• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

radiotv10by radiotv10
14/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, bashyize umukono ku masezerano ashyiraho urwego rushinzwe kugenzura no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge no guhagarika imirwano muri Kivu zombi.

Ni amasezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukwakira 2025 i Doha muri Qatari ahari kubera ibiganiro hagati y’izi mpande zombi.

Aya masezerano ashyizweho umukono nyuma y’ibiganiro bibaye inshuro eshanu, ariko bitagize icyo bitanga mu nzira iganisha ku mahoro hagati y’izi mpande zimaze igihe mu mirwano.

Aya masezerano yasinywe kandi aha ububasha Umuryango Mpuzamahanga wa Croix-Rouge (CICR) bwo kuba umuhuza udafite aho abogamiye mu kugaragaza no kurekura imfungwa zigomba guhererekanywa hagati y’impande zombi, nk’ingingo iri mu zagoranye muri ibi biganiro by’i Doha.

Ingingo irebana no gucyura impunzi z’Abanyekongo ziri mu Bihugu by’ibituranyi, yo ikomeje kuba ingorabahizi, aho Guverinoma ya DRC isaba ko habanza kugaragazwa abo bantu ndetse ikananga ko basubizwa mu bice bavuyemo ngo kuko bikirimo amakimbirane, mu gihe AFC/M23 yo isaba ko bagomba gutaha nta mananiza abayeho.

Ikinyamakuru ACTUALITE.CD kiravuga ko iyi ngingo ishobora gukurikirwa n’impaka zikomeye ikaba yatuma indi ntambwe zagombaga guterwa zizamo birantega.

Aya mahame kandi yasinywe none, anagena ko hashyirwaho urweho rwihariye rushinzwe gukurikirana imyanzuro yo guhagarika imirwano nubwo nta makuru arambuye arashyirwa hanze kuri byo.

Urwo rwego ruzaba rushinzwe kugenzura ko hubahirizwa agahenge ko guhagarika imirwano mu karere kamaze igihe kaberamo urugamba.

Bashyize umukono ku masezerano yo gushyiraho uru rwego ruhuriweho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Next Post

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

Perezida wa Madagascar yatsinze icy'umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.