku ruhande ufite izina rikomeye muri Gospel ahaye ubutumwa buremereye abaririmba ibishegu
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uri mu bafite izina riremereye mu Rwanda, Alexis Dusabe avuga ko zimwe mu ndirimbo zitari iz’Uwiteka zisohoka muri iki gihe, zica urubyiruko, agasaba abaziririmba kwikebuka kugira ngo badakomeza kuroga abana b’u Rwanda.

Alexis Dusabe ni umwe mu bahanzi bakanyujijeho mu ndirimbo ziririmbirwa Imana, ndetse ufite abakunzi benshi mu Rwanda, ariko utagikunze gushyira hanze ibihangano, ntanakunde kugaragara mu bitaramo.

Muri Gicurasi umwaka ushize wa 2022, Alexis Dusabe yateguye igitaramo kiswe ‘Kigali Gospel Festival’ cyabereye mu gace kazwi nka Car Free Zone mu mujyi rwagati, kitabiriwe n’abarenga igihumbi.

Mu kiganiro kihariye yagiranye na RADIOTV10, Dusabe yavuze ko muri uyu mwaka yifuza ko buri mezi abiri yazajya ashyira hanze indirimbo ku buryo wazajya kurangira amaze gusohora izigera mu munani.

Avuga kandi ko agiye kujya ategura igitaramo yise ‘East African Festival’ kizajya kiba kabiri buri mwaka, akagihurizamo abahanzi banyuranye baba abo mu Rwanda ndetse no mu Bihugu byo mu karere.

Ati “Nifuza ko buri mwaka hazajya haba ibitaramo bibiri buri mwaka bizajya bihuza abo baririmbyi b’i Burundi, Tanzania, Congo, Kenya, Uganda…”

Igitaramo cya mbere cy’uyu mwaka kizaba tariki 21 Gicurasi 2023, ikindi kikazaba muri Nyakanga.

Ati “Kimwe kizabera muri Camp Kigali ikindi kizabera muri Car Free Zonze nkuko nsanzwe mpakorera ibitaramo bya East African Festival.”

Kwinjira muri gitaramo kizaba kirimo umuhanzi w’ikirangirire mu karere uzwi nka Apolinaire ndetse n’abandi bahanzi bakunzwe muri gospel mu Rwanda, ni ukuzatanga inkunga guhera ku bihumbi bitanu kugeza ku yo umuntu azaba yifuza.

Ararika abantu bazitabira iki gitaramo, Alexis Dusabe yagize ati “Turi kugitegurana imbaraga nyinshi ku buryo uzakizamo azajya avuga ngo igihe cyose kizajya kiba nzajya nza gutera inkunga.”

Uyu muhanzi avuga ko ibi bikorwa bigamije guhangana n’ibibazo byugarije umuryango mugari muri iki gihe birimo nk’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ubusinzi, ubusambanyi n’ubutinganyi.

Ati “Ubutumwa bwiza no gukoranyiriza ahantu hamwe ni kimwe tugiye gukoresha tubwira abantu tuti ‘nyabuneka nimwongere mureke ko Kristu Yesu akiza’.”

Avuga kandi ko zimwe muri izi ngeso mbi zihemberwa n’ibihangano bya bamwe mu bahanzi baririmba indirimbo z’Isi, bityo ko na bo bakwiye kwikebuka.

Ati “Indirimbo zabo zirica, zirangiza urubyiruko wenda bashobora kuba batabizi cyangwa babizi, ariko nyabuneka nibongere basubire mu ndirimbo baririmba baze dufatanye kubaka sosiyete nyarwanda. Ntabwo waririmba indirimbo zirimo ibyaha ngo ni uko uri bubone views cyangwa amafaranga kandi urimo urangiza.”

Yaboneyeho gusaba abahanzi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ko na bo bakwiye kunga ubumwe, bakarushaho guhanga ibihangano byuje ubutumwa bwo kugarura mu murongo aba bataniye muri izo ngeso ndetse no kugarurira icyizere abagitakaje.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 6 =

Previous Post

Abana babiri b’ishuri rimwe bapfuye urw’amayobera inkurikirane none harakekwa ibidasanzwe

Next Post

FARDC yavuganye ubwishongozi ku ntambara n’u Rwanda

Related Posts

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Rev. Ndayizeye Isaïe uyobora Itorero rya ADEPR, yahakanye amakuru yatangajwe ko yanze gusezeranya umuririmbyi Ishimwe Vestine n’umugabo we Idriss Jean...

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, umaze iminsi agarukwaho mu makuru y’imyidagaruro kubera amashusho ye yasakaye, ari kubarizwa ku Mugabane...

IZIHERUKA

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye
MU RWANDA

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

04/12/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yavuganye ubwishongozi ku ntambara n’u Rwanda

FARDC yavuganye ubwishongozi ku ntambara n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.