Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Adaciye ku ruhande ufite izina rikomeye muri Gospel ahaye ubutumwa buremereye abaririmba ibishegu

radiotv10by radiotv10
22/02/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Adaciye ku ruhande ufite izina rikomeye muri Gospel ahaye ubutumwa buremereye abaririmba ibishegu
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uri mu bafite izina riremereye mu Rwanda, Alexis Dusabe avuga ko zimwe mu ndirimbo zitari iz’Uwiteka zisohoka muri iki gihe, zica urubyiruko, agasaba abaziririmba kwikebuka kugira ngo badakomeza kuroga abana b’u Rwanda.

Alexis Dusabe ni umwe mu bahanzi bakanyujijeho mu ndirimbo ziririmbirwa Imana, ndetse ufite abakunzi benshi mu Rwanda, ariko utagikunze gushyira hanze ibihangano, ntanakunde kugaragara mu bitaramo.

Muri Gicurasi umwaka ushize wa 2022, Alexis Dusabe yateguye igitaramo kiswe ‘Kigali Gospel Festival’ cyabereye mu gace kazwi nka Car Free Zone mu mujyi rwagati, kitabiriwe n’abarenga igihumbi.

Mu kiganiro kihariye yagiranye na RADIOTV10, Dusabe yavuze ko muri uyu mwaka yifuza ko buri mezi abiri yazajya ashyira hanze indirimbo ku buryo wazajya kurangira amaze gusohora izigera mu munani.

Avuga kandi ko agiye kujya ategura igitaramo yise ‘East African Festival’ kizajya kiba kabiri buri mwaka, akagihurizamo abahanzi banyuranye baba abo mu Rwanda ndetse no mu Bihugu byo mu karere.

Ati “Nifuza ko buri mwaka hazajya haba ibitaramo bibiri buri mwaka bizajya bihuza abo baririmbyi b’i Burundi, Tanzania, Congo, Kenya, Uganda…”

Igitaramo cya mbere cy’uyu mwaka kizaba tariki 21 Gicurasi 2023, ikindi kikazaba muri Nyakanga.

Ati “Kimwe kizabera muri Camp Kigali ikindi kizabera muri Car Free Zonze nkuko nsanzwe mpakorera ibitaramo bya East African Festival.”

Kwinjira muri gitaramo kizaba kirimo umuhanzi w’ikirangirire mu karere uzwi nka Apolinaire ndetse n’abandi bahanzi bakunzwe muri gospel mu Rwanda, ni ukuzatanga inkunga guhera ku bihumbi bitanu kugeza ku yo umuntu azaba yifuza.

Ararika abantu bazitabira iki gitaramo, Alexis Dusabe yagize ati “Turi kugitegurana imbaraga nyinshi ku buryo uzakizamo azajya avuga ngo igihe cyose kizajya kiba nzajya nza gutera inkunga.”

Uyu muhanzi avuga ko ibi bikorwa bigamije guhangana n’ibibazo byugarije umuryango mugari muri iki gihe birimo nk’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ubusinzi, ubusambanyi n’ubutinganyi.

Ati “Ubutumwa bwiza no gukoranyiriza ahantu hamwe ni kimwe tugiye gukoresha tubwira abantu tuti ‘nyabuneka nimwongere mureke ko Kristu Yesu akiza’.”

Avuga kandi ko zimwe muri izi ngeso mbi zihemberwa n’ibihangano bya bamwe mu bahanzi baririmba indirimbo z’Isi, bityo ko na bo bakwiye kwikebuka.

Ati “Indirimbo zabo zirica, zirangiza urubyiruko wenda bashobora kuba batabizi cyangwa babizi, ariko nyabuneka nibongere basubire mu ndirimbo baririmba baze dufatanye kubaka sosiyete nyarwanda. Ntabwo waririmba indirimbo zirimo ibyaha ngo ni uko uri bubone views cyangwa amafaranga kandi urimo urangiza.”

Yaboneyeho gusaba abahanzi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ko na bo bakwiye kunga ubumwe, bakarushaho guhanga ibihangano byuje ubutumwa bwo kugarura mu murongo aba bataniye muri izo ngeso ndetse no kugarurira icyizere abagitakaje.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 3 =

Previous Post

Abana babiri b’ishuri rimwe bapfuye urw’amayobera inkurikirane none harakekwa ibidasanzwe

Next Post

FARDC yavuganye ubwishongozi ku ntambara n’u Rwanda

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yavuganye ubwishongozi ku ntambara n’u Rwanda

FARDC yavuganye ubwishongozi ku ntambara n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.