Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma ya Ikobo muri Teritwari ya Walikare.
Amakuru avuga ko kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Nyakanga 2025, abarwanyi ba AFC/M23 bakomeje koherezwa ku bwinshi n’intwaro nyinshi mu gace ka Kateku muri Gurupoma ya Ikobo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.
Aka gace koherejwemo abarwanyi benshi n’intwaro bya AFC/M23, ni kamwe mu dushobora kuyifasha urugamba mu mirwanire y’iri Huriro rimaze igihe rihanganyemo n’uruhande rwa Leta ya DRC.
Ikinyamakuru ACTUALITE.CD kivuga ko bamwe mu basesenguzi, bavuga ko ibi biriho bikorwa hagamijwe kuba AFC/M23 ishaka kugaba ibitero mu gace ka Pinga.
Nanone kandi amakuru avuga ko kuva kuri uyu wa Kabiri iri Huriro ryanakajije imbaraga mu bice bya Rusamambu na Bukumbirwa, na byo ngo bigamije kugaba ibitero muri kariya gace.
Abo basesenguzi kandi baboneyeho kugira inama Leta ya Congo na yo gukaza ingamba z’ubwirinzi mu bice bikikije Pinga kugira ngo babe baburizamo ibyo bitero bikekwa kugabwa na AFC/M23.
Ibi biravugwa mu gihe iri Huriro riherutse gusinyana na Guverinoma ya DRC amahame azagenga amasezerano bazagirana agamije kurangiza intambara imaze igihe ihanganishije izi mpande zombi.
Nubwo hasinywe aya mahame ariko ubutegetsi bwa Congo bwo bwakomeje kugaragaza ko bugikomeye ku nzira z’imirwano, dore ko na bwo bwakomeje kohereza abasirikare benshi n’abacancuro mu bice byo mu burasirazuba bw’iki Gihugu.
RADIOTV10