Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Adaciye ku ruhande ufite izina rikomeye muri Gospel ahaye ubutumwa buremereye abaririmba ibishegu

radiotv10by radiotv10
22/02/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Adaciye ku ruhande ufite izina rikomeye muri Gospel ahaye ubutumwa buremereye abaririmba ibishegu
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uri mu bafite izina riremereye mu Rwanda, Alexis Dusabe avuga ko zimwe mu ndirimbo zitari iz’Uwiteka zisohoka muri iki gihe, zica urubyiruko, agasaba abaziririmba kwikebuka kugira ngo badakomeza kuroga abana b’u Rwanda.

Alexis Dusabe ni umwe mu bahanzi bakanyujijeho mu ndirimbo ziririmbirwa Imana, ndetse ufite abakunzi benshi mu Rwanda, ariko utagikunze gushyira hanze ibihangano, ntanakunde kugaragara mu bitaramo.

Muri Gicurasi umwaka ushize wa 2022, Alexis Dusabe yateguye igitaramo kiswe ‘Kigali Gospel Festival’ cyabereye mu gace kazwi nka Car Free Zone mu mujyi rwagati, kitabiriwe n’abarenga igihumbi.

Mu kiganiro kihariye yagiranye na RADIOTV10, Dusabe yavuze ko muri uyu mwaka yifuza ko buri mezi abiri yazajya ashyira hanze indirimbo ku buryo wazajya kurangira amaze gusohora izigera mu munani.

Avuga kandi ko agiye kujya ategura igitaramo yise ‘East African Festival’ kizajya kiba kabiri buri mwaka, akagihurizamo abahanzi banyuranye baba abo mu Rwanda ndetse no mu Bihugu byo mu karere.

Ati “Nifuza ko buri mwaka hazajya haba ibitaramo bibiri buri mwaka bizajya bihuza abo baririmbyi b’i Burundi, Tanzania, Congo, Kenya, Uganda…”

Igitaramo cya mbere cy’uyu mwaka kizaba tariki 21 Gicurasi 2023, ikindi kikazaba muri Nyakanga.

Ati “Kimwe kizabera muri Camp Kigali ikindi kizabera muri Car Free Zonze nkuko nsanzwe mpakorera ibitaramo bya East African Festival.”

Kwinjira muri gitaramo kizaba kirimo umuhanzi w’ikirangirire mu karere uzwi nka Apolinaire ndetse n’abandi bahanzi bakunzwe muri gospel mu Rwanda, ni ukuzatanga inkunga guhera ku bihumbi bitanu kugeza ku yo umuntu azaba yifuza.

Ararika abantu bazitabira iki gitaramo, Alexis Dusabe yagize ati “Turi kugitegurana imbaraga nyinshi ku buryo uzakizamo azajya avuga ngo igihe cyose kizajya kiba nzajya nza gutera inkunga.”

Uyu muhanzi avuga ko ibi bikorwa bigamije guhangana n’ibibazo byugarije umuryango mugari muri iki gihe birimo nk’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ubusinzi, ubusambanyi n’ubutinganyi.

Ati “Ubutumwa bwiza no gukoranyiriza ahantu hamwe ni kimwe tugiye gukoresha tubwira abantu tuti ‘nyabuneka nimwongere mureke ko Kristu Yesu akiza’.”

Avuga kandi ko zimwe muri izi ngeso mbi zihemberwa n’ibihangano bya bamwe mu bahanzi baririmba indirimbo z’Isi, bityo ko na bo bakwiye kwikebuka.

Ati “Indirimbo zabo zirica, zirangiza urubyiruko wenda bashobora kuba batabizi cyangwa babizi, ariko nyabuneka nibongere basubire mu ndirimbo baririmba baze dufatanye kubaka sosiyete nyarwanda. Ntabwo waririmba indirimbo zirimo ibyaha ngo ni uko uri bubone views cyangwa amafaranga kandi urimo urangiza.”

Yaboneyeho gusaba abahanzi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ko na bo bakwiye kunga ubumwe, bakarushaho guhanga ibihangano byuje ubutumwa bwo kugarura mu murongo aba bataniye muri izo ngeso ndetse no kugarurira icyizere abagitakaje.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − twelve =

Previous Post

Abana babiri b’ishuri rimwe bapfuye urw’amayobera inkurikirane none harakekwa ibidasanzwe

Next Post

FARDC yavuganye ubwishongozi ku ntambara n’u Rwanda

Related Posts

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yavuganye ubwishongozi ku ntambara n’u Rwanda

FARDC yavuganye ubwishongozi ku ntambara n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.